Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Iby’ingenzi bitazibagirana ku mukino ufungura Sitade Amahoro

radiotv10by radiotv10
02/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’ingenzi bitazibagirana ku mukino ufungura Sitade Amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda, APR FC y’Ingabo z’u Rwanda, na Police FC ya Polisi y’Igihugu, yakinnye umukino wa gicuti wo gufungura ku mugaragaro Sitade Amahoro yavuguruwe igashyirwa ku rwego ruhanitse. Ni umukino wabonetsemo igitego kimwe rukumbi.

Uyu mukino wakinnwe kuri uyu wa Mbere tariki 01 Nyakanga 2024, wabimburiwe n’umuhango wo gufungura ku mugaragaro Sitade Amahoro wayobowe na Perezida wa Repulika, Paul Kagame n’umuyobozi wa CAF, Dr Patrice Motsepe.

Imbere y’Abaturarwanda ibihumbi 45 bari bakubise buzuye iyi Sitade, Perezida Paul Kagame yafunguye uyu mukino ubwo yabanzaga guhererekanya umupira na Dr Patrice Motsepe, ubundi Umukuru w’u Rwanda agatera ishoti riremereye mu  ruhande rwarimo abakinnyi ba Police FC, babanje guhererekanya umupira, ubundi bagatangira umukino.

Aya makipe yombi ni na yo azahagararira u Rwanda mu marushanwa nyafurika, nyuma y’uko APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona, Police FC ikegukana Igikombe cy’Amahoro.

Muri uyu mukino wa gicuti, amakipe yatangiye yotsanya igitutu bigaragara ko afite imbaraga n’ishyaka ryinshi nubwo wari umukino wa gicuti.

Ikipe ya APR FC yokeje igitutu Police FC, ndetse biza no kuyihira mu minota 20’ ya mbere y’umukino, dore ko yabonye igitego ku munota wa 13’ cyatsinzwe na Mugisha Gilbert bakunda kwita Barafinda, ku ishoti rya rutura yatereye muri metero nka 25, bituma Barafinda ahita yandika amateka, nk’umukinnyi watsinze igitego cya mbere muri Sitade Amahoro ivuguruye.

Police FC na yo yatangiye igice cya kabiri ikora impinduka, Shami Carnot asimbura na Senjobe Eric, naho Kilongozi Richard asimbura Niyonsaba, mu gihe Odili yasimbuwe na Simeon Nshimiyimana.

Police Fc yakoze ibishoboka byose ngo yishyure iki gitego ariko biranga, birangira ari 1-0, APR FC yegukana intsinzi n’igikombe byo gufungura Sitade Amahoro.

 

Abakinnyi 11 babanjemo ku mpande zombi

APR FC: Pavel Ndzila, Ndayishimiye Dieudonne (Nzotanga Fils), Clement Niyigena, Nshimiyimana Yunusu, Claude Niyomugabo (Kapiteni), Nshimirimana Ismael Pitchou, Ruboneka Jean Bosco, Niyibizi Ramadhan, Mugisha Gilbert, Kwitonda Alain Bacca na Victor Mbaoma.

Police FC: Rukundo Onesime, Nsabimana Eric ’Zidane’ (Kapiteni), Kwitonda Ally, Shami Carnot, Ishimwe Christian, Msanga Henry, Chukwuma Odili, Hakizimana Muhadjiri, Mugisha Didier, Bigirimana Abedi na Niyonsaba Eric.

Perezida Kagame na Patrice Motsepe ubwo bafunguraga ku mugaragaro Sitade Amahoro
Ni umuhango wari unogeye ijisho

Sitade Amahoro yari yakubise yuzuye
Perezida Kagame yavuze ko ubu nta rwitwazo ku bana b’u Rwanda bafite impano
Umukuru w’u Rwanda yatangije umukino
Abasirikare bari baje gushyigikira ikipe yabo
Abapolisi na bo byari uko
APR FC na Police FC zakinnye umukino ufungura Amahoro Stadium
Abakunzi ba ruhago bose bashimira Perezida Kagame

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − seven =

Previous Post

Barack Obama’s Now Mainly Focusing on Wearing This Casual Backwards Hat

Next Post

Icyo Trump avuga ku cyemezo cy’Urukiko rusumva izindi cyaje kiri mu nyungu ze

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Trump avuga ku cyemezo cy’Urukiko rusumva izindi cyaje kiri mu nyungu ze

Icyo Trump avuga ku cyemezo cy’Urukiko rusumva izindi cyaje kiri mu nyungu ze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.