Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo Minisitiri wo mu Bwongereza yavuze ku wo mu Rwanda byatumye hasabwa ibisobanuro

radiotv10by radiotv10
27/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyo Minisitiri wo mu Bwongereza yavuze ku wo mu Rwanda byatumye hasabwa ibisobanuro
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire, yavuze ko Guverinoma y’u Bwongereza igomba kuzatanga ibisobanuro ku byatangajwe na Minisitiri w’iki Gihugu ushinzwe Afurika, Collins of Highbury; wamuzanye mu by’impfu z’Abakristu b’Abanyekongo 70 bikekwa ko bishwe na ADF.

Ni nyuma yuko aya magambo atangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Gashyantare 2025, ubwo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Afurika muri Guverinoma y’u Bwongereza yabazwaga ku mpfu z’Abakristu 70 biciwe mu rusengero roherereye muri Teritwari ya Lubero mu Ntara ya Kivu ya Ruguru mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubwo Collins of Highbury yari imbere y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, yabajijwe niba hari amakuru afite kuri izi mpfu, asubiza azanamo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Ni ikibazo cyari kibajijwe na David Alton, umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, wavuze ko ibyabaye muri kariya gace bibabaje, kandi ko ari ibyaha bikwiye kuryozwa ababikoze kandi ko bigomba kumenyeshwa Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaba ICC n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Mu gusubiza, Collins of Highbury; yavuze ko ibyaha bikorerwa hariya bikorwaho iperereza. Ati “Ikindi kandi ubwo nahuraga na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda muri iki gitondo, yahakanye ibyo byaha byose biri kuba.”

Minisitiri Olivier Nduhungirehe, yavuze ko ibi byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Guverinoma y’u Bwongereza ushinzwe Afurika, Collins of Highbury, byuzuye amakuru ayobya, kandi byumvikanamo ubujuji bukabije.

Yagize ati “Uru rwego rw’ubujiji, urujijo n’amakuru ayobya byagaragajwe na Collins of Highbury, Minisitiri ushinzwe Afurika, ni ukwandagaza kandi ntibishobora kwihanganirwa.”

Minisitiri Nduhungirehe, yakomeje avuga ko bitumvikana kuba uyu umwe mu bagize Guverinoma y’u Bwongereza, yihandagaza akavuga ibi akamuzanamo, ku mfu za bariya Bakristu 70 bicishijwe imihoro n’inyundo bikozwe n’Umutwe w’iterabwoba wa ADF usanzwe ugizwe n’abarwanyi barwanya ubutegetsi bwa Uganda bafite ibirindiro muri Congo bakaba bakorana n’Umutwe w’Iterabwoba wa ISIS.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yakomeje agira ati “Guverinoma y’u Bwongereza igomba kuzatanga ibisobanuro ku mugaragaro kuri ibi.”

Aba bakristu 70 biciwe mu gace ka Kasanga muri Teritwari ya Lubero, bikekwa ko bivuganywe n’umutwe wa ADF tariki 13 Gashyantare 2025 ubwo wabanzaga gusanga abagera muri 20 bo mu gace ka Mayba, ubundi ukababoha, nyuma ukaza gufata abandi 50, ukaza kubica bose.

Minisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yavuze ibyatumye Guverinoma y’u Rwanda isaba ibisobanuro iy’iki Gihugu
Nduhungirehe yavuze ko ibyatangajwe na Collins of Highbury byuzeyemo amakuru ayobya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Icyatumye umukinnyi w’u Rwanda uri muri TourDuRwanda akora ibitavuzweho rumwe yagisobanuye

Next Post

TdRwanda 2025: Umufaransa yegukanye Etape 4, Abanyarwanda batatu baza mu 10 ba mbere

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRwanda 2025: Umufaransa yegukanye Etape 4, Abanyarwanda batatu baza mu 10 ba mbere

TdRwanda 2025: Umufaransa yegukanye Etape 4, Abanyarwanda batatu baza mu 10 ba mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.