Sunday, October 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyakurikiye nyuma yuko uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yiyambaje Polisi ku kibazo bwite

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
Icyakurikiye nyuma yuko uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yiyambaje Polisi ku kibazo bwite
Share on FacebookShare on Twitter

Bugingo Boni uzwi mu gusobanura filimi nka Junior Giti no mu gufasha abahanzi, yiyambaje Polisi ayimenyesha ikibazo cy’uwo avuga ko ari Komanda wa Polisi i Ntarama umubangamira, nyuma yo kukimenyesha inzego, avuga ko ikibazo cyatangiye gushakirwa umuti kandi mu mucyo.

Ni nyuma yuko uyu mugabo usanzwe atuye mu Karere ka Bugesera anyujije ubutumwa ku rubuga nkoranyambaga rwa X, avuga ikibazo afite.

Mu gusubiza ubutumwa bwabanje gutangazwa na Junior Giti akaza kubusiba, Polisi y’u Rwanda, yari yagize iti “Mutwandikire muduhe nimero zanyu za telefone tubavugishe muduhe amakuru arambuye kuri iki kibazo tugikurikirane.”

Junior Giti mu gusubiza ubu butumwa, yagize ati “Ni Commanda wa Ntarama uhora iwanjye, akampagarikira ibikorwa by’ubuhinzi kandi mfite icyangombwa cy’ubutaka. Buri uko aje aba afite undi muntu umuha itegeko kuri terefoni, ntaramenya uwo ari we yita afande.”

Nyuma yuko ibi bitangajwe ndetse na Polisi ikamusaba gutanga amakuru arambuye, Junior Giti yatangaje ko ikibazo cye kiri gushakirwa umuti.

Mu butumwa yongeye gutanga, Junio Giti yagize ati “Ndashimira inzego z’umutekano, ikibazo cyanjye kirimo gukurikiranwa kandi mu mucyo. Harakabaho u Rwanda n’Abanyarwanda. Umuturage ku isonga.”

Junior Giti wamamaye mu gusobanura filimi, asanzwe anafite kompanyi ireberera inyungu z’abahanzi, aho afasha byumwihariko umuhanzi Chris Eazy uri mu bahanzi bagezweho muri iyi minsi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Irakiza degueste says:
    1 year ago

    Harakabaho urwanda nabanyarwanda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Udushya dutegerejwe mu gitaramo cyo gutarama umuhanzi Nyarwanda umaze imyaka ibiri yitabye Imana

Next Post

Rusizi: Inkuru y’akababaro y’uwabyukiye mu kazi nyuma yo kuva mu kandi

Related Posts

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

by radiotv10
18/10/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi, Ishimwe Hakizimana uzwi nka Shizzo baherutse kwambikana impeta y’urukundo, bashyize hanze itariki...

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

by radiotv10
17/10/2025
0

Umuhanzi Kitoko Bibarwa wari umaze imyaka 12 atuye ku Mugabane w’u Burayi, yemeje ko mu kwezi gutaha azagaruka mu Rwanda...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Umukinnyikazi wa Filimi uzwi mu Rwanda, Alliah Cool yongeye kwikoma umunyamakuru wagize icyo avuga ku modoka ye ifite plaque yo...

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma yuko umukinnyi wa filimi, Alliah Cool agaragaje imodoka aherutse kugura, yabaye nk’uterana amagambo n’umunyamakuru umwe mu Rwanda wayitanzeho igitekerezo...

Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

by radiotv10
15/10/2025
0

Umuririmbyi Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ uherutse kugaragaza agahinda ko kuremererwa n’uburwayi bw’umugore we urembye kandi ubushobozi bwaramushiranye, yatangaje...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Inkuru y’akababaro y’uwabyukiye mu kazi nyuma yo kuva mu kandi

Rusizi: Inkuru y’akababaro y’uwabyukiye mu kazi nyuma yo kuva mu kandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.