Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyaranze Umusenateri w’u Rwanda watabarutse byagarutsweho mu muhango warimo abakomeye

radiotv10by radiotv10
11/09/2023
in MU RWANDA
0
Ibyaranze Umusenateri w’u Rwanda watabarutse byagarutsweho mu muhango warimo abakomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo kunamira no gusezera bwa nyuma kuri Hon. William Ntidendereza uherutse kwitaba Imana, abavandimwe be ndetse n’abo bakoranye, bagarutse ku byamuranze kuva mu bwana bwe, birimo kuba yari azi kubika ibanga, agakunda Igihugu cyane.

Ni umuhango wabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 10 Nzeri 2023, wabereye iwe mu Karere ka Kicukiro, witabiriwe n’abayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu, nka Perezida wa Sena, Dr Kalinda Francois Xavier, Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Hon Donatille Mukabalisa ndetse na bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko.

Hari kandi bamwe mu bagize imyanya ikomeye mu Gihugu, nka Hon Bernard Makuza, wabaye Perezida wa Sena, wanabaye Minisitiri w’Intebe.

Mu kugaruka ku byaranze nyakwigendera, umuvandimwe we Kemisinga Juliet, yagarutse ku mibanire yabo kuva mu buto bwabo, avuga ko yamubitsaga ibanga kandi akarikomeraho.

Yagize ati “Yagiraga ibanga, yari umuntu ubika ibanga. Twakinaga imikino myinshi, nkamwihanangiriza nti ‘ntubivuge’, kandi ntabivuge koko.”

Yakomeje avuga ko umuvandimwe we yahoraga ari ku ruhande rwe, atanga urugero rw’uburyo aho bavukiye mu Karere ka Rwamagana, mu Murenge wa Mwurire, bari bafite igiti cy’avoka, ariko iwabo bakaba bari barababujije kucyurira, gusa ngo Kemisinga yaracyuriye, aravunika, asaba musaza we Ntidendereza ko baza kubeshya ababyeyi babo ko ari umucaca wamteze.

Yavuze ko icyo gihe baje kubeshya ababyeyi babo, musaza we akabimufashamo, kandi bakaza kugera ku ntego yabo. Ati “Nubwo nababaraga cyane, ariko naramushimiye kuko nari nzi ko ngira ububabare nkanagira inkoni z’umubyeyi.”

Yanagarutse ku buryo nyakwigendera yakundaga Igihugu kuva cyera, avuga ko yaje kujya muri Canada avuye mu Burundi, aho umuryango we wari waragiye kuba, akaza kubandikira mu 1990, amubwira ko bazataha mu Gihugu cyabo.

Ati “Yaranyandikiye ngo tuzarutaha ku manywa y’ihangu, mara iminsi itatu mbyigaho, noneho Mama arankopeza, ndamwandikira nti ‘muzasanga twararugezemo’.”

Ibi byanaje kuba impamo kuko Ntidendereza yaje kujya ku Mulindi, ndetse akaza no kumenyesha mushiki we ko yamuzaniye impano, akaza kumuha umupira ugaragaza ko bakoze ibishoboka byose kugira ngo u Rwanda rwibohore.

Rucagu yagarutse ku mikoranire ye na nyakwigendera

Rucagu Boniface usanzwe ari umwe mu bagize Urwego Ngishwanama rw’Inararibonye, wanagize imyanya inyuranye mu buyobozi bw’Igihugu, yavuze ko yakoranye bya hafi na nyakwigendera Ntidendereza.

Rucagu yavuze ko muri 2009 yasimbuye Ntidendereza ku mwanya wa Chairman w’Itorero ry’Igihugu, agahita amwungiriza, ariko ko yamwakiriye neza, ntarakazwe no kuba amusimbuye ku mwanya akamwungirza.

Ati “Ahandi ibyo biba intangiriro yo kugongana no kuzana amacakubiri, ni ikintu gikomeye, yabyitwayemo gitore, aba imfura.”

Yavuze ko bakoranye bakuzuzanya kuko bari bafite inshingano zikomeye zo gutangiza ubukangurambaga bwo kumvisha Abanyarwanda ko Itorero ry’Igihugu ryagarutse.

Biteganyijwe ko nyakwigendera Ntidendereza ashyingurwa none ku wa Mbere tariki 11 Nzeri 2023, aho imihango yo kumuherekeza itangirira mu Ngoro ya Sena, ahaza kuba igikorwa cyo kumusezeraho bwa nyuma cy’Inteko Ishinga Amategeko.

Perezida wa Sena n’uw’Umutwe w’Abadepite bari muri uyu muhango
Na Hon Makuza wigeze kuba Perezida wa Sena

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 1 =

Previous Post

Nyamagabe: Imibiri y’abazize Jenoside yabonetse yarubakiweho n’umuturage yakanguye inzego

Next Post

Perezida wa Madagascar umaze ukwezi avuye mu Rwanda yeguye

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Madagascar umaze ukwezi avuye mu Rwanda yeguye

Perezida wa Madagascar umaze ukwezi avuye mu Rwanda yeguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.