• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku mwanya ubayeho bwa mbere mu buyobozi bw’u Rwanda n’uwawuhawe

radiotv10by radiotv10
13/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya ku mwanya ubayeho bwa mbere mu buyobozi bw’u Rwanda n’uwawuhawe
Share on FacebookShare on Twitter

Monique Mukaruliza, ni rimwe mu mazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda, nko muri Guverinoma ndetse akaba azwi cyane ku mwanya w’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, ubu akaba yagizwe ‘Ambassador at Large’ muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga. Iby’ingenzi wamenya kuri Mukaruliza ndetse n’uyu mwanya yahawe.

Mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe 2024, Perezida Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi babiri, bahawe inshingano zumvikana ko ari nshya mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda.

Dr Doris Uwicyeza Picard, yagizwe Umuhuzabikorwa w’Itsinda rishinzwe Ishyirwa mu Bikorwa ry’Amasezerano y’Ubufatanye mu Iterambere ry’Ubukungu no kwita ku Bimukira.

Naho Ambasaderi Monique Mukaruliza, agirwa ‘Ambassador at Large muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane.

 

Ambasaderi Mukaruliza wahawe uyu mwanya ubayeho bwa mbere ni muntu ki?

Si ubwa mbere Ambasaderi Monique Mukaruliza ahawe inshingano zibayeho bwa mbere mu buyobozi bw’u Rwanda, kuko no muri Werurwe 2008 yagizwe Minisitiri wa mbere w’Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (MINEAC).

Iyi Minisiteri yari izwi nka MINEAC yayobowe bwa mbere na Monique Mukaruliza akayimaramo imyaka itanu yaje kuvaho muri 2016 ihuzwa na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda. Mukaruliza we yayivuyemo muri Gashyantare 2013 nyuma y’amakosa yaje no kunengerwa n’Umukuru w’Igihugu.

Mbere yo guhabwa uwo mwanya, Mukaruliza yagize ishinngano zinyuranye nko kuba yari yaragize uruhare runini mu mavugurura yakozwe ku Kigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro.

Ambasaderi Mukaruriza ufite ubunararibonye mu bijyanye n’icungamutungo n’imiyoborere y’amabanki, yagize imyanya inyuranye muri uru rwego rw’ubukungu, nko muri Banki ya Kigali yabereye Umugenzuzi Mukuru w’Imari.

Mukaruliza kandi wabaye Umuhuzabikorwa w’imishinga y’umuhora wa Ruguru ihuriweho n’ibihugu byo mu karere, muri Gashantare 2016 yatorewe kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, ariko ntiyatinze kuri uyu mwanya.

Izi nshingano yagombaga kugeza muri 2020 muri Manda yari yatorewe, yazikuweho azimazeho umwaka umwe, kuko muri Gashyantare 2017 yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia.

Muri Mutarama 2021 yongeye kugirirwa icyizere, ahabwa inshingano zo kuba Umujyanama muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, akaba ari na zo yakoraga kugeza ubu.

 

Iby’ingenzi ku mwanya mushya mu Rwanda

Monique Mukaruliza yahawe inshingano zo kuba ‘Ambassador at Large’ muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwerera, umwanya mushya mu buyobozi bw’u Rwanda.

Ni umwanya usanzwe uzwi mu buyobozi bw’Ibihugu bimwe na bimwe byo ku Isi, aho uyu mwanya tugenekereje twavuga mu Kinyarwanda ko ari ‘ambasaderi ufite inshingano zagutse’ usanzwe uba uri ku rwego rwa Ambasaderi, ariko utagira Igihugu aba ahagarariyemo icye.

Uhawe izi nshingano, nubwo nta Gihugu yoherezwamo, ariko yitabazwa na Guverinoma mu gihe hari ibigomba kuganirwaho muri Dipolomasi y’Igihugu cye n’amahanga.

Ashobora kandi koherezwa mu biganiro by’Igihugu cye n’ikindi kidafitemo ugihagarariye nka Ambasaderi, aho ashobora guhabwa inshingano nk’iza Ambasaderi mu gihe hari ibyo Igihugu cye cyifuza kuganiraho n’ikindi kidafitemo ugihagarariye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Aba mbere bakina hanze b’Amavubi bamaze kugera mu mwiherero

Next Post

Ikipe y’i Burundi yasezerewe kubera gutsimbarara ku kutambara ‘Visit Rwanda’ yatanze ubutumwa

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ikipe y’i Burundi yasezerewe kubera gutsimbarara ku kutambara ‘Visit Rwanda’ yatanze ubutumwa

Ikipe y’i Burundi yasezerewe kubera gutsimbarara ku kutambara 'Visit Rwanda' yatanze ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.