• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Iby’ingenzi wamenya kuri filimi nshya igaragaramo ab’amazina azwi muri sinema Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Iby’ingenzi wamenya kuri filimi nshya igaragaramo ab’amazina azwi muri sinema Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Sinema Nyarwanda yungutse filimi nshya y’uruhererekane yiswe ‘The Dream’ igaragaramo ibyamamare bisanzwe bizwi muri sinema nyarwanda, aho iyi filimi igamije gucyebura iby’urukundo rw’ubu rwajemo ibibazo.

Iyi filime y’uruhererekane yiganjemo inkuru z’urukundo rwinshi, izagaragaramo umukobwa uba akunda umusore cyane ariko we bitamurimo kugeza ubwo amusimbuje undi akajya no kubana na we ariko ntibimuce intege agakomeza kwiruka ku musore yakunze ubuzima bwe bwose.

Muri iyi nkuru, uyu mukobwa uba warihebeye umusore, akorerwa ibikorwa bibi byinshi akababazwa n’uwo musore kugira ngo amuveho ariko na we akamubera ibamba.

Mugwaneza Abdul ushinzwe kumenyekanisha iyi filime, avuga ko inkuru yayo igamije kwigisha Abanyarwanda gusobanukirwa n’urukundo nyakuri kuko usanga abantu benshi birengagiza ababakunda bakiruka inyuma y’abatabashaka.

Ati “Uyu munsi ntabwo abantu bakizerera mu rukundo, usigaye usanga bamwe bakunda kubera amafaranga abandi bakabijyamo ku zindi mpamvu z’ubuzima. Aha rero twagirango dutange ubutumwa bwerekana ko urukundo hari abarufite kandi banarwizereramo nta z’indi nyungu bakurikiye.”

Iyi filime igaragaramo amasura amaze kumenyerwa muri Sinema Nyarwanda harimo nka Rukundo Shaffy uri no mu bagize uruhare runini mu gushora imari kugira ngo ibashe kujya hanze.

Yanditswe kandi n’uwitwa Anonymous na we wayoboye filime zagiye zikundwa cyane harimo nk’iyitwa ‘Umwanzuro’ yatambukaga kuri Televiziyo Rwanda.

Iyi filime izajya itambuka inyuze ku muyoboro wa Youtube witwa ‘Kigali Drama’ bazajya basohora agace buri cyumweru ku munsi wo ku wa Gatatu.

Shaffy ni umwe mu bagaragara muri iyi filime
Abdul avuga ko iyi filime yiganjemo amasomo menshi yo mu rukundo
Sharon ni umwe mu bakinnyi b’imena muri iyi filime
Mushambokazi uzwi nka Sabine agaragara muri iyi filime

Danny nawe ni umukinnyi ugaragara muri iyi filime

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Next Post

Abakunzi ba ruhago Nyarwanda binjiye mu birori: Rayon na APR zigeze kuri final y’icy’Amahoro

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Abakunzi ba ruhago Nyarwanda binjiye mu birori: Rayon na APR zigeze kuri final y’icy’Amahoro

Abakunzi ba ruhago Nyarwanda binjiye mu birori: Rayon na APR zigeze kuri final y’icy’Amahoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.