Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku mwanya ubayeho bwa mbere mu buyobozi bw’u Rwanda n’uwawuhawe

radiotv10by radiotv10
13/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya ku mwanya ubayeho bwa mbere mu buyobozi bw’u Rwanda n’uwawuhawe
Share on FacebookShare on Twitter

Monique Mukaruliza, ni rimwe mu mazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda, nko muri Guverinoma ndetse akaba azwi cyane ku mwanya w’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, ubu akaba yagizwe ‘Ambassador at Large’ muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga. Iby’ingenzi wamenya kuri Mukaruliza ndetse n’uyu mwanya yahawe.

Mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe 2024, Perezida Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi babiri, bahawe inshingano zumvikana ko ari nshya mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda.

Dr Doris Uwicyeza Picard, yagizwe Umuhuzabikorwa w’Itsinda rishinzwe Ishyirwa mu Bikorwa ry’Amasezerano y’Ubufatanye mu Iterambere ry’Ubukungu no kwita ku Bimukira.

Naho Ambasaderi Monique Mukaruliza, agirwa ‘Ambassador at Large muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane.

 

Ambasaderi Mukaruliza wahawe uyu mwanya ubayeho bwa mbere ni muntu ki?

Si ubwa mbere Ambasaderi Monique Mukaruliza ahawe inshingano zibayeho bwa mbere mu buyobozi bw’u Rwanda, kuko no muri Werurwe 2008 yagizwe Minisitiri wa mbere w’Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (MINEAC).

Iyi Minisiteri yari izwi nka MINEAC yayobowe bwa mbere na Monique Mukaruliza akayimaramo imyaka itanu yaje kuvaho muri 2016 ihuzwa na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda. Mukaruliza we yayivuyemo muri Gashyantare 2013 nyuma y’amakosa yaje no kunengerwa n’Umukuru w’Igihugu.

Mbere yo guhabwa uwo mwanya, Mukaruliza yagize ishinngano zinyuranye nko kuba yari yaragize uruhare runini mu mavugurura yakozwe ku Kigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro.

Ambasaderi Mukaruriza ufite ubunararibonye mu bijyanye n’icungamutungo n’imiyoborere y’amabanki, yagize imyanya inyuranye muri uru rwego rw’ubukungu, nko muri Banki ya Kigali yabereye Umugenzuzi Mukuru w’Imari.

Mukaruliza kandi wabaye Umuhuzabikorwa w’imishinga y’umuhora wa Ruguru ihuriweho n’ibihugu byo mu karere, muri Gashantare 2016 yatorewe kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, ariko ntiyatinze kuri uyu mwanya.

Izi nshingano yagombaga kugeza muri 2020 muri Manda yari yatorewe, yazikuweho azimazeho umwaka umwe, kuko muri Gashyantare 2017 yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia.

Muri Mutarama 2021 yongeye kugirirwa icyizere, ahabwa inshingano zo kuba Umujyanama muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, akaba ari na zo yakoraga kugeza ubu.

 

Iby’ingenzi ku mwanya mushya mu Rwanda

Monique Mukaruliza yahawe inshingano zo kuba ‘Ambassador at Large’ muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwerera, umwanya mushya mu buyobozi bw’u Rwanda.

Ni umwanya usanzwe uzwi mu buyobozi bw’Ibihugu bimwe na bimwe byo ku Isi, aho uyu mwanya tugenekereje twavuga mu Kinyarwanda ko ari ‘ambasaderi ufite inshingano zagutse’ usanzwe uba uri ku rwego rwa Ambasaderi, ariko utagira Igihugu aba ahagarariyemo icye.

Uhawe izi nshingano, nubwo nta Gihugu yoherezwamo, ariko yitabazwa na Guverinoma mu gihe hari ibigomba kuganirwaho muri Dipolomasi y’Igihugu cye n’amahanga.

Ashobora kandi koherezwa mu biganiro by’Igihugu cye n’ikindi kidafitemo ugihagarariye nka Ambasaderi, aho ashobora guhabwa inshingano nk’iza Ambasaderi mu gihe hari ibyo Igihugu cye cyifuza kuganiraho n’ikindi kidafitemo ugihagarariye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + seventeen =

Previous Post

Aba mbere bakina hanze b’Amavubi bamaze kugera mu mwiherero

Next Post

Ikipe y’i Burundi yasezerewe kubera gutsimbarara ku kutambara ‘Visit Rwanda’ yatanze ubutumwa

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe y’i Burundi yasezerewe kubera gutsimbarara ku kutambara ‘Visit Rwanda’ yatanze ubutumwa

Ikipe y’i Burundi yasezerewe kubera gutsimbarara ku kutambara 'Visit Rwanda' yatanze ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.