Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya w’Uburezi

radiotv10by radiotv10
12/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya w’Uburezi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashyizeho Minisitiri mushya w’Uburezi, ari we Joseph Nsengimana, asimbura Gaspard Twagirayezu wari uherutse kurahirira rimwe n’Abaminisitiri bo muri Guverinoma nshya, na we akaba yahawe izindi nshingano.

Impinduka za Minisitiri w’Uburezi, zatangajwe mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Nzeri 2024, mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Iri tangazo rivuga ko Joseph Nsengimana yagizwe Minisitiri w’Uburezi, agasimbura Gaspard Twagirayezu, na we wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Isanzure.

Nanone kandi Perezida wa Repubulika yashyizeho Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, ari we Nelly Mukazayire, wasimbuye Zephanie Niyonkuru, wari uherutse kwirukanwa.

Nelly Mukazayire wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri MINISPORTS, yari asanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB, aho yari yahawe izi nshingano n’ubundi asimbuye Zephanie Niyonkuru, na bwo wari wazikuweho yirukanywe.

Iby’ingenzi kuri Minisitiri Nsengimana

Minisitiri mushya w’Uburezi, Joseph Nsengimana, si mushya mu bijyanye n’uburezi kuko yari asanzwe ayobora Ikigo Mastercard Foundation kizwi mu iterambere ry’uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga, ishami ryacyo mu Rwanda.

Ikigo Mastercard Foundation, ni ikigo mpuzamahanga cy’Abanyamerika, gisanzwe kizwiho gutera inkunga imishinga yo kuzamura urubyiruko binyuze by’umwihariko mu burezi.

Nsengimana, mbere yuko ayobora iki kigo mu Rwanda, yakoraga mu Kigo cy’Abanyamerika cya Intel Corporation, aho yari Umuyobozi Nshingwabikorwa ushinzwe Politiki n’ingamba ndetse n’imikoranire mpuzamahanga.

Yateguye kandi ashyira mu bikorwa gahunda y’iki kigo cy’Abanyamerika mu bijyanye n’imikoranire, aho yayoboye itsinda ryari rishinzwe imikoranire na za Guverinoma, uburezi, ikoranabuhanga muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Yakoranaga bya hafi na za Minisiteri z’Uburezi ndetse n’abandi bafatanyabikorwa mu gukoresha ikoranabuhanga mu kuzamura ireme ry’uburezi.

Joseph Nsengimana, muri iki kigo cya Intel, yagize uruhare mu gutangiza gahunda yacyo izwi nka Intel Teach, ishingiye ku myigishirize y’ikoranabuhanga.

Nanone kandi muri iki kigo, yayoboye uruhare rwa Intel mu mikoranire yo guteza imbere uburezi bwo mu mashuri yisumbuye bushingiye ku dushya muri gahunda izwi nka PSIPSE (Partnership to Strengthen Innovation and Practice in Secondary Education).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − eleven =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru arambuye nyuma y’imvune ya kapiteni wa Arsenal yatumye asohoka mu kibuga arira

Next Post

Ibyo bamwe bavuga ko bikwiye kurindwa abana, hari ababyeyi babishima bakagaya ahubwo abatabikora

Related Posts

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

IZIHERUKA

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw
MU RWANDA

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo bamwe bavuga ko bikwiye kurindwa abana, hari ababyeyi babishima bakagaya ahubwo abatabikora

Ibyo bamwe bavuga ko bikwiye kurindwa abana, hari ababyeyi babishima bakagaya ahubwo abatabikora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.