Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya w’Uburezi

radiotv10by radiotv10
12/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya w’Uburezi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashyizeho Minisitiri mushya w’Uburezi, ari we Joseph Nsengimana, asimbura Gaspard Twagirayezu wari uherutse kurahirira rimwe n’Abaminisitiri bo muri Guverinoma nshya, na we akaba yahawe izindi nshingano.

Impinduka za Minisitiri w’Uburezi, zatangajwe mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Nzeri 2024, mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Iri tangazo rivuga ko Joseph Nsengimana yagizwe Minisitiri w’Uburezi, agasimbura Gaspard Twagirayezu, na we wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Isanzure.

Nanone kandi Perezida wa Repubulika yashyizeho Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, ari we Nelly Mukazayire, wasimbuye Zephanie Niyonkuru, wari uherutse kwirukanwa.

Nelly Mukazayire wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri MINISPORTS, yari asanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB, aho yari yahawe izi nshingano n’ubundi asimbuye Zephanie Niyonkuru, na bwo wari wazikuweho yirukanywe.

Iby’ingenzi kuri Minisitiri Nsengimana

Minisitiri mushya w’Uburezi, Joseph Nsengimana, si mushya mu bijyanye n’uburezi kuko yari asanzwe ayobora Ikigo Mastercard Foundation kizwi mu iterambere ry’uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga, ishami ryacyo mu Rwanda.

Ikigo Mastercard Foundation, ni ikigo mpuzamahanga cy’Abanyamerika, gisanzwe kizwiho gutera inkunga imishinga yo kuzamura urubyiruko binyuze by’umwihariko mu burezi.

Nsengimana, mbere yuko ayobora iki kigo mu Rwanda, yakoraga mu Kigo cy’Abanyamerika cya Intel Corporation, aho yari Umuyobozi Nshingwabikorwa ushinzwe Politiki n’ingamba ndetse n’imikoranire mpuzamahanga.

Yateguye kandi ashyira mu bikorwa gahunda y’iki kigo cy’Abanyamerika mu bijyanye n’imikoranire, aho yayoboye itsinda ryari rishinzwe imikoranire na za Guverinoma, uburezi, ikoranabuhanga muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Yakoranaga bya hafi na za Minisiteri z’Uburezi ndetse n’abandi bafatanyabikorwa mu gukoresha ikoranabuhanga mu kuzamura ireme ry’uburezi.

Joseph Nsengimana, muri iki kigo cya Intel, yagize uruhare mu gutangiza gahunda yacyo izwi nka Intel Teach, ishingiye ku myigishirize y’ikoranabuhanga.

Nanone kandi muri iki kigo, yayoboye uruhare rwa Intel mu mikoranire yo guteza imbere uburezi bwo mu mashuri yisumbuye bushingiye ku dushya muri gahunda izwi nka PSIPSE (Partnership to Strengthen Innovation and Practice in Secondary Education).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + seventeen =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru arambuye nyuma y’imvune ya kapiteni wa Arsenal yatumye asohoka mu kibuga arira

Next Post

Ibyo bamwe bavuga ko bikwiye kurindwa abana, hari ababyeyi babishima bakagaya ahubwo abatabikora

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo bamwe bavuga ko bikwiye kurindwa abana, hari ababyeyi babishima bakagaya ahubwo abatabikora

Ibyo bamwe bavuga ko bikwiye kurindwa abana, hari ababyeyi babishima bakagaya ahubwo abatabikora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.