Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi buri Munyarwanda akwiye kumenya mu mpinduka zakozwe muri Guverinoma

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi buri Munyarwanda akwiye kumenya mu mpinduka zakozwe muri Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mpinduka Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakoze muri Guverinoma y’u Rwanda, hari Minisiteri yakuweho nyuma y’umwaka umwe gusa yari imaze ishyizweho, ndetse n’Umunyamabanga wa Leta mushya washyizweho, waje mu mwanya wigeze kubamo Hon. Edourad Bamporiki ubu ufungiye ibyaha yahamijwe.

Minisiteri ishinzwe Ishoramari rya Leta, yari yashyizweho tariki 30 Nyakanga 2022, ubwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame nabwo yari yakoze impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda, agashyiraho Eric Rwigamba nka Minisitiri Ushinzwe Ishoramari rya Leta.

Mu mpinduka zakozwe mu ijoro ryacyeke, Perezida Paul Kagame yashyize mu myanya ya Guverinoma y’u Rwanda, abayobozi banyuranye barimo Eric Rwigamba wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.

Ibi bivuze ko Minisiteri y’Ishoramari rya Leta yahise iseswa, inshingano zayo zikaba zimuriwe muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, zikazaba zishinzwe Jeannine Munyeshuli wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi.

Jeanine Munyeshuli ni we uzaba ashinzwe inshingano z’iyahoze ari Minisiteri y’Ishoramari rya Leta

Ibindi byo kumenya mu mpinduka zakozwe

Muri Minisiteri y’Uburezi, naho habaye impinduka, aho iyi Minisiteri ubu ifite Umunyamabanga wa Leta umwe, mu gihe yari isanzwe ifite babiri, ari bo Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, akaba yari Gaspard Twagirayezu, ari na we ubu wagizwe Minisitiri w’Uburezi.

Muri iyi Minisiteri kandi hari hasanzwe harimo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyi Ngiro, wari usanzwe ufitwe na Irere Claudette, wagumye kuri uyu mwanya, ariko akaba ari Umunyamabanga wa Leta gusa.

Muri Minisiteri y’Urubyiruko, hinjijwemo amaraso mashya, aho iyi Minisiteri yahawe Umunyamabanga wa Leta, ari we Sandrine Umutoni.

Iyi Minisiteri imaze amezi atanu ivuguruwe kuko mbere yahoze ari Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, ikaba yaragizwe Minisiteri y’Urubyiruko mu mavugurura yabaye tariki 24 Werurwe 2023, aho Umuco wahise ujyanwa muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu.

Iyi Minisiteri yahawe Umunyamabanga wa Leta, nyuma y’igihe itamufite kuva ubwo Edouard Bamporiki yakurwaga kuri uyu mwanya muri Gicurasi umwaka ushize ubwo yari afite ibyo akurikiranyweho byanatumye akatirwa n’inkiko, ubu akaba afunze ngo arangize igihano yakatiwe.

Izindi mpinduka zabayeho muri iyi Guverinoma, ni Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, yazanywemo amaraso mashya, ihabwa Maj Gen Albert Murasira, wahoze ari Minisitiri w’Ingabo.

Maj Gen Albert Murasira, yasimbuye kuri uyu mwanya Solange Kayisire, wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Umwanya wahozemo Bamporiki washyizwemo umushya
Sandrine Umutoni ni we waje muri uyu mwanya wahozemo Bamporiki
Eric Rwigamba wari Minisiteri w’Ishoramari rya Leta yahawe inshingano nshya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 11 =

Previous Post

Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari

Next Post

Zimbabwe: Haranugwanugwa ibidasanzwe mu matora ya Perezida ahanganyemo abakandida 11 barimo umugore 1

Related Posts

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Zimbabwe: Haranugwanugwa ibidasanzwe mu matora ya Perezida ahanganyemo abakandida 11 barimo umugore 1

Zimbabwe: Haranugwanugwa ibidasanzwe mu matora ya Perezida ahanganyemo abakandida 11 barimo umugore 1

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.