Ibyishimo ni byose mu muryango w’uwabaye Umuvugizi wa Rayon

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umuryango wa Jean Paul Nkurunziza wabaye Umuvugizi w’Ikipe ya Rayon Sports, na Nkusi Goreth [Gogo] usanzwe ari umufana w’ikipe ya APR FC, uri mu byishimo nyuma yo kwibaruka imfura yabo.

Nkurunziza Jean Paul n’umugore we Nkusi Goreth, bibarutse imfura yabo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Mata 2024, aho babyaye umwana w’umukobwa.

Izindi Nkuru

Mu butumwa Jean Paul Nkurunziza yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagaragaje ibyishimo yatewe no kwibaruka imfura we n’umugore we Gogo.

Yagize ati “Amagambo yo ntahagije aka kanya, ariko turashimira Imana ku mwana mwiza w’umukobwa wavutse neza. Imitima yacu yuzuye ishimwe.”

Nkurunziza kandi yaboneyeho gushimira umugore we, kuba yamubyariye imfura, ndetse no kuba yaramuhisemo kugira ngo azamubere umubyeyi w’abana be.

Uyu wabaye Umuvugizi wa Rayon Sports yahise anatangaza amazina y’iyi mfura ye na Gogo usanzwe ari umufana ukomeye wa APR FC, avuga ko ari Isaro Ryisa Maëva NKURUNZIZA.

Nkurunziza Jean Paul wanabaye umunyamakuru ku bitangazamakuru bitandukanye, yasezeranye na Nkusi Goreth, mu ntangiro za Nyakanga umwaka ushize wa 2023.

Jean Paul Nkurunziza na Gogo bakoze ubukwe mu ntangiro za Nyakanga 2023

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru