Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyitezwe mu muti wumvikanamo agashya uri kuvugutirwa ibibazo byo gutwara abagenzi

radiotv10by radiotv10
29/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Ibyitezwe mu muti wumvikanamo agashya uri kuvugutirwa ibibazo byo gutwara abagenzi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umujyi wa Kigali utangaje ko hari imihanda itatu igiye kujya ihabwa umwihariko wo kugendwamo n’imodoka zitwara abagenzi, impuguke mu bwikorezi, zagaragaje umusaruro zibyitezemo.

Iyi mihanda itatu igiye kuzajya igendwamo n’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange gusa mu masaha ya mu gitondo na nimugoroba, irimo uwo kuva mu mujyi rwagati (Central Business District)-Rwandex- Sonotubes-Giporoso, uzafatwa nk’uwigerageza.

Hari kandi umuhanda wa Central Business District-Kimironko, ndetse n’umuhanda wa Central Business District-Kicukiro.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa avuga kuri iyi gahunda, mu kiganiro na The New Times, yagize ati “Indi mihanda izakurikiraho. Kuri NST1 (gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi), dufite ibilometero 22 zizashyirwa muri iyi gahunda ariko bizakomeza kwiyongera.”

Iyi gahunda yo guha umwihariko ku modoka zitwara abagenzi mu masaha azateganywa, yitezweho kuhabanya igihe abagenzi bamaraga bategereje imodoka, kikava ku minota 30’ kikagera kuri 15’.

Alphonse Nkurunziza, umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda mu bijyanye n’igenamigambi mu by’ubwikorezi no mu myubakire y’ibikorwa remezo, aganira na The New Times dukesha iyi nkuru nka RADIOTV10, yavuze ko iyi gahunda izazamura urwego rwo gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali “kuko Bisi zizajya zibasha kugenda ku ngengabihe ihamye.” Kandi ntizikererezwe n’umuvundo w’imodoka mu muhanda.

Avuga ko ari iby’ingenzi kuko urwego rw’ubwikorezi no gutwara abagenzi, rufatiye runini ubuzima bwa benshi.

Ati “Ibaze kuba imodoka itwaye abantu 60 yatinzwa n’umuvundo kandi abo bantu bagiye mu kazi. Ibyo ntabwo ari ibintu byiza ku bukungu. Abantu bakeneye kugerera ku gihe aho bakorera kugira ngo babashe gutanga umusaruro.”

Yavuze kandi ko iyi gahunda izanatanga umusaruro mu zindi nzego, zirimo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere, kuko abakoresha imodoka zabo bwite, bazazireka bakajya bagenda n’imodoka za rusange kuko zizaba zibasha kubagereza igihe ku kazi. Ati “Iyo bisi zihuta, abantu benshi bifuza kugenda na zo.”

Chris Kost, inzobere mu bijyanye n’ubwikorezi akaba anakorana n’Ikigo mpuzamahanga mu bijyanye n’Iterambere ry’Ubwikorezi (Institute for Transportation and Development Policy ), akaba agikuriye muri Afurika, na we yavuze ko iyi gahunda izarushaho kunonza urwego rwo gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali.

Gusa avuga ko nubwo iyi gahunda ari nziza ariko “ni ngombwa ko umujyi wa Kigali unashyira mu bikorwa sisiteme yihutisha bisi (BRT/bus rapid transit) kugira ngo ntizitinde mu nzira.”

Iyi gahunda ya BRT, ni uburyo bwo ku rwego rwo hejuru isanzwe yifashishwa mu gutwara abagenzi mu Bihugu byateye imbere, aho bisi ndetse na gari ya moshi zitwara abagenzi, ziba zifite igihe zigomba kugendera, ku buryo hatabaho gutinda mu nzira.

Kuri ubu buryo, haba hari igihe runaka ibinyabiziga bitwara abagenzi, biba bigomba kuhagerera, bigahagarara bikuramo abagenzi cyangwa bibashyiramo.

Kost akomeza agira ati “BRT ituma habaho serivisi zinoze ku rwego rwo hejuru mu gutwara abagenzi ugereranyije n’uburyo busanzwe bwa bisi, ikanaha andi mahirwe imodoka z’abantu ku giti cyabo na moto. BRT kandi igira uruhare mu iterambere, ikanagabanya imiturire icucitse mu mujyi.”

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo iherutse gutangaza ko Umujyi wa Kigali witegura kubona bisi 100 nshya zizaza mu mpera z’uyu mwaka wa 2023, zizaba ari zimwe muri 305 zemejwe na Guverinoma y’u Rwanda.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Vital says:
    2 years ago

    None se ko mwavuze ngo kuva ku minota 30 ukagera kuri 15, ubundi koko nibyo? Iyo muvuga kuva ku isaha imwe byibuze! Ikindi ngo 2002!! Guberinoma!!!
    Ibihe byiza!

    Reply

Leave a Reply to Vital Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 1 =

Previous Post

Ibiregwa Prof Harelimana wayoboye Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative byatangajwe imbere y’Urukiko

Next Post

Urwego rwo gukusanya imyanda rwungutse uburyo buzarufasha kurushaho gukorera neza Abaturarwanda

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rwo gukusanya imyanda rwungutse uburyo buzarufasha kurushaho gukorera neza Abaturarwanda

Urwego rwo gukusanya imyanda rwungutse uburyo buzarufasha kurushaho gukorera neza Abaturarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.