Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’u Rwanda na Congo byongeye kuganirwaho ku rwego rwo hejuru

radiotv10by radiotv10
16/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’u Rwanda na Congo byongeye kuganirwaho ku rwego rwo hejuru
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, ivuga ko Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro kuri telefone n’Umunyamabanga wa USA, Antony Blinken, cyagarutse ku bibazo byo ku mupaka uhuza Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Itangazo dukesha Urubuga rwa Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki Gihugu, Matthew Miller, rivuga ko “Antony Blinken yagiranye ikiganiro cy’ingirakamaro na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Bombi baganiriye ku itutumba ry’umwuka ku mupaka w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Nanone kandi muri iki kiganiro, Blinken yamenyesheje Perezida Kagame ibijyanye n’uruzinduko ry’Umunyamabanga Wungirije w’agateganyo Victoria Jane Nuland yagiriye i Kinshasa akanabonana na Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi.

Uyu Munyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken “yongeye gushimangira ko Leta Zunze Ubumwe za America zifuza ko ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi [u Rwanda na DRC] bikemuka binyuze mu nzira za dipolomasi, kandi zisaba ko buri ruhande rufata ingamba mu guhagarika ibyazamura umwuka mubi.”

Umwaka uruzuye Antony Blinken agiriye uruzinduko mu Rwanda, aho muri Kanama 2022, yakiriwe na Perezida Kagame mu biro bye, bakaganira ku ngingo zinyuranye zirimo n’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC.

Icyo gihe Blinken yaje mu Rwanda avuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na bwo yabonanye na Felix Tshisekedi, na bo bari baganiriye ku ngingo zirimo ibi bibazo bya kiriya Gihugu n’u Rwanda.

Iki kiganiro kibayeho nyuma y’uko Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) giherutse kongera kugaragaza urwitwazo rwo gushaka gushyira mu bikorwa umugambi wacyo na Guverinoma yacyo, wo gushoza intambara ku Rwanda, aho giherutse guhimba ikinyoma ko ingabo z’u Rwanda zagabye igitero muri DRC.

Mu itangazo ryashyizwe hanze tariki 28 Nyakanga 2023 n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, busubiza irya FARDC ryari ryasohotse ku ya 27 Nyakanga, RDF yari yamaganiye kure ayo makuru yatangajwe n’igisirikare cya Congo.

RDF yagize iti “Ibi birego ntibifite ishingiro kandi ni umwe mu migambi yo kuyobya uburari na poropaganda by’ubutegetsi bwa DRC yo gukomeza kwihunza inshingano ku kuba bwarananiwe kugarura amahoro n’umutekano ku mipaka yabo, mu gihe bukomeje guha inkunga yaba iy’intwaro no gufatanya n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR.”

U Rwanda rwakunze kugaragaza ko imyitwarire y’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ntakindi ishushanya uretse gushaka gushoza intambara, kandi ko na rwo rwakajije ingamba zo kurinda ubusugire bwarwo kugira ngo hatagira uvogera ubutaka cyangwa ikirere cyarwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 10 =

Previous Post

Menya umwanya uhanitse u Rwanda rwajeho muri Afurika mu banyoteye ubumenyi bw’ubucuruzi

Next Post

MONUSCO yazambije ibintu muri Congo cyera kabaye ibyayo bigiye kurangira

Related Posts

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

by radiotv10
25/11/2025
0

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MONUSCO yazambije ibintu muri Congo cyera kabaye ibyayo bigiye kurangira

MONUSCO yazambije ibintu muri Congo cyera kabaye ibyayo bigiye kurangira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.