Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyishimo biturutse muri Afurika y’Epfo bisesekaye mu Rwanda: Amavubi abonye intsinzi yari ikumbuwe

radiotv10by radiotv10
09/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibyishimo biturutse muri Afurika y’Epfo bisesekaye mu Rwanda: Amavubi abonye intsinzi yari ikumbuwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yabonye intsinzi mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, itsinze iya Zimbabwe mu mukino wabereye muri Afurika y’Epfo.

Ni ku ntsinzi y’igitego 1-0 cyatsinzwe na rutahizamu Mugisha Gilbert wujuje ibitego bine amaze gutsindira ikipe y’Igihugu, kikaba ari igitego cya gatanu, Ikipe y’u Rwanda ibonye muri iyi mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, na yo ikaba yaratsinzwemo ibitego bitanu.

Ni igitego cyabonetse ku munota wa 40’ ubwo Ikipe y’u Rwanda yari imaze guhana ku ikosa ryari ryakozwe n’abakinnyi ba Zimbabwe aho umupira wari utewe na Kwizera Jojea, waruhukiye muri ba myugariro ba Zimbabwe, ugahita werecyeza kuri Mugisha Gilbert wari uhagaze neza ari wenyine agahita atera umupira muremure waruhukiye mu ncundura z’umunyezamu wa Zimbabwe.

Ni umukino Ikipe y’u Rwanda yagiye gukina, nyuma y’iminsi micye itsinzwe n’iya Nigeria igitego 1-0 yatsindiwe muri Nigeria yari yakiriye umukino wabaye mu mpera z’icyumweru gishize.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, mbere y’uyu mukino ryari ryatangaje ko ikipe y’u Rwanda igomba kuwutsinda byanga byakunda, aho ryakoresheje ubutumwa bugira buti “This is a do or die game, Umukino wa ngombwa cyane.”

Ni intsinzi ya mbere y’Umutoza Adel Amrouche kuva yatangira gutoza iyi kipe muri Werurwe uyu mwaka wa 2025, inatumye igitutu cyari kimuriho kigabanuka, dore ko yari ataratsinda umukino n’umwe.

Nyuma y’uyu mukino, mbere yuko haba ugomba guhuza Afurika y’Epfo na Nigeria uteganyijwe saa kumi n’ebyiri, u Rwanda rwahise rugira amanota 11, mu gihe Zimbabwe igize amanota ane (4) ari na yo ya nyuma muri iri tsinda C.

Ikipe ya Afurika y’Epfo iyoboye iri trinsa, ifite amanota 16, mu gihe Nigeria bigiye guhura ifite amanota 10 mbere yuko haba uyu mukino, naho Lesotho ikaba ifite amanota atandatu ikaba iya gatanu, mbere yuko ihura na Benin mu mukino uba saa tatu ku masaha yo mu Rwanda.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga: Ntwari Fiacre, Kavita Phanuel, Niyomugabo Claude, Manzi Thierry, Mutsinzi Ange, Kwizera Jojea, Bizimana Djihad, Mugisha Bonheur, Muhire Kevin, Mugisha Gilbert, Biramahire Abeddy.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku ruhande rw’u Rwanda
Mugisha Gilbert yaboneye u Rwanda igitego kimwe cyatanze itandukaniro muri uyu mukino

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

Next Post

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.