Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyo kuzirikana biri muri Rayon binashobora kugena umusaruro uzava mu mukino utegerejwe na benshi

radiotv10by radiotv10
05/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibyo kuzirikana biri muri Rayon binashobora kugena umusaruro uzava mu mukino utegerejwe na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Harabura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo abakunzi ba ruhago mu Rwanda birebere umukino bamaze igihe bategereje uzahuza Rayon na mucyeba wayo APR FC, gusa imwe muri aya makipe iri mu bihe bitayoroheye ndetse bishobora kuyigiraho ingaruka mu musaruro w’uyu mukino.

Rayon Sports iri mu bihe bitayoroheye byo kubura intsinzi, byiyongereyeho n’isezera ry’uwari umutoza wungirije, aho benshi bahamya ko ibi bibazo bishobora kugira ingaruka ku musaruro w’iyi kipe yitegura Derby y’amateka izaba mu mpera z’iki cyumweru.

Nubwo iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona, ikipe ya Rayon Sports imaze gutsinda imikino itatu (3) mu icyenda (9) yikurikiranya imaze gukina mu marushanwa yose.

Bijya gutangira hari ku munsi wa nyuma w’imikino ya shampiyona ubwo iyi kipe yambara ubururu n’umweru yatsindwaga na Mukura VS ibitego 2-1.

Umukino wakurikiyeho mu irushanwa ry’Intwari, Rayon yanganyije na Police FC, gusa isezererwa kuri Penaliti. Yakurikijeho Musanze banganya 2-2, itsinda Rutsiro mu mukino ubanza n’uwo kwishyura mu gikombe cy’Amahoro, irongera itsinda Kiyovu 2-1, inganya n’Amagaju, irongera inganya na Gorilla mu gikombe cy’Amahoro ndetse muri weekend iheruka, yanganyije na Gasogi United 0-0.

 

Imvune nk’imwe mu mpamvu muzi w’umusaruro udashimishije

Uyu musaruro udashimishije uri kugaragara muri Rayon Sports muri iyi minsi, hari ababihuza no kuba iyi kipe yaragiye itakaza bamwe ba bakinnyi bayo b’inkingi nyamwamba, ibi bikaba mu bihe bitandukanye.

Rutahizamu Fall Ngagne umaze gutsinda hafi 1/2 cy’ibitego Rayon imaze gutsinda muri shampiyona (13 mu mikino 14) akaba anayoboye abandi mu bitego muri shampiyona, ubu yaravunitse ndetse yabazwe mu ivi ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, imikino 2 iheruka ntiyayikinnye yanabwiwe ko atazongera gukina muri uyu mwaka w’imikino.

Kapiteni w’iyi kipe, Muhire Kevin na we umaze gutanga imipira myinshi ivamo ibitego muri Rayon no muri shampiyona, amaze iminsi yaravunitse ndetse amaze gusiba imikino itanu (5) muri iyi saison, harimo n’itatu yikurikiranya iheruka.

Rayon Sports kandi imaze iminsi ikina idafite Youssou Diagne wari waravunitse, Souleymane Daffé na we wari waragize ikibazo cy’imvune hakiyongeraho n’abandi bakinnyi bagiye bavunika hagati muri saison nka Aimable Nsabimana, Ombolenda Fitina na Roger Kanamugire.

 

Gusezera k’umwe mu batoza, icyuho mu butoza

Muri ibi bihe Rayon Sports irimo kandi, iherutse no gutandukana na Quannane SELLAMI, Umunya-Tunisie wari usanzwe ari Umutoza wungirije.

Sellami yatandukanye na Rayon ku kibazo we avuga ko ari uburwayi bw’umuryango we, ariko akanashinja ubuyobozi bwa Rayon Sports ko butamuhembera ku gihe, imbarutso ikaba yarabaye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ubwo hahembwaga abakinnyi gusa, abatoza bo ntibahembwe.

Abakurikiranira hafi imitoreze ya Rayon Sports, bahamya ko uyu Sellami ari we wakoreshaga imyitozo myinshi abakinnyi, ndetse akanagira ijambo ku byemezo byo gusimbuza ku mikino bakinaga.

Icyakora nubwo ibi byose biba, Ubuyobozi bw’iyi kipe nabwo bushinjwa kuba butakigaragaza imbaraga nyinshi mu kwegera abakinnyi no kubatera akanyabugabo bihagije mu gihe bategura imikino, ibi bikiyongeraho ko ku isoko ryo muri Mutarama, Abakinnyi baguzwe bataragaragaza ko bashoboye aho kugeza ubu muri ba baje, umwe wenyine (Souleymane Daffé) ari we ugaragaza ubushobozi bwo gufasha ikipe.

Iki cyumweru kuri Rayon Sports gihishe byinshi ku mwaka wayo w’imikino, haba mu gikombe cy’Amahoro ndetse ikaba ishobora no gutakaza umwanya wa mbere muri shampiyona.

Rayon Sports yitegura Derby ya APR FC ku Cyumweru, ubu iracyayoboye shampiyona n’amanota 42, aho irusha APR ya kabiri amanota 2.

Mu gikombe cy’amahoro, kuri uyu wa 4, izasura Gorilla mu mukino wa 1/4 wo kwishyura, dore ko umukino ubanza warangiye ari ibitego 2-2.

Imvune ya Fall Ngagne ishobora guca intege iyi kipe
Isezera rya Quannane SELLAMI na ryo rishobora kugira ingaruka zitari nziza
Ubuyobozi bwa Rayon na bwo buravugwaho kutaba hafi bihagije abakinnyi

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Itsinda rya RDF riyobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka riri muri Centrafrique

Next Post

Ukraine yavuze uko igiye kwitwara nyuma yuko America iyihagarikiye inkunga ya Gisirikare

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukraine yavuze uko igiye kwitwara nyuma yuko America iyihagarikiye inkunga ya Gisirikare

Ukraine yavuze uko igiye kwitwara nyuma yuko America iyihagarikiye inkunga ya Gisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.