Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo wamenya ku kwagura Ibitaro bikomeye mu Rwanda bigiye gukuba gatatu ubushobozi bw’ababivurirwamo

radiotv10by radiotv10
22/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo wamenya ku kwagura Ibitaro bikomeye mu Rwanda bigiye gukuba gatatu ubushobozi bw’ababivurirwamo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ibitaro Byitiriwe Umwami Faisal burateganya kubyagura yaba mu nyubako ndetse na serivisi zihatangirwa, ku buryo mu myaka 25 iri imbere bizaba bifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi 600 babirwariramo bavuye ku 167.

Ni gahunda y’igihe kirere izakorwa kugeza mu mwaka wa 2050, yo kwagura ibi Bitaro ndetse na serivisi bitanga, zaba ari iz’ubuvuzi bwo kubaga ndetse n’ubundi buvuzi bwihariye.

Imwe muri serivisi ziza ku isonga mu zizagurwa, ni ishami rishinzwe ubuvuzi bw’indwara ya Cancer, buzakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho mu buvuzi rya radiotherapy.

Nanone kandi hazatangizwa ubuvuzi bwihariye mu kwita ku bagize impanuka ndetse n’izindi serivisi zo gutanga ubutabazi bwihuse.

Undi mushinga uteganywa muri ibi Bitaro, ni agashami kazaba gashinzwe kuvura indwara y’iturika ry’imitsi yo mu bwonko (Stroke), kuvura uruti rw’umugongo ndetse n’ubuvuzi bw’imitsi, ndetse hakazanagurwa serivisi z’ubuvuzi bw’indwara z’umutima, hakaba serivisi zo kubaga umutima ndetse na operasiyo zikorwa ku magufwa.

Ibi Bitaro kandi bizanatangiza uburyo bugezweho bwo kubaga hakoreshejwe ikoranabuhanga nk’irya Robot ndetse no kubaga hasatuwe umwanya muto cyane, ndetse n’izindi serivisi zo kubaga zigezweho zirimo izo guhindura ibice by’umubiri bizwi nka plastic surgery. Mu buvuzi bwa Cancer, hazashyirwamo ikoranabuhanga rikomeye ririmo iryo gusuzuma rizwi nka PET scan.

Umubare w’abarwayi bashobora kuvurirwa muri ibi Bitaro bahacumbikiwe, uzagera kuri 600 hatabariwemo abazaba bari kwitabwaho mu buryo bwihariye.

Nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’ibi Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal, nta serivisi n’imwe izagirwaho ingaruka n’iyagurwa ry’ibi bitaro na serivisi zabyo, ahubwo “Ibitaro bizakomeza gukora nk’uko bisanzwe.”

Biteganyijwe ko ibikorwa byo gutangira kubaka igice cya mbere mu buryo bwo kwagura ibi Bitaro, bizatangira muri Nyakanga uyu mwaka.

Ubuyobozi bw’ibi Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal, buherutse guhura bwa mbere n’Ibigo by’ubwubatsi byifuza kuzahatanira isoko ryo kwagura ibi Bitaro, bagirana inama yari igamije kubereka uyu mushinga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − eight =

Previous Post

Hagaragajwe uko Nyabarongo yuzuye igatuma umuhanda Muhanga-Ngororero utaba nyabagendwa

Next Post

Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.