Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi ku ruzinduko rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia usuye u Rwanda nyuma y’ukwezi yakiriye uwa RDF

radiotv10by radiotv10
15/04/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Iby’ingenzi ku ruzinduko rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia usuye u Rwanda nyuma y’ukwezi yakiriye uwa RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia, n’itsinda ayoboye, bari mu ruzinduko mu Rwanda nyuma y’ukwezi kumwe uwa RDF, General Mubarakh Muganga na we arugiriye muri iki Gihugu.

Uru ruzinduko rw’iminsi ine rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia, Field Marshal Birhanu Jula, rwatangiye tariki 13 kugeza ku ya 16 Mata 2025, aho kuri uyu wa Mbere tariki 14 yakiriwe na mugenzi we General Mubarakh Muganga ku Cyicaro Gikuru cy’Ubuyobozi Bukuru bwa RDF ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia, Field Marshal Birhanu Jula kandi yanasuye Minisitiri w’Ingabo muri Guverinoma y’u Rwanda, Juvenal Marizamunda.

Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, buvuga ko “Uru ruzinduko ruzana amahirwe y’ingenzi agamije gukomeza guteza imbere imikoranire y’impande zombi, binyuze mu biganiro hagati y’abayobozi mu bya gisirikare ndetse no kurebera hamwe andi mahirwe y’imikoranire no mu zindi nzego, ndetse rukanashimangira imbaraga z’Ibihugu byombi mu gukomeza gutsimbataza ubufatanye mu kubungabunga amahoro n’umutekano mu karere.”

Uru ruzinduko rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia, ruje nyuma y’ukwezi kumwe habaye urw’iz’u Rwanda, General Mubarakh Muganga na we yagiriye muri Ethiopia mu kwezi gushize, aho tariki 13 Werurwe 2025 ubwo yariyo hanasinywe amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare, yashyizweho umukono n’Abagaba Bakuru b’Ingabo ku mpande zombi.

Kuri uyu wa Mbere kandi, Umugaba Mukuru wa ENDF, yanasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, yunamira anaga icyubahiro inzirakarenage ziharuhukiye, ndetse anasura Inzu Ndangamateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside.

Habayeho ibiganiro ku mpande zombi
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia yanasuye Minisitiri w’Ingabo
Impande zombi ziyemeje guteza imbere imikoranire
Mu kwezi gushize Umugaba Mukuru wa RDF yakiriwe na mugenzi we wa Ethiopia
Icyo gihe banasinye amasezerano y’imikoranire

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + four =

Previous Post

Min.Nduhungirehe yagoroye imvugo yakoreshejwe n’igitangazamakuru Mpuzamahanga inyuranye n’izikoreshwa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Next Post

Umunyapoliti w’Umunyaburayi wabaye Ambasaderi mu Bihugu birimo u Rwanda yasuye ubuyobozi bw’ahagenzurwa na M23

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyapoliti w’Umunyaburayi wabaye Ambasaderi mu Bihugu birimo u Rwanda yasuye ubuyobozi bw’ahagenzurwa na M23

Umunyapoliti w’Umunyaburayi wabaye Ambasaderi mu Bihugu birimo u Rwanda yasuye ubuyobozi bw’ahagenzurwa na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.