Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyitezwe mu muti wumvikanamo agashya uri kuvugutirwa ibibazo byo gutwara abagenzi

radiotv10by radiotv10
29/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Ibyitezwe mu muti wumvikanamo agashya uri kuvugutirwa ibibazo byo gutwara abagenzi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umujyi wa Kigali utangaje ko hari imihanda itatu igiye kujya ihabwa umwihariko wo kugendwamo n’imodoka zitwara abagenzi, impuguke mu bwikorezi, zagaragaje umusaruro zibyitezemo.

Iyi mihanda itatu igiye kuzajya igendwamo n’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange gusa mu masaha ya mu gitondo na nimugoroba, irimo uwo kuva mu mujyi rwagati (Central Business District)-Rwandex- Sonotubes-Giporoso, uzafatwa nk’uwigerageza.

Hari kandi umuhanda wa Central Business District-Kimironko, ndetse n’umuhanda wa Central Business District-Kicukiro.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa avuga kuri iyi gahunda, mu kiganiro na The New Times, yagize ati “Indi mihanda izakurikiraho. Kuri NST1 (gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi), dufite ibilometero 22 zizashyirwa muri iyi gahunda ariko bizakomeza kwiyongera.”

Iyi gahunda yo guha umwihariko ku modoka zitwara abagenzi mu masaha azateganywa, yitezweho kuhabanya igihe abagenzi bamaraga bategereje imodoka, kikava ku minota 30’ kikagera kuri 15’.

Alphonse Nkurunziza, umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda mu bijyanye n’igenamigambi mu by’ubwikorezi no mu myubakire y’ibikorwa remezo, aganira na The New Times dukesha iyi nkuru nka RADIOTV10, yavuze ko iyi gahunda izazamura urwego rwo gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali “kuko Bisi zizajya zibasha kugenda ku ngengabihe ihamye.” Kandi ntizikererezwe n’umuvundo w’imodoka mu muhanda.

Avuga ko ari iby’ingenzi kuko urwego rw’ubwikorezi no gutwara abagenzi, rufatiye runini ubuzima bwa benshi.

Ati “Ibaze kuba imodoka itwaye abantu 60 yatinzwa n’umuvundo kandi abo bantu bagiye mu kazi. Ibyo ntabwo ari ibintu byiza ku bukungu. Abantu bakeneye kugerera ku gihe aho bakorera kugira ngo babashe gutanga umusaruro.”

Yavuze kandi ko iyi gahunda izanatanga umusaruro mu zindi nzego, zirimo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere, kuko abakoresha imodoka zabo bwite, bazazireka bakajya bagenda n’imodoka za rusange kuko zizaba zibasha kubagereza igihe ku kazi. Ati “Iyo bisi zihuta, abantu benshi bifuza kugenda na zo.”

Chris Kost, inzobere mu bijyanye n’ubwikorezi akaba anakorana n’Ikigo mpuzamahanga mu bijyanye n’Iterambere ry’Ubwikorezi (Institute for Transportation and Development Policy ), akaba agikuriye muri Afurika, na we yavuze ko iyi gahunda izarushaho kunonza urwego rwo gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali.

Gusa avuga ko nubwo iyi gahunda ari nziza ariko “ni ngombwa ko umujyi wa Kigali unashyira mu bikorwa sisiteme yihutisha bisi (BRT/bus rapid transit) kugira ngo ntizitinde mu nzira.”

Iyi gahunda ya BRT, ni uburyo bwo ku rwego rwo hejuru isanzwe yifashishwa mu gutwara abagenzi mu Bihugu byateye imbere, aho bisi ndetse na gari ya moshi zitwara abagenzi, ziba zifite igihe zigomba kugendera, ku buryo hatabaho gutinda mu nzira.

Kuri ubu buryo, haba hari igihe runaka ibinyabiziga bitwara abagenzi, biba bigomba kuhagerera, bigahagarara bikuramo abagenzi cyangwa bibashyiramo.

Kost akomeza agira ati “BRT ituma habaho serivisi zinoze ku rwego rwo hejuru mu gutwara abagenzi ugereranyije n’uburyo busanzwe bwa bisi, ikanaha andi mahirwe imodoka z’abantu ku giti cyabo na moto. BRT kandi igira uruhare mu iterambere, ikanagabanya imiturire icucitse mu mujyi.”

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo iherutse gutangaza ko Umujyi wa Kigali witegura kubona bisi 100 nshya zizaza mu mpera z’uyu mwaka wa 2023, zizaba ari zimwe muri 305 zemejwe na Guverinoma y’u Rwanda.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Vital says:
    2 years ago

    None se ko mwavuze ngo kuva ku minota 30 ukagera kuri 15, ubundi koko nibyo? Iyo muvuga kuva ku isaha imwe byibuze! Ikindi ngo 2002!! Guberinoma!!!
    Ibihe byiza!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Ibiregwa Prof Harelimana wayoboye Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative byatangajwe imbere y’Urukiko

Next Post

Urwego rwo gukusanya imyanda rwungutse uburyo buzarufasha kurushaho gukorera neza Abaturarwanda

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rwo gukusanya imyanda rwungutse uburyo buzarufasha kurushaho gukorera neza Abaturarwanda

Urwego rwo gukusanya imyanda rwungutse uburyo buzarufasha kurushaho gukorera neza Abaturarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.