Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyari kihishe inyuma y’amafoto y’umusizi Rumaga yavugishije benshi cyagiye hanze

radiotv10by radiotv10
06/11/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Icyari kihishe inyuma y’amafoto y’umusizi Rumaga yavugishije benshi cyagiye hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko umusizi Junior Rumaga agaragaye mu mafoto ari kumwe n’umukobwa utwite, akavugisha benshi, bamwe bavuga ko ari uwo bagiye kubyarana, ubu hagiye hanze igisigo kigaragaramo aya mashusho, cyuzuye amagambo aryohereye y’urukundo ruzira uburyarya n’icyasha.

Aya mafoto yagiye hanze mu mpera z’icyumweru kibanziriza icyo twaraye dusoje, yagaragazaga Junior Rumaga ari kumwe na Bahali Ruth witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, aho bamwe bavugaga ko basanzwe banakundana.

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri aya mafoto, bifurizaga ibyiza uyu musizi, bakeka ko agiye kwibaruka we n’uyu mukobwa, dore ko bombi banyuraga ku mbuga nkoranyambaga, bagaterana imitoma, aho uyu mukobwa yari yanabwiye Rumaga ko ubu bagiye kuba batatu.

Umusizi Junior Rumaga na we wari washyize hanze amafoto y’uyu mukobwa, yari yagize ati ““Iyo Amahitamo ari amwe, Burya umwanzuro ntuba ukikugoye. Warakoze Bahari Ruth.”

Junior Rumaga wanabajijwe kugira icyo avuga kuri aya mafoto, yari yavuze ko yafashe icyemezo cyo kuruca akarumira, ariko ko azagira icyo ayavugaho mu minsi iri imbere.

Uyu musizi Junior Rumaga yamaze gushyira hanze igisigo yise Rudahinyuka, yakoranye n’uyu mukobwa Bahali Ruth.

Muri iki gisigo cyasohokanye n’amashusho yacyo atangirana aba bombi bicaye mu cyumba kigari giteraniyemo abaturage, uyoboye ibiganiro, akabanza guha ikaze Junior na Bahali bigaragara ko atwite.

Uyu uba ayoboye ibiganiro, aha umwanya Junior na Bahali ngo bavuge uko urukundo rwabo rwatangiye rukagera aho bagiye kwibaruka.

Umukobwa atangira avuga ko intagiriro y’urukundo rwabo itangaje, akunganirwa na Junior Rumaga, ko bakundaga guhurira ku mucanga mu gihe babaga bakikutse imirimo.

Aba bombi bakomeza bavuga ko urukundo rwabo rwari urw’ukuri, rudafite icyo rushingiyeho kuko bari bakiri abana, batazi ibyo barimo.

Bakomeza bungikanya mu magambo aryohereye, aho umwe anyuzamo agaca undi mu ijambo agamije kumwunganira, binogeye amatwi, nk’aho Rumaga agira ati “Rukundo nganira Isi yose igatuza ikantega amatwi, nubwo hari ubwo nirora mu kirori nkibona nk’ukuze ubuzima bukanyereka ko igihe cyanjye gicyuye nk’aho ntacyo ngifite cyo kwishimira, urukundo rwawe runsubizamo akanyabugabo […] Rukundo nudahinyuka uri uwanjye kandi nudahinyuka ndi uwawe.”

Muri iki gisigo, bagera aho bagaragaza imbuto y’urukundo rwabo, bagasezerana kubana nk’umugore n’umugabo, basezeranya kuzabana mu byishimo, ndetse bakagera n’aho kwibaruka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Ku giciro cyo hasi mu gutwara abagenzi hajemo imodoka z’amashanyarazi zihagazeho mu kuzigura

Next Post

MTN Rwanda yatangaje icyatumye inyungu yayo izamukaho 13,6% ikaninjiza miliyari 186Frw

Related Posts

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

by radiotv10
30/12/2025
0

Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje...

IZIHERUKA

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu
FOOTBALL

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda yatangaje icyatumye inyungu yayo izamukaho 13,6% ikaninjiza miliyari 186Frw

MTN Rwanda yatangaje icyatumye inyungu yayo izamukaho 13,6% ikaninjiza miliyari 186Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.