Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo Abaminisitiri bashinzwe ni ugukorera Abanyarwanda atari mu magambo gusa- Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
11/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Ibyo Abaminisitiri bashinzwe ni ugukorera Abanyarwanda atari mu magambo gusa- Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame ubwo yakiraga indahiro ya Minisitiri mushya w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana wasimbuye Gatabazi Jean Marie Vianney, yavuze ko inshingano z’Abaminisitiri n’abandi bayobozi, ari ugukorera Abanyarwanda, ariko mu bikorwa aho kuba mu magambo gusa.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Ugushyingo 2022 mu muhango w’irahira rya Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, washyizwe kuri uyu mwanya kuri uyu wa Kane.

Umukuru w’u Rwanda yashimiye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mushya kandi ko izi nshingano zo gukorera Abanyarwanda atari nshya kuri we.

Ati “Ibishya ni uko agiye ku rwego rw’Ubuminisitiri yari ashinzwe indi mirimo yo ku rundi rwego rutari urwo hejuru nk’urwa Minisitiri ariko inshingano zigana mu nzira imwe. Ni uko inshingano ziyongereye mu buremere gusa.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje yibutsa “Abaminisitiri ndetse n’abandi bayobozi ibyo bashinzwe ni ugukorera Abanyarwanda, ni ugukorera Igihugu bitari mu magambo gusa. Ngira ngo ahenshi bikwiye kuba bishingira ku bikorwa.”

Perezida Paul Kagame avuga kandi ko iri hame rinakubiye mu ndahiro irahirwa n’abayobozi yari imaze no kurahirwa n’uyu mushya winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda.

Ati “Birasobanutse icyo abantu bashinzwe, abantu bashobora guhitamo gusa kutabyuzuza nkuko bikwiye bakikorera ibyabo, icyo ni ikindi kibazo ariko ibijyanye n’inshingano bashinzwe ubundi birumvikana bihagije.”

Yakomeje avuga ko yizeye ko uyu muyobozi mushya winjiye muri Guverinoma yumva neza inshingano yahawe kandi ko yiteguye kuzuzuza.

Yibukije kandi ko ibyo abayobozi bakora byose bishingira ku baturage babereyeho, byumwihariko kuri Minisitiri mushya n’inshingano za Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Ati “Nta majyambere Igihugu cyacu cyageraho cyangwa n’ibindi Bihugu yagerwaho bidashingiye ku muturage, ibibagezwaho cyangwa se ibikorwa na bo n’ibitekerezo ubwabo bahaguruka bakagiramo uruhare.”

Umukuru w’u Rwanda yizeje uyu muyobozi mushya ko bagenzi be bazakorana na we mu kubahiriza inshingano ze ndetse n’iz’abandi bagenzi be bo mu nzego nkuru z’Igihugu.

RADIOTV10

Comments 1

  1. BIRUKUNDI Adrien says:
    3 years ago

    nibyo rwose,bakore bashire mubikorwa pee!,bareke iby’amagambo.

    Reply

Leave a Reply to BIRUKUNDI Adrien Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − seven =

Previous Post

Amakuru mashya kuri Sadio Mané asubiza agatima impembero Abanyafurika bakunda ruhago

Next Post

Huye: Basigaye bajya ku Kagari basenga ngo ntibasange hafunze

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

Huye: Basigaye bajya ku Kagari basenga ngo ntibasange hafunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.