Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’u Rwanda na Congo byongeye kuganirwaho ku rwego rwo hejuru

radiotv10by radiotv10
16/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’u Rwanda na Congo byongeye kuganirwaho ku rwego rwo hejuru
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, ivuga ko Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro kuri telefone n’Umunyamabanga wa USA, Antony Blinken, cyagarutse ku bibazo byo ku mupaka uhuza Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Itangazo dukesha Urubuga rwa Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki Gihugu, Matthew Miller, rivuga ko “Antony Blinken yagiranye ikiganiro cy’ingirakamaro na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Bombi baganiriye ku itutumba ry’umwuka ku mupaka w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Nanone kandi muri iki kiganiro, Blinken yamenyesheje Perezida Kagame ibijyanye n’uruzinduko ry’Umunyamabanga Wungirije w’agateganyo Victoria Jane Nuland yagiriye i Kinshasa akanabonana na Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi.

Uyu Munyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken “yongeye gushimangira ko Leta Zunze Ubumwe za America zifuza ko ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi [u Rwanda na DRC] bikemuka binyuze mu nzira za dipolomasi, kandi zisaba ko buri ruhande rufata ingamba mu guhagarika ibyazamura umwuka mubi.”

Umwaka uruzuye Antony Blinken agiriye uruzinduko mu Rwanda, aho muri Kanama 2022, yakiriwe na Perezida Kagame mu biro bye, bakaganira ku ngingo zinyuranye zirimo n’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC.

Icyo gihe Blinken yaje mu Rwanda avuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na bwo yabonanye na Felix Tshisekedi, na bo bari baganiriye ku ngingo zirimo ibi bibazo bya kiriya Gihugu n’u Rwanda.

Iki kiganiro kibayeho nyuma y’uko Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) giherutse kongera kugaragaza urwitwazo rwo gushaka gushyira mu bikorwa umugambi wacyo na Guverinoma yacyo, wo gushoza intambara ku Rwanda, aho giherutse guhimba ikinyoma ko ingabo z’u Rwanda zagabye igitero muri DRC.

Mu itangazo ryashyizwe hanze tariki 28 Nyakanga 2023 n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, busubiza irya FARDC ryari ryasohotse ku ya 27 Nyakanga, RDF yari yamaganiye kure ayo makuru yatangajwe n’igisirikare cya Congo.

RDF yagize iti “Ibi birego ntibifite ishingiro kandi ni umwe mu migambi yo kuyobya uburari na poropaganda by’ubutegetsi bwa DRC yo gukomeza kwihunza inshingano ku kuba bwarananiwe kugarura amahoro n’umutekano ku mipaka yabo, mu gihe bukomeje guha inkunga yaba iy’intwaro no gufatanya n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR.”

U Rwanda rwakunze kugaragaza ko imyitwarire y’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ntakindi ishushanya uretse gushaka gushoza intambara, kandi ko na rwo rwakajije ingamba zo kurinda ubusugire bwarwo kugira ngo hatagira uvogera ubutaka cyangwa ikirere cyarwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 16 =

Previous Post

Menya umwanya uhanitse u Rwanda rwajeho muri Afurika mu banyoteye ubumenyi bw’ubucuruzi

Next Post

MONUSCO yazambije ibintu muri Congo cyera kabaye ibyayo bigiye kurangira

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MONUSCO yazambije ibintu muri Congo cyera kabaye ibyayo bigiye kurangira

MONUSCO yazambije ibintu muri Congo cyera kabaye ibyayo bigiye kurangira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.