Sunday, May 18, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zigiye kuba muri Pansiyo yazamuraga impaka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zigiye kuba muri Pansiyo yazamuraga impaka mu Rwanda

IZABUKURU

Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Ubwiteganyijrize mu Rwanda rwatangaje ko guhera umwaka utaha wa 2025 hazaba impinduka muri Pansiyo, aho igipimo cy’umusanzu kiziyongera kive kuri 6% kigere kuri 12%, hagamijwe no kuzamura amafaranga ahabwa abari muri kiruhuko cy’izabukuru.

Byatangajwe n’Urwego rw’Ubwiteganyijrize mu Rwanda (RSSB) nyuma yo kugirana ibiganiro n’Urugaga rw’Abikorera ku bijyanye n’impinduka muri gahunda ya Pansiyo n’Inyungu Zitezwemo.

Ni ibiganiro byibanze ku nyungu izi mpinduka zizagirira ubucuruzi butandukanye n’abaturage muri rusange.

RSSB ivuga ko Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro yaganirie abahagarariye urugaga rw’abikorera, abagaragariza uburyo izi mpinduka zizagira uruhare mu kuzamura ubukungu no kongera imbaraga z’ubwiteganyirize.

Regis Rugemanshuro yagize ati “Izi mpinduka zigamije kongera ubushobozi bwa gahunda ya pansiyo, ariko zinatanga amahirwe atandukanye ku bikorera, cyane cyane ku bigo byubucuruzi buto n’ubuciriritse. Imishinga irimo ikigega cya RSSB kigamije guteza imbere ibigo by’ubucuruzi buciriritse (SME fund), n’ubwiyongere mu ishoramari ku isoko ry’imari nimigabane, irimo inyungu ifatika ku rugaga rw’abikorera.”

Urwego rw’Ubwiteganyi, ruvuga ko “guhera muri Mutarama 2025, igipimo cy’umusanzu kizongerwa kivuye kuri 6% kigere kuri 12%, aho mu 2030, kizagera kuri 20%, agabanwa ku buryo bungana hagati yumukozi n’umukoresha.”

Uru Rwego rukomeza rugira ruti “Kugira ngo izi mpinduka zishyirweho bitabangame, hazajya habaho izamuka rya 2% buri mwaka mu myaka ine izahera Mutarama 2027 kugeza mu 2030.”

Nanone kandi kugira ngo hahuzwe imisanzu n’umusoro fatizo ugenwa n’kigo cy’lgihugu cy’lmisoro n’Amahoro, RRA, igipimo cy’umusanzu fatizo kizajya gishyirwaho hagendewe ku mushahara mbumbe ukomatanyije n’amafaranga y’ingendo wemererwa, ibihabanye n’ibyari bisanzwe bigenderwaho ari byo umushahara ntahanwa ukomatanyije n’amafaranga y’imiturire wemererwa.

Itegeko rigenga pansiyo risaba abakozi n’abakoresha gutanga umusanzu ku gipimo kingana. Kuri ubu, igiteranyo cy’igipimo cy’umusanzu ni 6% ku mushahara mbumbe w’umukozi, aho umukozi atanga 3%, n’umukoresha agatanga 3%.

RSSB ivuga ko “Igipimo cya 6% cyashyizweho mu 1962, ubwo icyizere cy’ubuzima cyari ku myaka 47, kikaba kitarigeze gihindurwa kuva ubwo, nubwo ibarura riherutse rya 2022 ryagaragaje ko icyizere cy’ubuzima cyageze ku myaka 69. Hagati aho, ibihabwa abari muri pansiyo byo byakomeje kongerwa, aho inyongera iheruka yakozwe mu 2018.”

Guhera Mutarama 2025, ibyahabwaga abari muri pansiyo bizongerwa hagendewe ku kiguzi cy’ubuzima, ndetse habanzwe abahabwa pansiyo nke kuruta abandi.

RSSB igira iti “Abari mu zabukuru bazahabwa inyongera ifatika ku mafaranga ya pansiyo basanzwe babona, ibizagirira akamaro cyane ab’amikoro make. Ibi bigamije guhangana n’izamuka ry’ikiguzi cy’ubuzima abari mu zabukuru bahura nacyo.”

Ni mu gihe abari muri Pansiyo bari bakunze kugaragaza imbogamizi zo kuba amafaranga bahabwa, ari macye cyane ugereranyije n’uko ibiciro ku masoko bihagaze kuko amafaranga bahabwaga mbere ari yo bari barakomeje guhabwa nyamara ubuzima buhinduka uko bwije uko bucyeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 4 =

Previous Post

Ibitamenyerewe: Umuhanda unyura mu kigo cy’ishuri rwagati i Rusizi n’ibiwuvugwaho

Next Post

Karidinali wo muri Congo yavuye mu Rwanda ashimira Guverinoma yarwo anavuga ku byari byamuzanye

Related Posts

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

by radiotv10
17/05/2025
0

Abazi umugabo ufite akabari mu Mudugudu wa Mukazanyana mu Kagari ka Sazange mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye,...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

by radiotv10
16/05/2025
0

Dosiye y’ikirego kiregwamo Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’, yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha kugira ngo buyisuzume buzayiregere Urukiko. Bishop Gafaranga...

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

by radiotv10
16/05/2025
0

Umugabo ufite akabari acururizamo inzoga yitwa ‘Indege’ mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, arakekwaho kwica mugenzi we amukubise...

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

by radiotv10
16/05/2025
0

Massad Boulos, Umujyanama Mukuru wa Perezida Trump ku bijyanye na Afurika, yatangaje ko yavuganye na Perezida Paul Kagame na Felix...

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

by radiotv10
16/05/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana wishyuza Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize miliyoni 282 Frw y’imisanzu y’umubyeyi we,...

IZIHERUKA

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho
MU RWANDA

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

by radiotv10
17/05/2025
0

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

17/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

16/05/2025
Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

16/05/2025
Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

16/05/2025
Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

16/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Karidinali wo muri Congo yavuye mu Rwanda ashimira Guverinoma yarwo anavuga ku byari byamuzanye

Karidinali wo muri Congo yavuye mu Rwanda ashimira Guverinoma yarwo anavuga ku byari byamuzanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.