Friday, August 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo babwiwe n’ubuyobozi bubaziza kuvugana n’itangazamakuru byarabatunguye binabashyira mu rujijo

radiotv10by radiotv10
09/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo babwiwe n’ubuyobozi bubaziza kuvugana n’itangazamakuru byarabatunguye binabashyira mu rujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, baravuga ko nyuma yuko babwiye itangazamakuru ibibazo bafite, ubuyobozi kuva ku Mudugudu kugeza ku Murenge, bwabijunditse bubabwira ko nta serivisi bazongera guhabwa, ndetse ko n’amafoto y’abavugishije itangazamakuru bose ahari ku buryo bazwi.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Nyesonga mu Kagari ka Butantsinda mu Murenge wa Kigoma, bavuga ko byaturutse ku bibazo binyuranye bagaragarije itangazamakuru birimo inzu zabo zangijwe n’ibikorwa bya Kompanyi y’ubwubatsi ya Horizon.

Bavuga ko icyakurikiye kubwira itangazamakuru ibyo bibazo, ari uko ubuyobozi guhera ku Mudugudu bwabarakariye ndetse bukababwira ko butazongera kubaha serivisi.

Umwe utifuje ko umwirondoro we utangazwa, yagize ati “Nyuma yuko itangazamakuru rije mu Mudugudu wacu wa Nyesonga mu Kagari ka Butansinda mu Murenge wa Kigoma tukavuga ibibazo by’inzu zacu zisenywa n’intambyi zituritswa na Kompanyi ya Horizon icukura amabuye yo kubaka imihanda ndetse tukanagaragaza n’ibindi bibazo bitandukanye dufite, abayobozi guhera ku Mudugudu, Akagari ndetse no ku Murenge batubwiye ko amakuru twatanze agomba kudukoraho ngo twasebeje Umurenge n’Akarere.”

Undi ati “Ubu ntabwo tworohewe kuko iyo uvuze barakubwira ngo jya kubaza abanyamakuru bagukemurire ibibazo. Duherutse no kubwirwa n’Umuyobozi w’Umurenge wa Kigoma ko amafoto yacu y’abavuganye n’itangazamakuru ari ku Murenge uzajya aza kubaza serivise bazajya babanza barebe ko ari kuri ayo mafoto abone guhabwa servise.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigoma, Cyambali Jean Pierre ushyirwa mu majwi n’aba baturage yirinze kugira icyo avuga kuri ibi avugwaho n’abo ayobora.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda yizeza aba baturage ko  nta mpungenge bagomba kugira bitewe nuko batanze amakuru, kuko gutanga amakuru ari uburenganzira bwabo.

Ati “Nta n’ubwo kuvugana n’itangazamakuru ari ikosa kuko nakora ikosa avugana n’itangazamakuru hari amategeko abigenga. Kumva ngo umuntu afite impungenge kuko yavuganye n’itangazamakuru ntacyo bazaba ibyo bafitiye uburenganzira bazabibona, ntawuzabafunga.”

Uyu muyobozi kandi avuga ko bimwe mu bibazo aba baturage bari bagaragarije, ubuyobozi bubizi kandi ko biri gushakirwa ibisubizo.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 14 =

Previous Post

Marburg yishe undi muntu mu Rwanda, abakize bariyongera

Next Post

Muri Kenya zishobora guhindura imirishyo Visi Perezida w’Igihugu akeguzwa

Related Posts

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

IZIHERUKA

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports
FOOTBALL

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports

by radiotv10
01/08/2025
0

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

01/08/2025
Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

01/08/2025
Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Kenya zishobora guhindura imirishyo Visi Perezida w’Igihugu akeguzwa

Muri Kenya zishobora guhindura imirishyo Visi Perezida w'Igihugu akeguzwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.