Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo muri Congo byatumye hatumizwa inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu

radiotv10by radiotv10
04/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibyo muri Congo byatumye hatumizwa inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) barahurira mu nama idasanzwe yiga ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni inama yatumijwe na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, unayoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, mu itangazo washyize hanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Gashyantare 2023, rivuga ko iyi nama iteganyijwe uyu munsi ku wa Gatandatu tariki 04 Gashyantare 2023, i Bujumbura mu Burundi.

EAC ivuga ko iyi nteko idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu ya 20 yigirwamo “Gusuzuma ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no kureba icyakorwa.”

Ni inama igiye kuba mu gihe ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Congo bikomeje kuba agatereranzamba biturutse ku kuba harabayeho kutubahiriza imyanzuro yagiye ifatirwa mu nama zitandukanye zabaye zirimo izabereye i Nairobi muri Kenya n’i Luanda muri Angola.

Mu nama yabereye i Luanda muri Angola tariki 23 Ugushyingo 2022, Abakuru b’Ibihugu bemeje ko hahagarikwa imirwano ku mpande zombi hagati ya FARDC na M23, ndetse n’imitwe yose yaba ikomoka muri DRC n’ikomoka hanze, igashyira hasi intwaro.

Umutwe wa M23 kandi wasabwe kurekura ibice byose wafashe, ugasubira mu birindiro byawo muri Sabyinyo, bigakorwa ku bugenzuzi bw’ingabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Imitwe ikomoka hanze y’iki Gihugu yasabwe gutahuka, naho ikomoka muri Congo yo isabwa kugirana ibiganiro na Guverinoma yayo, ikagaragaza icyo irwanira.

Kuva icyo gihe, umutwe wa M23 ni wo wagerageje kubahiriza imyanzuro yawurebaga kuko yarekuye bimwe mu bice wari warafashe ubishyikiriza ingabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Gusa nanone uyu mutwe wakunze kuvuga ko FARDC yo yagiye ibirengaho ikawugabaho ibitero, byanatumye uyu mutwe wongera kurwana ndetse wongera gufata ibindi bice birimo umujyi wa Kitshanga uherutse gufata.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + seven =

Previous Post

Ifoto y’Umunyamakurukazi ukunzwe cyane n’abana be bifunze gikomando yazamuye amarangamutima ya benshi

Next Post

Perezida Kagame utaherukaga i Burundi yagezeyo yitabiriye inama yigirwamo ibya Congo

Related Posts

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

by radiotv10
05/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yongeye kugaragaza ko Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC...

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Ikibuga cy’Indege cya Bruxelles cyari cyahagaritse ibikorwa kubera impungenge z’umutekano zatewe n’indege zitagira abapilote (Drones) bitazwi aho zaturutse zahazengurutse, cyasubukuye...

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

by radiotv10
05/11/2025
0

The Banyamulenge people, together with other ethnic groups including the Babembe, Bapfuru, Bashi, and others living in Minembwe in the...

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

by radiotv10
05/11/2025
0

Perezida Xi Jinping w'u Bushinwa yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Burusiya, Mikhail Mishustin; yizeza gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi. Kuri...

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

by radiotv10
04/11/2025
0

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga...

IZIHERUKA

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura
AMAHANGA

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

by radiotv10
05/11/2025
0

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

05/11/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame utaherukaga i Burundi yagezeyo yitabiriye inama yigirwamo ibya Congo

Perezida Kagame utaherukaga i Burundi yagezeyo yitabiriye inama yigirwamo ibya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.