Monday, August 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo wamenya ku kwagura Ibitaro bikomeye mu Rwanda bigiye gukuba gatatu ubushobozi bw’ababivurirwamo

radiotv10by radiotv10
22/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo wamenya ku kwagura Ibitaro bikomeye mu Rwanda bigiye gukuba gatatu ubushobozi bw’ababivurirwamo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ibitaro Byitiriwe Umwami Faisal burateganya kubyagura yaba mu nyubako ndetse na serivisi zihatangirwa, ku buryo mu myaka 25 iri imbere bizaba bifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi 600 babirwariramo bavuye ku 167.

Ni gahunda y’igihe kirere izakorwa kugeza mu mwaka wa 2050, yo kwagura ibi Bitaro ndetse na serivisi bitanga, zaba ari iz’ubuvuzi bwo kubaga ndetse n’ubundi buvuzi bwihariye.

Imwe muri serivisi ziza ku isonga mu zizagurwa, ni ishami rishinzwe ubuvuzi bw’indwara ya Cancer, buzakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho mu buvuzi rya radiotherapy.

Nanone kandi hazatangizwa ubuvuzi bwihariye mu kwita ku bagize impanuka ndetse n’izindi serivisi zo gutanga ubutabazi bwihuse.

Undi mushinga uteganywa muri ibi Bitaro, ni agashami kazaba gashinzwe kuvura indwara y’iturika ry’imitsi yo mu bwonko (Stroke), kuvura uruti rw’umugongo ndetse n’ubuvuzi bw’imitsi, ndetse hakazanagurwa serivisi z’ubuvuzi bw’indwara z’umutima, hakaba serivisi zo kubaga umutima ndetse na operasiyo zikorwa ku magufwa.

Ibi Bitaro kandi bizanatangiza uburyo bugezweho bwo kubaga hakoreshejwe ikoranabuhanga nk’irya Robot ndetse no kubaga hasatuwe umwanya muto cyane, ndetse n’izindi serivisi zo kubaga zigezweho zirimo izo guhindura ibice by’umubiri bizwi nka plastic surgery. Mu buvuzi bwa Cancer, hazashyirwamo ikoranabuhanga rikomeye ririmo iryo gusuzuma rizwi nka PET scan.

Umubare w’abarwayi bashobora kuvurirwa muri ibi Bitaro bahacumbikiwe, uzagera kuri 600 hatabariwemo abazaba bari kwitabwaho mu buryo bwihariye.

Nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’ibi Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal, nta serivisi n’imwe izagirwaho ingaruka n’iyagurwa ry’ibi bitaro na serivisi zabyo, ahubwo “Ibitaro bizakomeza gukora nk’uko bisanzwe.”

Biteganyijwe ko ibikorwa byo gutangira kubaka igice cya mbere mu buryo bwo kwagura ibi Bitaro, bizatangira muri Nyakanga uyu mwaka.

Ubuyobozi bw’ibi Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal, buherutse guhura bwa mbere n’Ibigo by’ubwubatsi byifuza kuzahatanira isoko ryo kwagura ibi Bitaro, bagirana inama yari igamije kubereka uyu mushinga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Hagaragajwe uko Nyabarongo yuzuye igatuma umuhanda Muhanga-Ngororero utaba nyabagendwa

Next Post

Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

Related Posts

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

by radiotv10
11/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yahaye ikiganiro urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15, arugaragariza ko...

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

by radiotv10
11/08/2025
0

The Rwanda Defence Force (RDF) CDS, General MK Mubarakh, has called on the country’s youth to take ownership of Africa’s...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

by radiotv10
11/08/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abagabo babiri bari mu bantu bakekwaho ubwicanyi n’ubujura byakorewe mu Murenge wa Muyumbu mu Karere...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
11/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

by radiotv10
11/08/2025
0

In Rwanda and across Africa, digital entertainment is undergoing a quiet revolution. At the center of this change is the...

IZIHERUKA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga
AMAHANGA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

11/08/2025
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

11/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

11/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.