Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo babwiwe n’ubuyobozi bubaziza kuvugana n’itangazamakuru byarabatunguye binabashyira mu rujijo

radiotv10by radiotv10
09/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo babwiwe n’ubuyobozi bubaziza kuvugana n’itangazamakuru byarabatunguye binabashyira mu rujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, baravuga ko nyuma yuko babwiye itangazamakuru ibibazo bafite, ubuyobozi kuva ku Mudugudu kugeza ku Murenge, bwabijunditse bubabwira ko nta serivisi bazongera guhabwa, ndetse ko n’amafoto y’abavugishije itangazamakuru bose ahari ku buryo bazwi.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Nyesonga mu Kagari ka Butantsinda mu Murenge wa Kigoma, bavuga ko byaturutse ku bibazo binyuranye bagaragarije itangazamakuru birimo inzu zabo zangijwe n’ibikorwa bya Kompanyi y’ubwubatsi ya Horizon.

Bavuga ko icyakurikiye kubwira itangazamakuru ibyo bibazo, ari uko ubuyobozi guhera ku Mudugudu bwabarakariye ndetse bukababwira ko butazongera kubaha serivisi.

Umwe utifuje ko umwirondoro we utangazwa, yagize ati “Nyuma yuko itangazamakuru rije mu Mudugudu wacu wa Nyesonga mu Kagari ka Butansinda mu Murenge wa Kigoma tukavuga ibibazo by’inzu zacu zisenywa n’intambyi zituritswa na Kompanyi ya Horizon icukura amabuye yo kubaka imihanda ndetse tukanagaragaza n’ibindi bibazo bitandukanye dufite, abayobozi guhera ku Mudugudu, Akagari ndetse no ku Murenge batubwiye ko amakuru twatanze agomba kudukoraho ngo twasebeje Umurenge n’Akarere.”

Undi ati “Ubu ntabwo tworohewe kuko iyo uvuze barakubwira ngo jya kubaza abanyamakuru bagukemurire ibibazo. Duherutse no kubwirwa n’Umuyobozi w’Umurenge wa Kigoma ko amafoto yacu y’abavuganye n’itangazamakuru ari ku Murenge uzajya aza kubaza serivise bazajya babanza barebe ko ari kuri ayo mafoto abone guhabwa servise.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigoma, Cyambali Jean Pierre ushyirwa mu majwi n’aba baturage yirinze kugira icyo avuga kuri ibi avugwaho n’abo ayobora.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda yizeza aba baturage ko  nta mpungenge bagomba kugira bitewe nuko batanze amakuru, kuko gutanga amakuru ari uburenganzira bwabo.

Ati “Nta n’ubwo kuvugana n’itangazamakuru ari ikosa kuko nakora ikosa avugana n’itangazamakuru hari amategeko abigenga. Kumva ngo umuntu afite impungenge kuko yavuganye n’itangazamakuru ntacyo bazaba ibyo bafitiye uburenganzira bazabibona, ntawuzabafunga.”

Uyu muyobozi kandi avuga ko bimwe mu bibazo aba baturage bari bagaragarije, ubuyobozi bubizi kandi ko biri gushakirwa ibisubizo.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − four =

Previous Post

Marburg yishe undi muntu mu Rwanda, abakize bariyongera

Next Post

Muri Kenya zishobora guhindura imirishyo Visi Perezida w’Igihugu akeguzwa

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Kenya zishobora guhindura imirishyo Visi Perezida w’Igihugu akeguzwa

Muri Kenya zishobora guhindura imirishyo Visi Perezida w'Igihugu akeguzwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.