Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyatumye Putin na Macron baganira bahanye intera idasanzwe cyamenyakanye

radiotv10by radiotv10
11/02/2022
in MU RWANDA
0
Icyatumye Putin na Macron baganira bahanye intera idasanzwe cyamenyakanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto ya Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa aganira na Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, bahanye intera nini (metero 6) ikomeje kwibazwaho na benshi, ku buryo hari abibaza niba baraganiraga bakumvikana kubera intera iri hagati yabo. Hamenyekanye icyateye aba bayobozi bayobora Ibihugu bikomeye ku Isi, kwicara kuriya.

Ni ifoto yafashwe mu cyumweru gishize ubwo Perezida Emmanuel Macron yajyaga mu Burusiya kubonana na mugenzi we Vladimir Putin.

Aba bayobozi bagaragara bicaye ku meza amwe manini, bahanye intera nini, bagarutsweho cyane kubera uburyo umwe yari yitaje undi.

Mu batanze ibitekerezo kuri iyi foto, hari abavugaga ko nubwo bari bicaye ku meza amwe ariko n’ubundi bashobora kuba baraganiraga bohererezanya ubutumwa kuri telephone.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters bitangaza ko hari abantu babiri babihishuriye icyatumye aba bayobozi baricaye muri buri buryo.

Abahaye amakuru ibi biro ntaramakuru, bavuze ko abashinzwe ubuzima bwa Perezida Macron basabwaga kwemera ko akorerwa ibizamini bya COVID-19 bya PCR kandi bigakorwa n’ubutegetsi bw’u Burusiya kugira ngo abashe kwegera Putin.

Abo mu biro by’umukuru w’Igihugu mu Burusiya kandi bavugaga ko mu gihe Macron yaba adakorwe ibyo bizamini atagomba kwegera Putin

Abashinzwe iby’ubuzima bwa Macron, banze ko akorerwa ibi bizamini kugira ngo ibijyanye n’uturemangingo n’umubiri we bidasigara mu Burusiya.

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burusiya, Dmitry Peskov yemeje ko Perezida Macron yanze kwisuzumisha COVID-19 ndetse ko ntakibazo u Burusiya bwabigizeho ariko ko bamusabye kujya muri Metero esheshatu hagati ye na Putin mu rwego rwo kubungabunga ubuzima bwe.

Undi mu baba hafi ya Macron, yabwiye Reuters ko nubwo uyu mukuru w’u Bufaransa yari yakorewe ibizamini bya PCR n’umuganga we mbere y’uko ahaguruka mu Gihugu cye ndetse banageze mu Burusiya, ariko ibiro bya Putin ari byo byanze ko bombi begerana.

Yagize ati “Batubwiye Putin akeneye kuguma atekanye ku bijyanye n’ubuzima.”

Ibiro bya Macron byo byatangaje ko inzego z’ubuzima mu biro by’umukuru w’u Burusiya bitigeze byiza iby’u Bufaransa.

Ibiro by’Umukuru w’igihugu cy’u Bufaransa, bibajijwe ku bijyanye n’ubujura bwa DNA, byasubije bigira biti “Perezida afite abaganga bashyiraho amabwiriza ajyanye n’ubuzima y’ibishobora kwemera cyangwa kutemerwa.”

Ku wa Kane nyuma y’iminsi itatu aba bayobozi bakomeye bahuye muri buriya buryo, Putin yagaragaye yakiriye Perezida wa Kazakhistan, Kassym-Jomart Tokayev bahana ibiganza ndetse bicaye begeranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − sixteen =

Previous Post

Hagaragaye ubwoko bushya bune bwa COVID burimo ubuteye impungenge

Next Post

‘Ibereryabigogwe’ twakiriye muri Studio zacu yasuye Ingoro Ndangamateka

Related Posts

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
‘Ibereryabigogwe’ twakiriye muri Studio zacu yasuye Ingoro Ndangamateka

‘Ibereryabigogwe’ twakiriye muri Studio zacu yasuye Ingoro Ndangamateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.