Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyakurikiye nyuma yuko uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yiyambaje Polisi ku kibazo bwite

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
Icyakurikiye nyuma yuko uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yiyambaje Polisi ku kibazo bwite
Share on FacebookShare on Twitter

Bugingo Boni uzwi mu gusobanura filimi nka Junior Giti no mu gufasha abahanzi, yiyambaje Polisi ayimenyesha ikibazo cy’uwo avuga ko ari Komanda wa Polisi i Ntarama umubangamira, nyuma yo kukimenyesha inzego, avuga ko ikibazo cyatangiye gushakirwa umuti kandi mu mucyo.

Ni nyuma yuko uyu mugabo usanzwe atuye mu Karere ka Bugesera anyujije ubutumwa ku rubuga nkoranyambaga rwa X, avuga ikibazo afite.

Mu gusubiza ubutumwa bwabanje gutangazwa na Junior Giti akaza kubusiba, Polisi y’u Rwanda, yari yagize iti “Mutwandikire muduhe nimero zanyu za telefone tubavugishe muduhe amakuru arambuye kuri iki kibazo tugikurikirane.”

Junior Giti mu gusubiza ubu butumwa, yagize ati “Ni Commanda wa Ntarama uhora iwanjye, akampagarikira ibikorwa by’ubuhinzi kandi mfite icyangombwa cy’ubutaka. Buri uko aje aba afite undi muntu umuha itegeko kuri terefoni, ntaramenya uwo ari we yita afande.”

Nyuma yuko ibi bitangajwe ndetse na Polisi ikamusaba gutanga amakuru arambuye, Junior Giti yatangaje ko ikibazo cye kiri gushakirwa umuti.

Mu butumwa yongeye gutanga, Junio Giti yagize ati “Ndashimira inzego z’umutekano, ikibazo cyanjye kirimo gukurikiranwa kandi mu mucyo. Harakabaho u Rwanda n’Abanyarwanda. Umuturage ku isonga.”

Junior Giti wamamaye mu gusobanura filimi, asanzwe anafite kompanyi ireberera inyungu z’abahanzi, aho afasha byumwihariko umuhanzi Chris Eazy uri mu bahanzi bagezweho muri iyi minsi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Irakiza degueste says:
    1 year ago

    Harakabaho urwanda nabanyarwanda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − seven =

Previous Post

Udushya dutegerejwe mu gitaramo cyo gutarama umuhanzi Nyarwanda umaze imyaka ibiri yitabye Imana

Next Post

Rusizi: Inkuru y’akababaro y’uwabyukiye mu kazi nyuma yo kuva mu kandi

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Inkuru y’akababaro y’uwabyukiye mu kazi nyuma yo kuva mu kandi

Rusizi: Inkuru y’akababaro y’uwabyukiye mu kazi nyuma yo kuva mu kandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.