Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku mwanya ubayeho bwa mbere mu buyobozi bw’u Rwanda n’uwawuhawe

radiotv10by radiotv10
13/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya ku mwanya ubayeho bwa mbere mu buyobozi bw’u Rwanda n’uwawuhawe
Share on FacebookShare on Twitter

Monique Mukaruliza, ni rimwe mu mazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda, nko muri Guverinoma ndetse akaba azwi cyane ku mwanya w’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, ubu akaba yagizwe ‘Ambassador at Large’ muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga. Iby’ingenzi wamenya kuri Mukaruliza ndetse n’uyu mwanya yahawe.

Mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe 2024, Perezida Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi babiri, bahawe inshingano zumvikana ko ari nshya mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda.

Dr Doris Uwicyeza Picard, yagizwe Umuhuzabikorwa w’Itsinda rishinzwe Ishyirwa mu Bikorwa ry’Amasezerano y’Ubufatanye mu Iterambere ry’Ubukungu no kwita ku Bimukira.

Naho Ambasaderi Monique Mukaruliza, agirwa ‘Ambassador at Large muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane.

 

Ambasaderi Mukaruliza wahawe uyu mwanya ubayeho bwa mbere ni muntu ki?

Si ubwa mbere Ambasaderi Monique Mukaruliza ahawe inshingano zibayeho bwa mbere mu buyobozi bw’u Rwanda, kuko no muri Werurwe 2008 yagizwe Minisitiri wa mbere w’Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (MINEAC).

Iyi Minisiteri yari izwi nka MINEAC yayobowe bwa mbere na Monique Mukaruliza akayimaramo imyaka itanu yaje kuvaho muri 2016 ihuzwa na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda. Mukaruliza we yayivuyemo muri Gashyantare 2013 nyuma y’amakosa yaje no kunengerwa n’Umukuru w’Igihugu.

Mbere yo guhabwa uwo mwanya, Mukaruliza yagize ishinngano zinyuranye nko kuba yari yaragize uruhare runini mu mavugurura yakozwe ku Kigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro.

Ambasaderi Mukaruriza ufite ubunararibonye mu bijyanye n’icungamutungo n’imiyoborere y’amabanki, yagize imyanya inyuranye muri uru rwego rw’ubukungu, nko muri Banki ya Kigali yabereye Umugenzuzi Mukuru w’Imari.

Mukaruliza kandi wabaye Umuhuzabikorwa w’imishinga y’umuhora wa Ruguru ihuriweho n’ibihugu byo mu karere, muri Gashantare 2016 yatorewe kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, ariko ntiyatinze kuri uyu mwanya.

Izi nshingano yagombaga kugeza muri 2020 muri Manda yari yatorewe, yazikuweho azimazeho umwaka umwe, kuko muri Gashyantare 2017 yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia.

Muri Mutarama 2021 yongeye kugirirwa icyizere, ahabwa inshingano zo kuba Umujyanama muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, akaba ari na zo yakoraga kugeza ubu.

 

Iby’ingenzi ku mwanya mushya mu Rwanda

Monique Mukaruliza yahawe inshingano zo kuba ‘Ambassador at Large’ muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwerera, umwanya mushya mu buyobozi bw’u Rwanda.

Ni umwanya usanzwe uzwi mu buyobozi bw’Ibihugu bimwe na bimwe byo ku Isi, aho uyu mwanya tugenekereje twavuga mu Kinyarwanda ko ari ‘ambasaderi ufite inshingano zagutse’ usanzwe uba uri ku rwego rwa Ambasaderi, ariko utagira Igihugu aba ahagarariyemo icye.

Uhawe izi nshingano, nubwo nta Gihugu yoherezwamo, ariko yitabazwa na Guverinoma mu gihe hari ibigomba kuganirwaho muri Dipolomasi y’Igihugu cye n’amahanga.

Ashobora kandi koherezwa mu biganiro by’Igihugu cye n’ikindi kidafitemo ugihagarariye nka Ambasaderi, aho ashobora guhabwa inshingano nk’iza Ambasaderi mu gihe hari ibyo Igihugu cye cyifuza kuganiraho n’ikindi kidafitemo ugihagarariye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 1 =

Previous Post

Aba mbere bakina hanze b’Amavubi bamaze kugera mu mwiherero

Next Post

Ikipe y’i Burundi yasezerewe kubera gutsimbarara ku kutambara ‘Visit Rwanda’ yatanze ubutumwa

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe y’i Burundi yasezerewe kubera gutsimbarara ku kutambara ‘Visit Rwanda’ yatanze ubutumwa

Ikipe y’i Burundi yasezerewe kubera gutsimbarara ku kutambara 'Visit Rwanda' yatanze ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.