Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyaranze Umusenateri w’u Rwanda watabarutse byagarutsweho mu muhango warimo abakomeye

radiotv10by radiotv10
11/09/2023
in MU RWANDA
0
Ibyaranze Umusenateri w’u Rwanda watabarutse byagarutsweho mu muhango warimo abakomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo kunamira no gusezera bwa nyuma kuri Hon. William Ntidendereza uherutse kwitaba Imana, abavandimwe be ndetse n’abo bakoranye, bagarutse ku byamuranze kuva mu bwana bwe, birimo kuba yari azi kubika ibanga, agakunda Igihugu cyane.

Ni umuhango wabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 10 Nzeri 2023, wabereye iwe mu Karere ka Kicukiro, witabiriwe n’abayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu, nka Perezida wa Sena, Dr Kalinda Francois Xavier, Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Hon Donatille Mukabalisa ndetse na bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko.

Hari kandi bamwe mu bagize imyanya ikomeye mu Gihugu, nka Hon Bernard Makuza, wabaye Perezida wa Sena, wanabaye Minisitiri w’Intebe.

Mu kugaruka ku byaranze nyakwigendera, umuvandimwe we Kemisinga Juliet, yagarutse ku mibanire yabo kuva mu buto bwabo, avuga ko yamubitsaga ibanga kandi akarikomeraho.

Yagize ati “Yagiraga ibanga, yari umuntu ubika ibanga. Twakinaga imikino myinshi, nkamwihanangiriza nti ‘ntubivuge’, kandi ntabivuge koko.”

Yakomeje avuga ko umuvandimwe we yahoraga ari ku ruhande rwe, atanga urugero rw’uburyo aho bavukiye mu Karere ka Rwamagana, mu Murenge wa Mwurire, bari bafite igiti cy’avoka, ariko iwabo bakaba bari barababujije kucyurira, gusa ngo Kemisinga yaracyuriye, aravunika, asaba musaza we Ntidendereza ko baza kubeshya ababyeyi babo ko ari umucaca wamteze.

Yavuze ko icyo gihe baje kubeshya ababyeyi babo, musaza we akabimufashamo, kandi bakaza kugera ku ntego yabo. Ati “Nubwo nababaraga cyane, ariko naramushimiye kuko nari nzi ko ngira ububabare nkanagira inkoni z’umubyeyi.”

Yanagarutse ku buryo nyakwigendera yakundaga Igihugu kuva cyera, avuga ko yaje kujya muri Canada avuye mu Burundi, aho umuryango we wari waragiye kuba, akaza kubandikira mu 1990, amubwira ko bazataha mu Gihugu cyabo.

Ati “Yaranyandikiye ngo tuzarutaha ku manywa y’ihangu, mara iminsi itatu mbyigaho, noneho Mama arankopeza, ndamwandikira nti ‘muzasanga twararugezemo’.”

Ibi byanaje kuba impamo kuko Ntidendereza yaje kujya ku Mulindi, ndetse akaza no kumenyesha mushiki we ko yamuzaniye impano, akaza kumuha umupira ugaragaza ko bakoze ibishoboka byose kugira ngo u Rwanda rwibohore.

Rucagu yagarutse ku mikoranire ye na nyakwigendera

Rucagu Boniface usanzwe ari umwe mu bagize Urwego Ngishwanama rw’Inararibonye, wanagize imyanya inyuranye mu buyobozi bw’Igihugu, yavuze ko yakoranye bya hafi na nyakwigendera Ntidendereza.

Rucagu yavuze ko muri 2009 yasimbuye Ntidendereza ku mwanya wa Chairman w’Itorero ry’Igihugu, agahita amwungiriza, ariko ko yamwakiriye neza, ntarakazwe no kuba amusimbuye ku mwanya akamwungirza.

Ati “Ahandi ibyo biba intangiriro yo kugongana no kuzana amacakubiri, ni ikintu gikomeye, yabyitwayemo gitore, aba imfura.”

Yavuze ko bakoranye bakuzuzanya kuko bari bafite inshingano zikomeye zo gutangiza ubukangurambaga bwo kumvisha Abanyarwanda ko Itorero ry’Igihugu ryagarutse.

Biteganyijwe ko nyakwigendera Ntidendereza ashyingurwa none ku wa Mbere tariki 11 Nzeri 2023, aho imihango yo kumuherekeza itangirira mu Ngoro ya Sena, ahaza kuba igikorwa cyo kumusezeraho bwa nyuma cy’Inteko Ishinga Amategeko.

Perezida wa Sena n’uw’Umutwe w’Abadepite bari muri uyu muhango
Na Hon Makuza wigeze kuba Perezida wa Sena

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − eight =

Previous Post

Nyamagabe: Imibiri y’abazize Jenoside yabonetse yarubakiweho n’umuturage yakanguye inzego

Next Post

Perezida wa Madagascar umaze ukwezi avuye mu Rwanda yeguye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Madagascar umaze ukwezi avuye mu Rwanda yeguye

Perezida wa Madagascar umaze ukwezi avuye mu Rwanda yeguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.