Thursday, July 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyabaye ku mukinnyi w’umuhanga udasiba kuvunika cyatumye hibazwa byinshi

radiotv10by radiotv10
15/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyabaye ku mukinnyi w’umuhanga udasiba kuvunika cyatumye hibazwa byinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Pogba wari umaze umwaka atabanza mu kibuga mu ikipe ye ya Juventus, bwa mbere ubwo yari yabanjemo, yongeye kuvunika, asohoka mu kibuga acumbagira mu marira menshi.

Umukinnyi w’ikipe ya Juventus, Paul Labile Pogba, cyera kabaye yabanje mu kibuga bwa mbere mu minsi 390, gusa yamazemo iminota hafi 24 dore ko yavuye mu kibuga, acumbagira n’amarira menshi nyuma yo kugira ikibazo cy’imvune y’imitsi.

Paul Pogba, ukina hagati mu kibuga, yari yatangiye neza ubwo ikipe ye ya Juventus yakiriraga Cremonese kuri Stade yitwa Allianz Stadium, iherereye i Turin, aho yagiye agerageza amashoti menshi. Gusa nyuma y’umupira wari uvuye muri corner, bakawukuramo, Pogba agashaka kuwusongamo, yahise ahagarara kubera ikibazo cy’imvune.

Paul Labile Pogba yagaragaraga nk’uri kubabara ubwo abaganga barebaga ikibazo agize mu ivi rye ry’ibumoso no mu itako, gusa yabashije kwivana mu kibuga, aho yasimbuwe na Arkadiusz Milik.

Abaganga b’ikipe ya Juventus babwiye ikinyamakuru cyitwa Football Italia ko Pogba atagize ikibazo mu ivi, ahubwo ko ari mu itako ry’ibumoso, akaba ari ikibazo kijyanye n’imitsi, aho banongeyeho ko ashobora kumara uyu mwaka w’imikino atongeye kugaruka mu kibuga.

Paul Pogba, w’imyaka 28, yazamuye umupira yari yambaye, awupfuka mu maso ngo ahishe amarira, gusa n’ubundi amarira ye yaje kugaragara ubwo umutoza Max Allegri yamukubitaga mu mugongo, asa n’umuhumuriza.

Uyu Paul Pogba byamubabaje kimwe nk’uko byamugendekeye mu mukino yaherukaga kubanzamo, aho yari akiri mu ikipe ya Manchester United ubwo bahuraga na Liverpool, akava mu kibuga ku munota wa 10.

Tubariyemo n’ijoro ryo kuri iki Cyumweru, Paul Pogba yabashije gukina iminota 159 gusa mu mwambaro wa Juventus muri uyu mwaka w’imikino.

Ibi kandi binasobanuye ko Paul Pogba agomba gusiba umukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irangiza muri UEFA Europa League bazasuramo FC Seville kuri uyu wa 4.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Ingeso idakwiye ivugwa ku mugabo yatumye arebana ikijisho n’umugore we

Next Post

Iby’umunyeshuri wapfiriye ku ishuri bivugwa ko yari yarimwe uruhushya byinjiwemo n’inzego

Related Posts

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

by radiotv10
02/07/2025
0

Umukinnyi wa Basketball, Obadiah Noel ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za America, wakiniye ikipe ya APR BBC mu mikino ya...

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu
AMAHANGA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

02/07/2025
Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

02/07/2025
AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’umunyeshuri wapfiriye ku ishuri bivugwa ko yari yarimwe uruhushya byinjiwemo n’inzego

Iby’umunyeshuri wapfiriye ku ishuri bivugwa ko yari yarimwe uruhushya byinjiwemo n’inzego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.