Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo babwiwe n’ubuyobozi bubaziza kuvugana n’itangazamakuru byarabatunguye binabashyira mu rujijo

radiotv10by radiotv10
09/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo babwiwe n’ubuyobozi bubaziza kuvugana n’itangazamakuru byarabatunguye binabashyira mu rujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, baravuga ko nyuma yuko babwiye itangazamakuru ibibazo bafite, ubuyobozi kuva ku Mudugudu kugeza ku Murenge, bwabijunditse bubabwira ko nta serivisi bazongera guhabwa, ndetse ko n’amafoto y’abavugishije itangazamakuru bose ahari ku buryo bazwi.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Nyesonga mu Kagari ka Butantsinda mu Murenge wa Kigoma, bavuga ko byaturutse ku bibazo binyuranye bagaragarije itangazamakuru birimo inzu zabo zangijwe n’ibikorwa bya Kompanyi y’ubwubatsi ya Horizon.

Bavuga ko icyakurikiye kubwira itangazamakuru ibyo bibazo, ari uko ubuyobozi guhera ku Mudugudu bwabarakariye ndetse bukababwira ko butazongera kubaha serivisi.

Umwe utifuje ko umwirondoro we utangazwa, yagize ati “Nyuma yuko itangazamakuru rije mu Mudugudu wacu wa Nyesonga mu Kagari ka Butansinda mu Murenge wa Kigoma tukavuga ibibazo by’inzu zacu zisenywa n’intambyi zituritswa na Kompanyi ya Horizon icukura amabuye yo kubaka imihanda ndetse tukanagaragaza n’ibindi bibazo bitandukanye dufite, abayobozi guhera ku Mudugudu, Akagari ndetse no ku Murenge batubwiye ko amakuru twatanze agomba kudukoraho ngo twasebeje Umurenge n’Akarere.”

Undi ati “Ubu ntabwo tworohewe kuko iyo uvuze barakubwira ngo jya kubaza abanyamakuru bagukemurire ibibazo. Duherutse no kubwirwa n’Umuyobozi w’Umurenge wa Kigoma ko amafoto yacu y’abavuganye n’itangazamakuru ari ku Murenge uzajya aza kubaza serivise bazajya babanza barebe ko ari kuri ayo mafoto abone guhabwa servise.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigoma, Cyambali Jean Pierre ushyirwa mu majwi n’aba baturage yirinze kugira icyo avuga kuri ibi avugwaho n’abo ayobora.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda yizeza aba baturage ko  nta mpungenge bagomba kugira bitewe nuko batanze amakuru, kuko gutanga amakuru ari uburenganzira bwabo.

Ati “Nta n’ubwo kuvugana n’itangazamakuru ari ikosa kuko nakora ikosa avugana n’itangazamakuru hari amategeko abigenga. Kumva ngo umuntu afite impungenge kuko yavuganye n’itangazamakuru ntacyo bazaba ibyo bafitiye uburenganzira bazabibona, ntawuzabafunga.”

Uyu muyobozi kandi avuga ko bimwe mu bibazo aba baturage bari bagaragarije, ubuyobozi bubizi kandi ko biri gushakirwa ibisubizo.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 6 =

Previous Post

Marburg yishe undi muntu mu Rwanda, abakize bariyongera

Next Post

Muri Kenya zishobora guhindura imirishyo Visi Perezida w’Igihugu akeguzwa

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Kenya zishobora guhindura imirishyo Visi Perezida w’Igihugu akeguzwa

Muri Kenya zishobora guhindura imirishyo Visi Perezida w'Igihugu akeguzwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.