Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku bazatorera hanze y’u Rwanda bazanabimburira abandi bose

radiotv10by radiotv10
12/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya ku bazatorera hanze y’u Rwanda bazanabimburira abandi bose
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, itangaza ko hateganyijwe site z’itora zigera mu 160 z’Abanyarwanda bo muri Diyasipora bazatorera mu Bihugu binyuranye ku Isi. Hatangajwe amakuru arambuye kuri aya matora y’Abanyarwanda bo muri Diyasiporo ari na yo azaba mbere.

Iyi Komisiyo kandi igaragaza ko muri rusange hari site z’itora 2 593 zirimo 2 433 z’imbere mu Gihugu, muri aya Matora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite azatangira tariki 14 kugeza ku ya 16 Nyakanga 2024.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Charles Munyaneza, yabwiye Ikinyamakuru The New Times ko mu Banyarwanda bo muri Diyasipora, bazatorera ahantu hanyuranye mu Bihugu 70, bazafashwa na za Ambasade ndetse n’Ibiro bihagarariye u Rwanda mu bindi bihugu bigera muri 44.

Yavuze ko za Ambasade z’u Rwanda zagiye zihuza amakuru yatumye zigena site z’amatora mu rwego rwo kugira ngo bikorwe neza.

Ati “nk’urugero Ambasade yo mu Bufaransa iri gukurikirana inakorana n’abo mu Bihugu nka Espagne n’u Butaliyani, banashyiraho abazayobora amatora hariya.”

Yakomeje agira ati “Ambasade yacu muri Afurika y’Epfo na yo iri guhuriza hamwe Ibihugu by’ibituranyi, birimo Lesotho n’Ibirwa bya Mauritius.”

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ivuga ko hashyirwaho site y’itora mu gihe muri ako gace hari abatora babarirwa nibura muri 50.

Umunyamabanga Nshingwabikowa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Munyaneza, yavuze ko ibiro by’itora byo mu mahanga byose bizakorerwaho amatora, byamaze gutegurwa ndetse n’ibikoresho byose by’itora, bikaba byaramaze kuhagezwa.

Mu Banyarwanda bari hanze, habarwa abagera mu 77 138 bazatora, aho bikubye inshuro zirenga eshatu ugereranyije n’uko banganaga mu matora aheruka, kuko bari ibihumbi 22. Muri aba bazatorera hanze, 22% yabo ni urubyiruko, mu gihe igitsinagore ari 47%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

GoPro’s Karma drone is back on sale after design flaw made them fall out of the sky

Next Post

Perezida Biden yakoze ibyatumye hongera kwibazwa ku zabukuru ze

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Biden yakoze ibyatumye hongera kwibazwa ku zabukuru ze

Perezida Biden yakoze ibyatumye hongera kwibazwa ku zabukuru ze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.