Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zashyizwe mu misoro n’uko yongerewe

radiotv10by radiotv10
11/02/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zashyizwe mu misoro n’uko yongerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje impinduka z’imwe mu misoro yongerewe, zirimo nko ku bikoresho byifashishwa mu kwisiga no kongera ubwiza byashyiriweho umusoro wa 15%, ndetse n’umusoro mbumbe ku mafaranga yinjizwa mu mikino y’amahirwe uzava kuri 13% ugere kuri 40%.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Imari n’igenamigambi kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Gashyantare 2025, nyuma yuko Inama y’Abaminisitiri “yemeje imishinga y’amategeko n’amateka harimo ayerekeye imisoro n’amahoro mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’Igihugu bwo gushyira mu bikorwa Gahunda y’Igihugu yo kwihutisha Iterambere (NST2).”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa agaruka ku misoro yaganiriweho mu Nama y’Abaminisitiri, yavuze ko hari imisoro izongerwa, ndetse n’indi mishya izashyirwaho, bigamije gushyigikira gahunda yo kwihutisha Iterambere (NST2).

Itangazo rya Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, rivuga ko kongera iyi misoro no gushyiraho imishya bigamije; kongera umubare w’abasora n’imisoro yinjizwa mu kigega cya Leta hamwe no kunoza uburyo bwo gukusanya imisoro, kongera ubudahangarwa bw’ubukungu no guteza imbere ukwigira,korohereza abasora no kubafasha kugera ku nshingano zabo.

Guverinoma kandi yagaragaje zimwe mu mpinduka zizaba mu misoro, aho nk’umusoro ku bikoresho byifashishwa mu kwisiga, kwitera no kongera ubwiza, hashyizweho umusoro wa 15% ku bikoresho byifashishwa mu kwisiga, kwitera no kongera ubwiza.

Itangazo rya MINECOFIN rigira riti “Bimwe muri ibi bikoresho byifashishwa mu rwego rw’Ubuvuzi izakomeza gusonerwa kubufatanye na Ministeri y’Ubuzima.”

Naho umusoro ku Nyongeragaciro (VAT) ku bikoresho by’ikoranabuhanga (ICT equipments). Kuva mu mwaka wa 2012, ibi bikoresho byari bisonewe uyu musoro mu rego rwo guteza imbere ikoranabuhanga, ku bufatanye na Ministeri y’lkoranabuhanga ibikoresho by’ingenzi bizakomeza gusonerwa.

Guverinoma yavuze ko Umusoro mbumbe ku mafaranga yinjizwa mu mikino y’amahirwe (GGR), uzava kuri 13% ugere kuri 40%, hazanasoreshwa ibihembo bivuye kuri 15% ugere kuri 25%

Umusoro ku modoka z’imberabyombi (hybrid vehicle), Guverinoma yatangaje ko “Hagamijwe na none ko hatumizwa bene izi modoka zidakuze cyane, zizajya zisoreshwa umusoro ku byaguzwe mu buryo bunyuranye hagendewe ku myaka yazo. Iziri munsi y’imyaka 3 zizasora 5%, izo hagati y’imyaka 4 kugeza kuri 7 zizasora 10% mu gihe izifite kuva ku myaka 8 gusubiza hejuru zizasora 15%.”

Imodoka zikoresha amashanyarazi zizakomeza gusonerwa. Ibi bizatangira gukurikizwa mu mwaka w’lngengo y’lmari wa 2025/26.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Hahishuwe impamvu z’urwitwazo z’abayobozi ba Congo zo kutitabira inama zirimo n’izo bihita byumvikana

Next Post

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ziri muri Qatar mu rugendo-shuri rw’icyumweru

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ziri muri Qatar mu rugendo-shuri rw’icyumweru

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ziri muri Qatar mu rugendo-shuri rw’icyumweru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.