Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiregwa Prof Harelimana wayoboye Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative byatangajwe imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
29/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibiregwa Prof Harelimana wayoboye Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative byatangajwe imbere y’Urukiko

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Prof Harelimana Jean Bosco wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative (RCA), ukurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha igitinyiro, yahakanye ibyaha akurikiranyweho, avuga ko bimwe muri byo bifite abandi babibazwa kuko byari mu nshingano zabo.

Ni mu rubanza ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo rwabaye kuri uyu wa Kane tariki 28 Nzeri 2023, mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, aho Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye zituma bwifuza ko abaregwa muri iyi dosiye bafungwa by’agateganyo iminsi 30.

Prof Harelimana aregwa hamwe n’Umukozi ushinzwe amasoko mu Kigo cy’Igihugu cy’Amakoperative, Hakizimana Clever ndetse n’uwari ushinzwe ububiko muri iki kigo, Gahongayire Liliane.

Prof Harelimana aregwa ibyaha birimo gukoresha igitinyiro, gufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti, urwango, ikimenyane cyangwa icyenewabo.

Ubushinjacyaha bugaragaza bimwe mu bikorwa bigize ibyaha bikekwa kuri Prof Harelimana, bwavuze ko hari abakozi babiri b’ikigo yayoboraga, bohereje mu butumwa bwo kujyana n’Ikigo gitegura ibizamini by’akazi k’abinjira muri iki kigo, bakifashishwa mu gutegura ibizamini kandi na bo bari abakandida.

Bwavuze ko byumvikana ko ntacyari kubabuza gutsindira imyanya bakoreragaho ibizamini. Buti “Icyavuyemo ni uko na bo batsinze kandi bafite amanota yo hejuru, nka 90.’’

Prof Harelimana agira icyo avuga kuri iki gikorwa kiri mu bigize ibyaha akekwaho, yavuze ko nubwo yari umuyobozi ariko atari we wari ufite inshingano zo gushyira mu myaka abakozi kandi ko atari no kubasha kumenya ko abo bakozi bari mu bazakora ibizamini.

Ati “Sinigeze menya ko abo bakozi bari mu bakandida bazakora ibyo bizamini. Icyo kigo cyatsindiye isoko muri RCA ubusanzwe gisaba DAF (Ushinzwe Imari) na HR (ushinzwe abakozi) ko bakorana.’’

Prof Harelimana wagaragazaga ko ibi ashinjwa, biba bifite ubishinzwe ku buryo ari we wabitangaho ibisobanuro birambuye.

Yagize ati “Umukozi ushinzwe Amasoko ni we ukurikirana ipiganwa rya ba rwiyemezamirimo. Iyo asabye ibisobanuro ni we ubitanga kugeza birangiye. Uyu mukozi ushinzwe amasoko twari tumaranye hafi imyaka itanu. Numva rwose yabisobanura, tukumva uko byakozwe.”

Ubushinjacyaha kandi bwanasobanuye ku cyaha cyo gufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti, urwango, ikimenyane cyangwa icyenewabo, buvuga ko hari amajwi yumvikanamo uyu wahoze ayora RCA yigamba ko muri iki kigo, afite ububasha bwo kuba uwo ashaka ari we uhabwa akazi.

Bwavuze ko ayo majwi yafashwe Prof Harelimana aganira n’Umukozi w’iki Kigo yayobora, amusaba ko uwo badashaka agomba kwirukanwa, kandi koko bamwe birukanywe.

Iki cyaha na cyo Prof Harelimana yagihakanye, avuga ko gishingiye ku inyerezwa ry’amafaranga yanyerejwe muri Koperative yitwa KIAKA, aho umukozi wayo yasabye ruswa ya miliyoni 22 Frw, bikaza kuvamo ibibazo byatumye havugwa ibyumvikana muri ayo majwi.

Ni mu gihe Hakizimana Clever we ashinjwa ibyaha birimo na we gutanga isoko rya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko, Gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro no gutanga inyungu zidafite ishingiro mu gihe cy’ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano.

Naho Gahongayire Liliane ashinjwa na we ibyaha birimo icyo gutanga inyungu zidafite ishingiro mu gihe cyo gushyira amasezerano. Bose bakaba baburana bahakana ibyaha bashinjwa.

Ubushinjacyaha buvuga ko hagendewe ku byagezweho mu iperereza nk’uko binagaragara muri Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2021-2022, bityo ko abaregwa, bakwiye gufungwa by’agateganyo.

Urukiko rwahise rupfundikira urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo, rwanzura ko ruzasomwa umwanzuro warwo mu cyumweru gitaha, tariki 03 Ukwakira 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 13 =

Previous Post

Igikekwa ku rupfu rw’abahungu babiri basanze bapfiriye mu nzu nyuma yo kwica urugi

Next Post

Ibyitezwe mu muti wumvikanamo agashya uri kuvugutirwa ibibazo byo gutwara abagenzi

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyitezwe mu muti wumvikanamo agashya uri kuvugutirwa ibibazo byo gutwara abagenzi

Ibyitezwe mu muti wumvikanamo agashya uri kuvugutirwa ibibazo byo gutwara abagenzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.