Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyaranze Umusenateri w’u Rwanda watabarutse byagarutsweho mu muhango warimo abakomeye

radiotv10by radiotv10
11/09/2023
in MU RWANDA
0
Ibyaranze Umusenateri w’u Rwanda watabarutse byagarutsweho mu muhango warimo abakomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo kunamira no gusezera bwa nyuma kuri Hon. William Ntidendereza uherutse kwitaba Imana, abavandimwe be ndetse n’abo bakoranye, bagarutse ku byamuranze kuva mu bwana bwe, birimo kuba yari azi kubika ibanga, agakunda Igihugu cyane.

Ni umuhango wabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 10 Nzeri 2023, wabereye iwe mu Karere ka Kicukiro, witabiriwe n’abayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu, nka Perezida wa Sena, Dr Kalinda Francois Xavier, Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Hon Donatille Mukabalisa ndetse na bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko.

Hari kandi bamwe mu bagize imyanya ikomeye mu Gihugu, nka Hon Bernard Makuza, wabaye Perezida wa Sena, wanabaye Minisitiri w’Intebe.

Mu kugaruka ku byaranze nyakwigendera, umuvandimwe we Kemisinga Juliet, yagarutse ku mibanire yabo kuva mu buto bwabo, avuga ko yamubitsaga ibanga kandi akarikomeraho.

Yagize ati “Yagiraga ibanga, yari umuntu ubika ibanga. Twakinaga imikino myinshi, nkamwihanangiriza nti ‘ntubivuge’, kandi ntabivuge koko.”

Yakomeje avuga ko umuvandimwe we yahoraga ari ku ruhande rwe, atanga urugero rw’uburyo aho bavukiye mu Karere ka Rwamagana, mu Murenge wa Mwurire, bari bafite igiti cy’avoka, ariko iwabo bakaba bari barababujije kucyurira, gusa ngo Kemisinga yaracyuriye, aravunika, asaba musaza we Ntidendereza ko baza kubeshya ababyeyi babo ko ari umucaca wamteze.

Yavuze ko icyo gihe baje kubeshya ababyeyi babo, musaza we akabimufashamo, kandi bakaza kugera ku ntego yabo. Ati “Nubwo nababaraga cyane, ariko naramushimiye kuko nari nzi ko ngira ububabare nkanagira inkoni z’umubyeyi.”

Yanagarutse ku buryo nyakwigendera yakundaga Igihugu kuva cyera, avuga ko yaje kujya muri Canada avuye mu Burundi, aho umuryango we wari waragiye kuba, akaza kubandikira mu 1990, amubwira ko bazataha mu Gihugu cyabo.

Ati “Yaranyandikiye ngo tuzarutaha ku manywa y’ihangu, mara iminsi itatu mbyigaho, noneho Mama arankopeza, ndamwandikira nti ‘muzasanga twararugezemo’.”

Ibi byanaje kuba impamo kuko Ntidendereza yaje kujya ku Mulindi, ndetse akaza no kumenyesha mushiki we ko yamuzaniye impano, akaza kumuha umupira ugaragaza ko bakoze ibishoboka byose kugira ngo u Rwanda rwibohore.

Rucagu yagarutse ku mikoranire ye na nyakwigendera

Rucagu Boniface usanzwe ari umwe mu bagize Urwego Ngishwanama rw’Inararibonye, wanagize imyanya inyuranye mu buyobozi bw’Igihugu, yavuze ko yakoranye bya hafi na nyakwigendera Ntidendereza.

Rucagu yavuze ko muri 2009 yasimbuye Ntidendereza ku mwanya wa Chairman w’Itorero ry’Igihugu, agahita amwungiriza, ariko ko yamwakiriye neza, ntarakazwe no kuba amusimbuye ku mwanya akamwungirza.

Ati “Ahandi ibyo biba intangiriro yo kugongana no kuzana amacakubiri, ni ikintu gikomeye, yabyitwayemo gitore, aba imfura.”

Yavuze ko bakoranye bakuzuzanya kuko bari bafite inshingano zikomeye zo gutangiza ubukangurambaga bwo kumvisha Abanyarwanda ko Itorero ry’Igihugu ryagarutse.

Biteganyijwe ko nyakwigendera Ntidendereza ashyingurwa none ku wa Mbere tariki 11 Nzeri 2023, aho imihango yo kumuherekeza itangirira mu Ngoro ya Sena, ahaza kuba igikorwa cyo kumusezeraho bwa nyuma cy’Inteko Ishinga Amategeko.

Perezida wa Sena n’uw’Umutwe w’Abadepite bari muri uyu muhango
Na Hon Makuza wigeze kuba Perezida wa Sena

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Nyamagabe: Imibiri y’abazize Jenoside yabonetse yarubakiweho n’umuturage yakanguye inzego

Next Post

Perezida wa Madagascar umaze ukwezi avuye mu Rwanda yeguye

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Madagascar umaze ukwezi avuye mu Rwanda yeguye

Perezida wa Madagascar umaze ukwezi avuye mu Rwanda yeguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.