Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo Minisitiri wo mu Bwongereza yavuze ku wo mu Rwanda byatumye hasabwa ibisobanuro

radiotv10by radiotv10
27/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyo Minisitiri wo mu Bwongereza yavuze ku wo mu Rwanda byatumye hasabwa ibisobanuro
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire, yavuze ko Guverinoma y’u Bwongereza igomba kuzatanga ibisobanuro ku byatangajwe na Minisitiri w’iki Gihugu ushinzwe Afurika, Collins of Highbury; wamuzanye mu by’impfu z’Abakristu b’Abanyekongo 70 bikekwa ko bishwe na ADF.

Ni nyuma yuko aya magambo atangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Gashyantare 2025, ubwo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Afurika muri Guverinoma y’u Bwongereza yabazwaga ku mpfu z’Abakristu 70 biciwe mu rusengero roherereye muri Teritwari ya Lubero mu Ntara ya Kivu ya Ruguru mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubwo Collins of Highbury yari imbere y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, yabajijwe niba hari amakuru afite kuri izi mpfu, asubiza azanamo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Ni ikibazo cyari kibajijwe na David Alton, umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, wavuze ko ibyabaye muri kariya gace bibabaje, kandi ko ari ibyaha bikwiye kuryozwa ababikoze kandi ko bigomba kumenyeshwa Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaba ICC n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Mu gusubiza, Collins of Highbury; yavuze ko ibyaha bikorerwa hariya bikorwaho iperereza. Ati “Ikindi kandi ubwo nahuraga na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda muri iki gitondo, yahakanye ibyo byaha byose biri kuba.”

Minisitiri Olivier Nduhungirehe, yavuze ko ibi byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Guverinoma y’u Bwongereza ushinzwe Afurika, Collins of Highbury, byuzuye amakuru ayobya, kandi byumvikanamo ubujuji bukabije.

Yagize ati “Uru rwego rw’ubujiji, urujijo n’amakuru ayobya byagaragajwe na Collins of Highbury, Minisitiri ushinzwe Afurika, ni ukwandagaza kandi ntibishobora kwihanganirwa.”

Minisitiri Nduhungirehe, yakomeje avuga ko bitumvikana kuba uyu umwe mu bagize Guverinoma y’u Bwongereza, yihandagaza akavuga ibi akamuzanamo, ku mfu za bariya Bakristu 70 bicishijwe imihoro n’inyundo bikozwe n’Umutwe w’iterabwoba wa ADF usanzwe ugizwe n’abarwanyi barwanya ubutegetsi bwa Uganda bafite ibirindiro muri Congo bakaba bakorana n’Umutwe w’Iterabwoba wa ISIS.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yakomeje agira ati “Guverinoma y’u Bwongereza igomba kuzatanga ibisobanuro ku mugaragaro kuri ibi.”

Aba bakristu 70 biciwe mu gace ka Kasanga muri Teritwari ya Lubero, bikekwa ko bivuganywe n’umutwe wa ADF tariki 13 Gashyantare 2025 ubwo wabanzaga gusanga abagera muri 20 bo mu gace ka Mayba, ubundi ukababoha, nyuma ukaza gufata abandi 50, ukaza kubica bose.

Minisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yavuze ibyatumye Guverinoma y’u Rwanda isaba ibisobanuro iy’iki Gihugu
Nduhungirehe yavuze ko ibyatangajwe na Collins of Highbury byuzeyemo amakuru ayobya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 19 =

Previous Post

Icyatumye umukinnyi w’u Rwanda uri muri TourDuRwanda akora ibitavuzweho rumwe yagisobanuye

Next Post

TdRwanda 2025: Umufaransa yegukanye Etape 4, Abanyarwanda batatu baza mu 10 ba mbere

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRwanda 2025: Umufaransa yegukanye Etape 4, Abanyarwanda batatu baza mu 10 ba mbere

TdRwanda 2025: Umufaransa yegukanye Etape 4, Abanyarwanda batatu baza mu 10 ba mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.