Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku bazatorera hanze y’u Rwanda bazanabimburira abandi bose

radiotv10by radiotv10
12/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya ku bazatorera hanze y’u Rwanda bazanabimburira abandi bose
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, itangaza ko hateganyijwe site z’itora zigera mu 160 z’Abanyarwanda bo muri Diyasipora bazatorera mu Bihugu binyuranye ku Isi. Hatangajwe amakuru arambuye kuri aya matora y’Abanyarwanda bo muri Diyasiporo ari na yo azaba mbere.

Iyi Komisiyo kandi igaragaza ko muri rusange hari site z’itora 2 593 zirimo 2 433 z’imbere mu Gihugu, muri aya Matora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite azatangira tariki 14 kugeza ku ya 16 Nyakanga 2024.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Charles Munyaneza, yabwiye Ikinyamakuru The New Times ko mu Banyarwanda bo muri Diyasipora, bazatorera ahantu hanyuranye mu Bihugu 70, bazafashwa na za Ambasade ndetse n’Ibiro bihagarariye u Rwanda mu bindi bihugu bigera muri 44.

Yavuze ko za Ambasade z’u Rwanda zagiye zihuza amakuru yatumye zigena site z’amatora mu rwego rwo kugira ngo bikorwe neza.

Ati “nk’urugero Ambasade yo mu Bufaransa iri gukurikirana inakorana n’abo mu Bihugu nka Espagne n’u Butaliyani, banashyiraho abazayobora amatora hariya.”

Yakomeje agira ati “Ambasade yacu muri Afurika y’Epfo na yo iri guhuriza hamwe Ibihugu by’ibituranyi, birimo Lesotho n’Ibirwa bya Mauritius.”

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ivuga ko hashyirwaho site y’itora mu gihe muri ako gace hari abatora babarirwa nibura muri 50.

Umunyamabanga Nshingwabikowa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Munyaneza, yavuze ko ibiro by’itora byo mu mahanga byose bizakorerwaho amatora, byamaze gutegurwa ndetse n’ibikoresho byose by’itora, bikaba byaramaze kuhagezwa.

Mu Banyarwanda bari hanze, habarwa abagera mu 77 138 bazatora, aho bikubye inshuro zirenga eshatu ugereranyije n’uko banganaga mu matora aheruka, kuko bari ibihumbi 22. Muri aba bazatorera hanze, 22% yabo ni urubyiruko, mu gihe igitsinagore ari 47%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − nine =

Previous Post

GoPro’s Karma drone is back on sale after design flaw made them fall out of the sky

Next Post

Perezida Biden yakoze ibyatumye hongera kwibazwa ku zabukuru ze

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Biden yakoze ibyatumye hongera kwibazwa ku zabukuru ze

Perezida Biden yakoze ibyatumye hongera kwibazwa ku zabukuru ze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.