• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyari kihishe inyuma y’amafoto y’umusizi Rumaga yavugishije benshi cyagiye hanze

radiotv10by radiotv10
06/11/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Icyari kihishe inyuma y’amafoto y’umusizi Rumaga yavugishije benshi cyagiye hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko umusizi Junior Rumaga agaragaye mu mafoto ari kumwe n’umukobwa utwite, akavugisha benshi, bamwe bavuga ko ari uwo bagiye kubyarana, ubu hagiye hanze igisigo kigaragaramo aya mashusho, cyuzuye amagambo aryohereye y’urukundo ruzira uburyarya n’icyasha.

Aya mafoto yagiye hanze mu mpera z’icyumweru kibanziriza icyo twaraye dusoje, yagaragazaga Junior Rumaga ari kumwe na Bahali Ruth witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, aho bamwe bavugaga ko basanzwe banakundana.

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri aya mafoto, bifurizaga ibyiza uyu musizi, bakeka ko agiye kwibaruka we n’uyu mukobwa, dore ko bombi banyuraga ku mbuga nkoranyambaga, bagaterana imitoma, aho uyu mukobwa yari yanabwiye Rumaga ko ubu bagiye kuba batatu.

Umusizi Junior Rumaga na we wari washyize hanze amafoto y’uyu mukobwa, yari yagize ati ““Iyo Amahitamo ari amwe, Burya umwanzuro ntuba ukikugoye. Warakoze Bahari Ruth.”

Junior Rumaga wanabajijwe kugira icyo avuga kuri aya mafoto, yari yavuze ko yafashe icyemezo cyo kuruca akarumira, ariko ko azagira icyo ayavugaho mu minsi iri imbere.

Uyu musizi Junior Rumaga yamaze gushyira hanze igisigo yise Rudahinyuka, yakoranye n’uyu mukobwa Bahali Ruth.

Muri iki gisigo cyasohokanye n’amashusho yacyo atangirana aba bombi bicaye mu cyumba kigari giteraniyemo abaturage, uyoboye ibiganiro, akabanza guha ikaze Junior na Bahali bigaragara ko atwite.

Uyu uba ayoboye ibiganiro, aha umwanya Junior na Bahali ngo bavuge uko urukundo rwabo rwatangiye rukagera aho bagiye kwibaruka.

Umukobwa atangira avuga ko intagiriro y’urukundo rwabo itangaje, akunganirwa na Junior Rumaga, ko bakundaga guhurira ku mucanga mu gihe babaga bakikutse imirimo.

Aba bombi bakomeza bavuga ko urukundo rwabo rwari urw’ukuri, rudafite icyo rushingiyeho kuko bari bakiri abana, batazi ibyo barimo.

Bakomeza bungikanya mu magambo aryohereye, aho umwe anyuzamo agaca undi mu ijambo agamije kumwunganira, binogeye amatwi, nk’aho Rumaga agira ati “Rukundo nganira Isi yose igatuza ikantega amatwi, nubwo hari ubwo nirora mu kirori nkibona nk’ukuze ubuzima bukanyereka ko igihe cyanjye gicyuye nk’aho ntacyo ngifite cyo kwishimira, urukundo rwawe runsubizamo akanyabugabo […] Rukundo nudahinyuka uri uwanjye kandi nudahinyuka ndi uwawe.”

Muri iki gisigo, bagera aho bagaragaza imbuto y’urukundo rwabo, bagasezerana kubana nk’umugore n’umugabo, basezeranya kuzabana mu byishimo, ndetse bakagera n’aho kwibaruka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − twelve =

Previous Post

Ku giciro cyo hasi mu gutwara abagenzi hajemo imodoka z’amashanyarazi zihagazeho mu kuzigura

Next Post

MTN Rwanda yatangaje icyatumye inyungu yayo izamukaho 13,6% ikaninjiza miliyari 186Frw

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
MTN Rwanda yatangaje icyatumye inyungu yayo izamukaho 13,6% ikaninjiza miliyari 186Frw

MTN Rwanda yatangaje icyatumye inyungu yayo izamukaho 13,6% ikaninjiza miliyari 186Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.