Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Iby’ingenzi bitazibagirana ku mukino ufungura Sitade Amahoro

radiotv10by radiotv10
02/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’ingenzi bitazibagirana ku mukino ufungura Sitade Amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda, APR FC y’Ingabo z’u Rwanda, na Police FC ya Polisi y’Igihugu, yakinnye umukino wa gicuti wo gufungura ku mugaragaro Sitade Amahoro yavuguruwe igashyirwa ku rwego ruhanitse. Ni umukino wabonetsemo igitego kimwe rukumbi.

Uyu mukino wakinnwe kuri uyu wa Mbere tariki 01 Nyakanga 2024, wabimburiwe n’umuhango wo gufungura ku mugaragaro Sitade Amahoro wayobowe na Perezida wa Repulika, Paul Kagame n’umuyobozi wa CAF, Dr Patrice Motsepe.

Imbere y’Abaturarwanda ibihumbi 45 bari bakubise buzuye iyi Sitade, Perezida Paul Kagame yafunguye uyu mukino ubwo yabanzaga guhererekanya umupira na Dr Patrice Motsepe, ubundi Umukuru w’u Rwanda agatera ishoti riremereye mu  ruhande rwarimo abakinnyi ba Police FC, babanje guhererekanya umupira, ubundi bagatangira umukino.

Aya makipe yombi ni na yo azahagararira u Rwanda mu marushanwa nyafurika, nyuma y’uko APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona, Police FC ikegukana Igikombe cy’Amahoro.

Muri uyu mukino wa gicuti, amakipe yatangiye yotsanya igitutu bigaragara ko afite imbaraga n’ishyaka ryinshi nubwo wari umukino wa gicuti.

Ikipe ya APR FC yokeje igitutu Police FC, ndetse biza no kuyihira mu minota 20’ ya mbere y’umukino, dore ko yabonye igitego ku munota wa 13’ cyatsinzwe na Mugisha Gilbert bakunda kwita Barafinda, ku ishoti rya rutura yatereye muri metero nka 25, bituma Barafinda ahita yandika amateka, nk’umukinnyi watsinze igitego cya mbere muri Sitade Amahoro ivuguruye.

Police FC na yo yatangiye igice cya kabiri ikora impinduka, Shami Carnot asimbura na Senjobe Eric, naho Kilongozi Richard asimbura Niyonsaba, mu gihe Odili yasimbuwe na Simeon Nshimiyimana.

Police Fc yakoze ibishoboka byose ngo yishyure iki gitego ariko biranga, birangira ari 1-0, APR FC yegukana intsinzi n’igikombe byo gufungura Sitade Amahoro.

 

Abakinnyi 11 babanjemo ku mpande zombi

APR FC: Pavel Ndzila, Ndayishimiye Dieudonne (Nzotanga Fils), Clement Niyigena, Nshimiyimana Yunusu, Claude Niyomugabo (Kapiteni), Nshimirimana Ismael Pitchou, Ruboneka Jean Bosco, Niyibizi Ramadhan, Mugisha Gilbert, Kwitonda Alain Bacca na Victor Mbaoma.

Police FC: Rukundo Onesime, Nsabimana Eric ’Zidane’ (Kapiteni), Kwitonda Ally, Shami Carnot, Ishimwe Christian, Msanga Henry, Chukwuma Odili, Hakizimana Muhadjiri, Mugisha Didier, Bigirimana Abedi na Niyonsaba Eric.

Perezida Kagame na Patrice Motsepe ubwo bafunguraga ku mugaragaro Sitade Amahoro
Ni umuhango wari unogeye ijisho

Sitade Amahoro yari yakubise yuzuye
Perezida Kagame yavuze ko ubu nta rwitwazo ku bana b’u Rwanda bafite impano
Umukuru w’u Rwanda yatangije umukino
Abasirikare bari baje gushyigikira ikipe yabo
Abapolisi na bo byari uko
APR FC na Police FC zakinnye umukino ufungura Amahoro Stadium
Abakunzi ba ruhago bose bashimira Perezida Kagame

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + twelve =

Previous Post

Barack Obama’s Now Mainly Focusing on Wearing This Casual Backwards Hat

Next Post

Icyo Trump avuga ku cyemezo cy’Urukiko rusumva izindi cyaje kiri mu nyungu ze

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Umukinnyi wo mu kibuga hagati Muhadjiri Hakizimana wari umaze igihe adafite ikipe, yamaze gusinyira Nairobi United FC yo muri Kenya,...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Trump avuga ku cyemezo cy’Urukiko rusumva izindi cyaje kiri mu nyungu ze

Icyo Trump avuga ku cyemezo cy’Urukiko rusumva izindi cyaje kiri mu nyungu ze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.