Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku bazatorera hanze y’u Rwanda bazanabimburira abandi bose

radiotv10by radiotv10
12/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya ku bazatorera hanze y’u Rwanda bazanabimburira abandi bose
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, itangaza ko hateganyijwe site z’itora zigera mu 160 z’Abanyarwanda bo muri Diyasipora bazatorera mu Bihugu binyuranye ku Isi. Hatangajwe amakuru arambuye kuri aya matora y’Abanyarwanda bo muri Diyasiporo ari na yo azaba mbere.

Iyi Komisiyo kandi igaragaza ko muri rusange hari site z’itora 2 593 zirimo 2 433 z’imbere mu Gihugu, muri aya Matora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite azatangira tariki 14 kugeza ku ya 16 Nyakanga 2024.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Charles Munyaneza, yabwiye Ikinyamakuru The New Times ko mu Banyarwanda bo muri Diyasipora, bazatorera ahantu hanyuranye mu Bihugu 70, bazafashwa na za Ambasade ndetse n’Ibiro bihagarariye u Rwanda mu bindi bihugu bigera muri 44.

Yavuze ko za Ambasade z’u Rwanda zagiye zihuza amakuru yatumye zigena site z’amatora mu rwego rwo kugira ngo bikorwe neza.

Ati “nk’urugero Ambasade yo mu Bufaransa iri gukurikirana inakorana n’abo mu Bihugu nka Espagne n’u Butaliyani, banashyiraho abazayobora amatora hariya.”

Yakomeje agira ati “Ambasade yacu muri Afurika y’Epfo na yo iri guhuriza hamwe Ibihugu by’ibituranyi, birimo Lesotho n’Ibirwa bya Mauritius.”

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ivuga ko hashyirwaho site y’itora mu gihe muri ako gace hari abatora babarirwa nibura muri 50.

Umunyamabanga Nshingwabikowa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Munyaneza, yavuze ko ibiro by’itora byo mu mahanga byose bizakorerwaho amatora, byamaze gutegurwa ndetse n’ibikoresho byose by’itora, bikaba byaramaze kuhagezwa.

Mu Banyarwanda bari hanze, habarwa abagera mu 77 138 bazatora, aho bikubye inshuro zirenga eshatu ugereranyije n’uko banganaga mu matora aheruka, kuko bari ibihumbi 22. Muri aba bazatorera hanze, 22% yabo ni urubyiruko, mu gihe igitsinagore ari 47%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

GoPro’s Karma drone is back on sale after design flaw made them fall out of the sky

Next Post

Perezida Biden yakoze ibyatumye hongera kwibazwa ku zabukuru ze

Related Posts

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari bimaze imyaka itanu, byorohejwe ku cyiciro cy’ibanze, aho bakoresha...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Biden yakoze ibyatumye hongera kwibazwa ku zabukuru ze

Perezida Biden yakoze ibyatumye hongera kwibazwa ku zabukuru ze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.