Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo wamenya ku ndege zitwara-Drone zizakora nka Taxi mu Rwanda bibaye bwa mbere muri Afurika

radiotv10by radiotv10
04/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo wamenya ku ndege zitwara-Drone zizakora nka Taxi mu Rwanda bibaye bwa mbere muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hamuritswe umushinga w’ikoreshwa ry’indege nto zitagira abapilote zizakora nka taxi zitwara abagenzi, aho iki Gihugu kibaye icya 21 ku Isi kigezemo uyu mushinga, kikaba icya mbere ku Mugabane wa Afurika.

Ikoreshwa ry’izi ndege ryamuritswe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Nzeri 2025 habura amasaha macye ngo mu Rwanda hatangire inama Nyafurika y’iminsi ibiri yiga ku iterambere ry’ubwikorezi bwo mu kirere izwi nka ‘Aviation Africa’ itangira kuri uyu wa Kane tariki 04 Nzeri 2025.

Ubwo hamurikwaga uyu mushinga, hagaragajwe izi ndege zizwi nka ‘eVTOL’ zikorwa n’Uruganda rw’Abashinwa rwa EHang, ndetse hanakorwa igerageza ryazo mu Rwanda, aho yatwaye abantu babiri mu kirere.

Ni indege ishobora gutwara abantu babiri ikanagira ubushobozi bwo gutwara ibilo 620, igashobora kugenda ibilometero biri hagati ya 25 na 30, ndetse bateri yayo ikaba ishobora ikaba yatuma iyi ndege imara iminota 30’ mu kirere, dore ko zikoresha amashyanyarazi.

Iyi ndege iyo iri ku butaka ishobora kubugenderaho kuko ifite udupine 12, mu gihe yagurutse ikaba ishobora kugera ku butumburuke bwa metero 100 mu kirere.

Iyi ndege ifite agaciro k’ibihumbi 400 USD (arenga miliyoni 580 Frw) ikoranye ikoranabuhanga rigezweho, kuko ishobora gutahura ikibazo yagira mu gihe yaba iri mu kirere, kugira ngo idateza impanuka.

Umuyobozi ushinzwe Ubuhahirane Mpuzamahanga mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Indege zitari iza gisirikare (RCAA), Melissa Rusanganwa avuga ko iyi ndege ari imwe mu zikoresha ikoranabuhanga rigezweho ry’indege zigenda zidafite abapilote.

Avuga ko ikoreshwa ry’izi ndege rizafasha abantu kubasha gukora ingendo mu buryo bwihuse, byumwihariko rikazakoreshwa mu bukerarugendo bw’u Rwanda.

Ati “Umuntu agashobora kujya gusura Intara y’Amajyaruguru mu minota micye, izanye amahirwe menshi cyane cyane ko ari ubwa mbere bikozwe hano muri Afurika hano mu Rwanda.”

Melissa avuga ko mu Rwanda hari hamenyerewe utududege tutagira abapilote twa Zipline twifashishwa mu gusakaza amaraso n’imiti, ubu hakaba haje izi zizatwara abagenzi.

Ati “Tugiye ku rundi rwego rw’indege izajya itwara abantu, igafasha mu rwego rw’ubukerarugendo cyane cyane.”

Melissa Rusanganwa avuga kandi ko ikoreshwa ry’izi ndege rizashyigikira uruhare rw’u Rwanda mu kugabanya ibyuka bihumanya ikirere, kuko zikoresha amashanyarazi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eleven =

Previous Post

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

Next Post

IFOTO: Hagaragajwe ikimenyetso gishimangira ko abasirikare b’u Burundi bakomeje kwinjira muri Congo guhangana na AFC/M23

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki
FOOTBALL

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

14/12/2025
Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Hagaragajwe ikimenyetso gishimangira ko abasirikare b’u Burundi bakomeje kwinjira muri Congo guhangana na AFC/M23

IFOTO: Hagaragajwe ikimenyetso gishimangira ko abasirikare b’u Burundi bakomeje kwinjira muri Congo guhangana na AFC/M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.