Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ibanze wamenya ku bwato bw’agatangaza bwakorewe muri Kenya buzazamura akarere karimo u Rwanda

radiotv10by radiotv10
12/10/2023
in AMAHANGA
0
Iby’ibanze wamenya ku bwato bw’agatangaza bwakorewe muri Kenya buzazamura akarere karimo u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwato bwakorewe muri Kenya bwiswe MV Uhuru II, bwitezweho kuzoroshya ubwikorezi bw’ibikomoka kuri peteroli mu Bihugu by’ibituranyi bwo muri Afurika y’Iburasirazuba, bwatashywe ku mugaragaro. Dore iby’ingenzi wamenya kuri ubu bwato.

Ubu bwato bwatashywe ku mugaragaro na Perezida wa Kenya, Wiliam Ruto muri iki cyumweru ku wa Mbere tariki 09 Ukwakira 2023, mu gikorwa cyabereye mu gace ka Kisumu.

Urugendo rw’ubu bwato rwa mbere mu Kiyaga cya Victoria, ruzaba vuba aha nyuma y’uko habayeho umuhango wo kubufungura ku mugarararo, aho bwari butegerezanyijwe amatsiko n’abakora mu bwikorezi bw’ibikomoka kuri Peteroli mu Bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba.

Ubu bwato bwahawe izina rya MV Uhuru II, bwakorewe muri Kenya kuva ku itangiriro kugeza bwuzuye, bukaba bwaruzuye butwaye Miliyari 2.4 z’Amashilingi ya Kenya [arenga Milyari 19 Frw].

Kuba ubu bwato bwarakorewe muri Kenya 100%, byatumye habaho kuzigama Miliyari 1,4 z’amashilingi ya Kenya, yari gukoreshwa mu rugendo rwo kubuzana iyo bugurwa hanze.

MV Uhuru II ifite ubushobozi bwo kwikorera toni 1 800, bwakozwe na Kompanyi ya Kenya Ship Yard, ku bufatanye bw’ibigo n’inzego zitandukanye muri Kenya, zirimo igisirikare cya Kenya, cyakoranye ndetse n’uruganda rw’Abaholandi rwitwa Damen Shipyards.

Ubu bwato buje busanga ubundi burumuna bwabo bwa MV Uhuru I, bwo bufite ubushobozi bwo kwikorera toni 1 260, na bwo bwakorewe muri Kenya mu 1966 na kompanyi y’Abanya-Scotland.

Tariki 02 Kanama (08) 2022, uwari Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta yasuye icyambu cya Kisumu cyariho gikorerwaho ubu bwato bwa MV Uhuru II kureba uko imirimo iri kugenda, ndetse anashima uko byari bihagaze.

Ubu bwato bwa Metero 100 z’uburebure, bunafite ubushobozi bwo kwikorera litiro miliyoni ebyiri z’ibikomoka kuri peteroli, bunafite ubushobozi bwo kwikorera kontineri 22.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cyo gukora ubwato muri Kenya, Brigadier Paul Otieno Owuor, yavuze ko ubu bwato bushobora kugera mu Bihugu by’ibituranyi bya Kenya, nka Uganda na Tanzania mu masaha 10.

Ubu bushobozi burenze ubw’ubwato bwa MV Uhuru I, kuko bwo butwara litiro miliyoni 1,1 z’ibikomoka kuri Peteroli, ndetse bukaba bwakoreshaga amasaha 17 kugira ngo bugere muri Uganda.

Ni amahirwe yumvikana ko azanoroshya kugeza ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda, kuko ibisanzwe biza muri iki Gihugu, byabaga biturutse n’ubundi mu Bihugu nka Tanzania na Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − three =

Previous Post

Kirehe: Abubakaga inzu ifungirwamo abakekwaho ibyaha bahishuye ibyabayeho byabatunguye

Next Post

Israel yatangaje amakuru akwiye kumenywa n’Abanyarwanda ku ntambara yahagurukije Isi

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel yatangaje amakuru akwiye kumenywa n’Abanyarwanda ku ntambara yahagurukije Isi

Israel yatangaje amakuru akwiye kumenywa n’Abanyarwanda ku ntambara yahagurukije Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.