Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyari kihishe inyuma y’amafoto y’umusizi Rumaga yavugishije benshi cyagiye hanze

radiotv10by radiotv10
06/11/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Icyari kihishe inyuma y’amafoto y’umusizi Rumaga yavugishije benshi cyagiye hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko umusizi Junior Rumaga agaragaye mu mafoto ari kumwe n’umukobwa utwite, akavugisha benshi, bamwe bavuga ko ari uwo bagiye kubyarana, ubu hagiye hanze igisigo kigaragaramo aya mashusho, cyuzuye amagambo aryohereye y’urukundo ruzira uburyarya n’icyasha.

Aya mafoto yagiye hanze mu mpera z’icyumweru kibanziriza icyo twaraye dusoje, yagaragazaga Junior Rumaga ari kumwe na Bahali Ruth witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, aho bamwe bavugaga ko basanzwe banakundana.

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri aya mafoto, bifurizaga ibyiza uyu musizi, bakeka ko agiye kwibaruka we n’uyu mukobwa, dore ko bombi banyuraga ku mbuga nkoranyambaga, bagaterana imitoma, aho uyu mukobwa yari yanabwiye Rumaga ko ubu bagiye kuba batatu.

Umusizi Junior Rumaga na we wari washyize hanze amafoto y’uyu mukobwa, yari yagize ati ““Iyo Amahitamo ari amwe, Burya umwanzuro ntuba ukikugoye. Warakoze Bahari Ruth.”

Junior Rumaga wanabajijwe kugira icyo avuga kuri aya mafoto, yari yavuze ko yafashe icyemezo cyo kuruca akarumira, ariko ko azagira icyo ayavugaho mu minsi iri imbere.

Uyu musizi Junior Rumaga yamaze gushyira hanze igisigo yise Rudahinyuka, yakoranye n’uyu mukobwa Bahali Ruth.

Muri iki gisigo cyasohokanye n’amashusho yacyo atangirana aba bombi bicaye mu cyumba kigari giteraniyemo abaturage, uyoboye ibiganiro, akabanza guha ikaze Junior na Bahali bigaragara ko atwite.

Uyu uba ayoboye ibiganiro, aha umwanya Junior na Bahali ngo bavuge uko urukundo rwabo rwatangiye rukagera aho bagiye kwibaruka.

Umukobwa atangira avuga ko intagiriro y’urukundo rwabo itangaje, akunganirwa na Junior Rumaga, ko bakundaga guhurira ku mucanga mu gihe babaga bakikutse imirimo.

Aba bombi bakomeza bavuga ko urukundo rwabo rwari urw’ukuri, rudafite icyo rushingiyeho kuko bari bakiri abana, batazi ibyo barimo.

Bakomeza bungikanya mu magambo aryohereye, aho umwe anyuzamo agaca undi mu ijambo agamije kumwunganira, binogeye amatwi, nk’aho Rumaga agira ati “Rukundo nganira Isi yose igatuza ikantega amatwi, nubwo hari ubwo nirora mu kirori nkibona nk’ukuze ubuzima bukanyereka ko igihe cyanjye gicyuye nk’aho ntacyo ngifite cyo kwishimira, urukundo rwawe runsubizamo akanyabugabo […] Rukundo nudahinyuka uri uwanjye kandi nudahinyuka ndi uwawe.”

Muri iki gisigo, bagera aho bagaragaza imbuto y’urukundo rwabo, bagasezerana kubana nk’umugore n’umugabo, basezeranya kuzabana mu byishimo, ndetse bakagera n’aho kwibaruka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + six =

Previous Post

Ku giciro cyo hasi mu gutwara abagenzi hajemo imodoka z’amashanyarazi zihagazeho mu kuzigura

Next Post

MTN Rwanda yatangaje icyatumye inyungu yayo izamukaho 13,6% ikaninjiza miliyari 186Frw

Related Posts

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

by radiotv10
09/12/2025
0

In Kigali today, many young people are rewriting what it means to work, hustle, and build a future. The city...

IZIHERUKA

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe
MU RWANDA

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda yatangaje icyatumye inyungu yayo izamukaho 13,6% ikaninjiza miliyari 186Frw

MTN Rwanda yatangaje icyatumye inyungu yayo izamukaho 13,6% ikaninjiza miliyari 186Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.