Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muyobozi w’ishuri watanze kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya ku muyobozi w’ishuri watanze kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika
Share on FacebookShare on Twitter

Habimana Thomas usanzwe ari umuyobozi w’ikigo cy’ishuri cyo mu Karere ka Rubavu, na we yatanze kandidatire kugira ngo azahatane mu matora y’Umukuru w’Igihugu, avuga ko politiki amaze kuyigiramo ubunaribonye ngo kuko kuyobora ishuri nabyo bisaba kuba umunyapolitiki.

Habimana Thomas yatanze kandidatire ye kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024, yakiriwe na Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Oda Gasinzigwa.

Asanzwe ari Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri cy’Imyuga n’Ubumenyingiro cya Hope Technical Secondary School cyo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu.

Habimana wifuza kuba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, avuga ko mbere yo kuba umuyobozi w’Ishuri, yakoze mu burezi mu gihe cy’imyaka icumi, none ubu akaba yifuza kuba yahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Avuga ko kimwe mu byamuteye inyota yo kumva yahatanira uyu mwanya, ari ukuba yarabyirutse abona iterambere rigenda rigerwaho n’Igihugu, akaba yumva yifuza na we gutanga umusanzu mu gukomeza kugiteza imbere.

Yakuze yiyumvamo politiki, ategereza ko ageza ku myaka 35 kugira ngo ahatanire kuba yaba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Ati “Urugendo rwanjye rwa politiki ni ubuzima bwa buri munsi, kuko ntabwo wayobora ikigo cy’Ishuri utari umunyapolitiki, rero ubuzima bwanjye bwa buri munsi mbaho nk’umunyapolitiki ukunda igihugu cye kandi wifuza kubona Igihugu cye gikomeza gutera imbere.”

Abajijwe ishingiro ry’icyizere afite ko aramutse yemerewe kwiyamamaza yazatorwa, Habimana yavuze ko “kuba nshobora gutanga kandidatire umuntu wangize uwo ndiwe akiri mu bakandida uyu munsi, ni iby’agaciro rero kugira ngo nanjye mpamye ko imbaraga, ubushake; Guverinoma y’u Rwanda yashyizemo kugira ngo Igihugu cyacu gitere imbere, uyu ni umwe mu misaruro.”

Habimana uvuga ko yabonye umwanya akwiye guhatanira ari uyu w’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko ari umwanya ufite icyo usobanuye gishobora kugirira benshi akamaro igihe yaramuka agiriwe icyizere, ariko ko naramuka atanakigiriwe, bitazamuca intege kuko akiri muto, ku buryo yazaniyamamaza mu bihe biri imbere.

Habimana wifuza kuzahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 20 =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu hagiye kugabanywa ingendo z’abayobozi b’inzego zo mu Rwanda bajya mu nama

Next Post

Perezida Kagame yatanzweho urugero mu nama Nyafurika ibera muri Kenya

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yatanzweho urugero mu nama Nyafurika ibera muri Kenya

Perezida Kagame yatanzweho urugero mu nama Nyafurika ibera muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.