Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya w’Uburezi

radiotv10by radiotv10
12/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya w’Uburezi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashyizeho Minisitiri mushya w’Uburezi, ari we Joseph Nsengimana, asimbura Gaspard Twagirayezu wari uherutse kurahirira rimwe n’Abaminisitiri bo muri Guverinoma nshya, na we akaba yahawe izindi nshingano.

Impinduka za Minisitiri w’Uburezi, zatangajwe mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Nzeri 2024, mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Iri tangazo rivuga ko Joseph Nsengimana yagizwe Minisitiri w’Uburezi, agasimbura Gaspard Twagirayezu, na we wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Isanzure.

Nanone kandi Perezida wa Repubulika yashyizeho Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, ari we Nelly Mukazayire, wasimbuye Zephanie Niyonkuru, wari uherutse kwirukanwa.

Nelly Mukazayire wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri MINISPORTS, yari asanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB, aho yari yahawe izi nshingano n’ubundi asimbuye Zephanie Niyonkuru, na bwo wari wazikuweho yirukanywe.

Iby’ingenzi kuri Minisitiri Nsengimana

Minisitiri mushya w’Uburezi, Joseph Nsengimana, si mushya mu bijyanye n’uburezi kuko yari asanzwe ayobora Ikigo Mastercard Foundation kizwi mu iterambere ry’uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga, ishami ryacyo mu Rwanda.

Ikigo Mastercard Foundation, ni ikigo mpuzamahanga cy’Abanyamerika, gisanzwe kizwiho gutera inkunga imishinga yo kuzamura urubyiruko binyuze by’umwihariko mu burezi.

Nsengimana, mbere yuko ayobora iki kigo mu Rwanda, yakoraga mu Kigo cy’Abanyamerika cya Intel Corporation, aho yari Umuyobozi Nshingwabikorwa ushinzwe Politiki n’ingamba ndetse n’imikoranire mpuzamahanga.

Yateguye kandi ashyira mu bikorwa gahunda y’iki kigo cy’Abanyamerika mu bijyanye n’imikoranire, aho yayoboye itsinda ryari rishinzwe imikoranire na za Guverinoma, uburezi, ikoranabuhanga muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Yakoranaga bya hafi na za Minisiteri z’Uburezi ndetse n’abandi bafatanyabikorwa mu gukoresha ikoranabuhanga mu kuzamura ireme ry’uburezi.

Joseph Nsengimana, muri iki kigo cya Intel, yagize uruhare mu gutangiza gahunda yacyo izwi nka Intel Teach, ishingiye ku myigishirize y’ikoranabuhanga.

Nanone kandi muri iki kigo, yayoboye uruhare rwa Intel mu mikoranire yo guteza imbere uburezi bwo mu mashuri yisumbuye bushingiye ku dushya muri gahunda izwi nka PSIPSE (Partnership to Strengthen Innovation and Practice in Secondary Education).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 18 =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru arambuye nyuma y’imvune ya kapiteni wa Arsenal yatumye asohoka mu kibuga arira

Next Post

Ibyo bamwe bavuga ko bikwiye kurindwa abana, hari ababyeyi babishima bakagaya ahubwo abatabikora

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

IZIHERUKA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi
MU RWANDA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo bamwe bavuga ko bikwiye kurindwa abana, hari ababyeyi babishima bakagaya ahubwo abatabikora

Ibyo bamwe bavuga ko bikwiye kurindwa abana, hari ababyeyi babishima bakagaya ahubwo abatabikora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.