Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo Leta Zunze Ubumwe za America zidafatira ingamba u Rwanda, Perezida Evariste Ndayishimiye yamukosoye, anatanga umucyo, abishimirwa na Guverinoma ya Qatar.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Dr Edouard Bizimana, yanenze Guverinoma ya Qatar, ngo kuko ikoresha inzira zitari zidakwiye mu biganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu butumwa bwe, Dr Edouard Bizimana yanditse avuga ko ngo u Rwanda rwakoreye uburyarya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, ariko ngo rukaba rukomeje kurenga ku masezerano y’Amahoro y’i Washington D.C.

Yakomeje agira ati “Ni ngombwa kwerekana uruhare rubi bwa Qatar mu gukoresha ububasha bwayo n’amafaranga mu kubuza America gufata ingamba.”

Ubu butumwa bwaje gusibwa kuri konti y’uyu ukuriye Dipolomasi y’u Burundi, bwakurikiwe n’ubwa Perezida w’iki Gihugu, Evariste Ndayishimiye wabaye nk’ukebura uyu munyapolitiki, aboneraho gushimira ahubwo kiriya Gihugu cya Qatar.

Perezida Ndayishimiye we yanditse ati “U Burundi bwakomeje gushimira umubano mwiza kandi urambye hagati yabwo na Qatar, kimwe n’uruhare rw’ingenzi rwa Qatar mu bikorwa by’ubuhuza muri DRC.”

Yaboneyeho gukosora umwe mu bagize Guverinoma ye wari wibasiye Qatar, ati “Ni ngombwa kugaragaza umucyo ku myumvire itari yo n’ubutumwa buhabanye n’ukuri burebana n’uruhare rwa Qatar mu iterambere no kubaka amahoro.”

Nyuma y’ubu butumwa bwa Perezida Evariste Ndayishimiye, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, Dr. Mohammed bin Abdulaziz bin Saleh Al-Khulaifi; yamushimiye.

Na we yanditse ubutumwa agira ati “Urakoze Nyakubahwa Perezida ku bwo gutanga umucyo ndetse no kudushimira. Binyuze mu mahame shingiro yayo, Leta ya Qatar ikomeje kurangwa n’ubunyangamugayo mu ntego yayo mu kubaka amahoro, mu buhuza ndetse no mu gushaka umuti w’amakimbirane binyuze mu nzira z’amahoro, kandi izakomeza kugira uruhare rufatika hagati yayo n’abafatanyabikorwa bose bayo mu gutanga inkunga y’ituze n’amahoro arambye.”

Guverinoma ya Qatar ikomeje kuyobora ibiganiro bihuza Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, n’Ihuriro AFC/M23, ikaba yaranagize uruhare mu biganiro byahuje DRC n’u Rwanda, byavuyemo amasezerano y’amahoro y’i Washington D.C.

Minisitiri Edouard Bizimana yanditse ubutumwa yibasira Qarar
Perezida Ndayishimiye yahise amukosora
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar yashimiye Ndayishimiye watanze umucyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Next Post

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Related Posts

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
06/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.