Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Iby’ingenzi bitazibagirana ku mukino ufungura Sitade Amahoro

radiotv10by radiotv10
02/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’ingenzi bitazibagirana ku mukino ufungura Sitade Amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda, APR FC y’Ingabo z’u Rwanda, na Police FC ya Polisi y’Igihugu, yakinnye umukino wa gicuti wo gufungura ku mugaragaro Sitade Amahoro yavuguruwe igashyirwa ku rwego ruhanitse. Ni umukino wabonetsemo igitego kimwe rukumbi.

Uyu mukino wakinnwe kuri uyu wa Mbere tariki 01 Nyakanga 2024, wabimburiwe n’umuhango wo gufungura ku mugaragaro Sitade Amahoro wayobowe na Perezida wa Repulika, Paul Kagame n’umuyobozi wa CAF, Dr Patrice Motsepe.

Imbere y’Abaturarwanda ibihumbi 45 bari bakubise buzuye iyi Sitade, Perezida Paul Kagame yafunguye uyu mukino ubwo yabanzaga guhererekanya umupira na Dr Patrice Motsepe, ubundi Umukuru w’u Rwanda agatera ishoti riremereye mu  ruhande rwarimo abakinnyi ba Police FC, babanje guhererekanya umupira, ubundi bagatangira umukino.

Aya makipe yombi ni na yo azahagararira u Rwanda mu marushanwa nyafurika, nyuma y’uko APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona, Police FC ikegukana Igikombe cy’Amahoro.

Muri uyu mukino wa gicuti, amakipe yatangiye yotsanya igitutu bigaragara ko afite imbaraga n’ishyaka ryinshi nubwo wari umukino wa gicuti.

Ikipe ya APR FC yokeje igitutu Police FC, ndetse biza no kuyihira mu minota 20’ ya mbere y’umukino, dore ko yabonye igitego ku munota wa 13’ cyatsinzwe na Mugisha Gilbert bakunda kwita Barafinda, ku ishoti rya rutura yatereye muri metero nka 25, bituma Barafinda ahita yandika amateka, nk’umukinnyi watsinze igitego cya mbere muri Sitade Amahoro ivuguruye.

Police FC na yo yatangiye igice cya kabiri ikora impinduka, Shami Carnot asimbura na Senjobe Eric, naho Kilongozi Richard asimbura Niyonsaba, mu gihe Odili yasimbuwe na Simeon Nshimiyimana.

Police Fc yakoze ibishoboka byose ngo yishyure iki gitego ariko biranga, birangira ari 1-0, APR FC yegukana intsinzi n’igikombe byo gufungura Sitade Amahoro.

 

Abakinnyi 11 babanjemo ku mpande zombi

APR FC: Pavel Ndzila, Ndayishimiye Dieudonne (Nzotanga Fils), Clement Niyigena, Nshimiyimana Yunusu, Claude Niyomugabo (Kapiteni), Nshimirimana Ismael Pitchou, Ruboneka Jean Bosco, Niyibizi Ramadhan, Mugisha Gilbert, Kwitonda Alain Bacca na Victor Mbaoma.

Police FC: Rukundo Onesime, Nsabimana Eric ’Zidane’ (Kapiteni), Kwitonda Ally, Shami Carnot, Ishimwe Christian, Msanga Henry, Chukwuma Odili, Hakizimana Muhadjiri, Mugisha Didier, Bigirimana Abedi na Niyonsaba Eric.

Perezida Kagame na Patrice Motsepe ubwo bafunguraga ku mugaragaro Sitade Amahoro
Ni umuhango wari unogeye ijisho

Sitade Amahoro yari yakubise yuzuye
Perezida Kagame yavuze ko ubu nta rwitwazo ku bana b’u Rwanda bafite impano
Umukuru w’u Rwanda yatangije umukino
Abasirikare bari baje gushyigikira ikipe yabo
Abapolisi na bo byari uko
APR FC na Police FC zakinnye umukino ufungura Amahoro Stadium
Abakunzi ba ruhago bose bashimira Perezida Kagame

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 1 =

Previous Post

Barack Obama’s Now Mainly Focusing on Wearing This Casual Backwards Hat

Next Post

Icyo Trump avuga ku cyemezo cy’Urukiko rusumva izindi cyaje kiri mu nyungu ze

Related Posts

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

by radiotv10
08/08/2025
0

Umutoza wa APR FC, Abderrahim Talib yongeye kwibutsa abakunzi b'iyi kipe ko badakwiye guterwa ubwoba na Rayon Sports mu mukino...

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

by radiotv10
07/08/2025
0

Umujyi wa Kinshasa, umurwa mukuru wa Repubulika Ndemokarasi ya Congo, watoranyijwe kuzakira Inama y’inteko rusange isanzwe ya 47 y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira...

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
07/08/2025
0

Jules Karangwa wigeze gukora umwuga w’itangazamakuru nk’umunyamakuru w’ibiganiro bya Siporo, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego rukurikirana Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda...

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

by radiotv10
06/08/2025
0

Umutoza Mashami Vincent watozaga ikipe ya Police FC wanigeze gutoza Ikipe y’Igihugu Amavubi, yatangajwe nk’Umutoza Mukuru wa Dodoma Jiji FC...

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

by radiotv10
05/08/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwishyura myugariro wayo Youssou Diagne umwenda w'amadollari 1500 (miliyoni 2 Frw) yari imufitiye, inamuhamagaza mu...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

09/08/2025
Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Trump avuga ku cyemezo cy’Urukiko rusumva izindi cyaje kiri mu nyungu ze

Icyo Trump avuga ku cyemezo cy’Urukiko rusumva izindi cyaje kiri mu nyungu ze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.