Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo muri Congo byatumye hatumizwa inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu

radiotv10by radiotv10
04/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibyo muri Congo byatumye hatumizwa inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) barahurira mu nama idasanzwe yiga ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni inama yatumijwe na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, unayoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, mu itangazo washyize hanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Gashyantare 2023, rivuga ko iyi nama iteganyijwe uyu munsi ku wa Gatandatu tariki 04 Gashyantare 2023, i Bujumbura mu Burundi.

EAC ivuga ko iyi nteko idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu ya 20 yigirwamo “Gusuzuma ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no kureba icyakorwa.”

Ni inama igiye kuba mu gihe ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Congo bikomeje kuba agatereranzamba biturutse ku kuba harabayeho kutubahiriza imyanzuro yagiye ifatirwa mu nama zitandukanye zabaye zirimo izabereye i Nairobi muri Kenya n’i Luanda muri Angola.

Mu nama yabereye i Luanda muri Angola tariki 23 Ugushyingo 2022, Abakuru b’Ibihugu bemeje ko hahagarikwa imirwano ku mpande zombi hagati ya FARDC na M23, ndetse n’imitwe yose yaba ikomoka muri DRC n’ikomoka hanze, igashyira hasi intwaro.

Umutwe wa M23 kandi wasabwe kurekura ibice byose wafashe, ugasubira mu birindiro byawo muri Sabyinyo, bigakorwa ku bugenzuzi bw’ingabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Imitwe ikomoka hanze y’iki Gihugu yasabwe gutahuka, naho ikomoka muri Congo yo isabwa kugirana ibiganiro na Guverinoma yayo, ikagaragaza icyo irwanira.

Kuva icyo gihe, umutwe wa M23 ni wo wagerageje kubahiriza imyanzuro yawurebaga kuko yarekuye bimwe mu bice wari warafashe ubishyikiriza ingabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Gusa nanone uyu mutwe wakunze kuvuga ko FARDC yo yagiye ibirengaho ikawugabaho ibitero, byanatumye uyu mutwe wongera kurwana ndetse wongera gufata ibindi bice birimo umujyi wa Kitshanga uherutse gufata.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Ifoto y’Umunyamakurukazi ukunzwe cyane n’abana be bifunze gikomando yazamuye amarangamutima ya benshi

Next Post

Perezida Kagame utaherukaga i Burundi yagezeyo yitabiriye inama yigirwamo ibya Congo

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame utaherukaga i Burundi yagezeyo yitabiriye inama yigirwamo ibya Congo

Perezida Kagame utaherukaga i Burundi yagezeyo yitabiriye inama yigirwamo ibya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.