Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo Minisitiri wo mu Bwongereza yavuze ku wo mu Rwanda byatumye hasabwa ibisobanuro

radiotv10by radiotv10
27/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyo Minisitiri wo mu Bwongereza yavuze ku wo mu Rwanda byatumye hasabwa ibisobanuro
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire, yavuze ko Guverinoma y’u Bwongereza igomba kuzatanga ibisobanuro ku byatangajwe na Minisitiri w’iki Gihugu ushinzwe Afurika, Collins of Highbury; wamuzanye mu by’impfu z’Abakristu b’Abanyekongo 70 bikekwa ko bishwe na ADF.

Ni nyuma yuko aya magambo atangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Gashyantare 2025, ubwo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Afurika muri Guverinoma y’u Bwongereza yabazwaga ku mpfu z’Abakristu 70 biciwe mu rusengero roherereye muri Teritwari ya Lubero mu Ntara ya Kivu ya Ruguru mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubwo Collins of Highbury yari imbere y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, yabajijwe niba hari amakuru afite kuri izi mpfu, asubiza azanamo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Ni ikibazo cyari kibajijwe na David Alton, umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, wavuze ko ibyabaye muri kariya gace bibabaje, kandi ko ari ibyaha bikwiye kuryozwa ababikoze kandi ko bigomba kumenyeshwa Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaba ICC n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Mu gusubiza, Collins of Highbury; yavuze ko ibyaha bikorerwa hariya bikorwaho iperereza. Ati “Ikindi kandi ubwo nahuraga na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda muri iki gitondo, yahakanye ibyo byaha byose biri kuba.”

Minisitiri Olivier Nduhungirehe, yavuze ko ibi byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Guverinoma y’u Bwongereza ushinzwe Afurika, Collins of Highbury, byuzuye amakuru ayobya, kandi byumvikanamo ubujuji bukabije.

Yagize ati “Uru rwego rw’ubujiji, urujijo n’amakuru ayobya byagaragajwe na Collins of Highbury, Minisitiri ushinzwe Afurika, ni ukwandagaza kandi ntibishobora kwihanganirwa.”

Minisitiri Nduhungirehe, yakomeje avuga ko bitumvikana kuba uyu umwe mu bagize Guverinoma y’u Bwongereza, yihandagaza akavuga ibi akamuzanamo, ku mfu za bariya Bakristu 70 bicishijwe imihoro n’inyundo bikozwe n’Umutwe w’iterabwoba wa ADF usanzwe ugizwe n’abarwanyi barwanya ubutegetsi bwa Uganda bafite ibirindiro muri Congo bakaba bakorana n’Umutwe w’Iterabwoba wa ISIS.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yakomeje agira ati “Guverinoma y’u Bwongereza igomba kuzatanga ibisobanuro ku mugaragaro kuri ibi.”

Aba bakristu 70 biciwe mu gace ka Kasanga muri Teritwari ya Lubero, bikekwa ko bivuganywe n’umutwe wa ADF tariki 13 Gashyantare 2025 ubwo wabanzaga gusanga abagera muri 20 bo mu gace ka Mayba, ubundi ukababoha, nyuma ukaza gufata abandi 50, ukaza kubica bose.

Minisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yavuze ibyatumye Guverinoma y’u Rwanda isaba ibisobanuro iy’iki Gihugu
Nduhungirehe yavuze ko ibyatangajwe na Collins of Highbury byuzeyemo amakuru ayobya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 13 =

Previous Post

Icyatumye umukinnyi w’u Rwanda uri muri TourDuRwanda akora ibitavuzweho rumwe yagisobanuye

Next Post

TdRwanda 2025: Umufaransa yegukanye Etape 4, Abanyarwanda batatu baza mu 10 ba mbere

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRwanda 2025: Umufaransa yegukanye Etape 4, Abanyarwanda batatu baza mu 10 ba mbere

TdRwanda 2025: Umufaransa yegukanye Etape 4, Abanyarwanda batatu baza mu 10 ba mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.