Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyatumye Putin na Macron baganira bahanye intera idasanzwe cyamenyakanye

radiotv10by radiotv10
11/02/2022
in MU RWANDA
0
Icyatumye Putin na Macron baganira bahanye intera idasanzwe cyamenyakanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto ya Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa aganira na Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, bahanye intera nini (metero 6) ikomeje kwibazwaho na benshi, ku buryo hari abibaza niba baraganiraga bakumvikana kubera intera iri hagati yabo. Hamenyekanye icyateye aba bayobozi bayobora Ibihugu bikomeye ku Isi, kwicara kuriya.

Ni ifoto yafashwe mu cyumweru gishize ubwo Perezida Emmanuel Macron yajyaga mu Burusiya kubonana na mugenzi we Vladimir Putin.

Aba bayobozi bagaragara bicaye ku meza amwe manini, bahanye intera nini, bagarutsweho cyane kubera uburyo umwe yari yitaje undi.

Mu batanze ibitekerezo kuri iyi foto, hari abavugaga ko nubwo bari bicaye ku meza amwe ariko n’ubundi bashobora kuba baraganiraga bohererezanya ubutumwa kuri telephone.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters bitangaza ko hari abantu babiri babihishuriye icyatumye aba bayobozi baricaye muri buri buryo.

Abahaye amakuru ibi biro ntaramakuru, bavuze ko abashinzwe ubuzima bwa Perezida Macron basabwaga kwemera ko akorerwa ibizamini bya COVID-19 bya PCR kandi bigakorwa n’ubutegetsi bw’u Burusiya kugira ngo abashe kwegera Putin.

Abo mu biro by’umukuru w’Igihugu mu Burusiya kandi bavugaga ko mu gihe Macron yaba adakorwe ibyo bizamini atagomba kwegera Putin

Abashinzwe iby’ubuzima bwa Macron, banze ko akorerwa ibi bizamini kugira ngo ibijyanye n’uturemangingo n’umubiri we bidasigara mu Burusiya.

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burusiya, Dmitry Peskov yemeje ko Perezida Macron yanze kwisuzumisha COVID-19 ndetse ko ntakibazo u Burusiya bwabigizeho ariko ko bamusabye kujya muri Metero esheshatu hagati ye na Putin mu rwego rwo kubungabunga ubuzima bwe.

Undi mu baba hafi ya Macron, yabwiye Reuters ko nubwo uyu mukuru w’u Bufaransa yari yakorewe ibizamini bya PCR n’umuganga we mbere y’uko ahaguruka mu Gihugu cye ndetse banageze mu Burusiya, ariko ibiro bya Putin ari byo byanze ko bombi begerana.

Yagize ati “Batubwiye Putin akeneye kuguma atekanye ku bijyanye n’ubuzima.”

Ibiro bya Macron byo byatangaje ko inzego z’ubuzima mu biro by’umukuru w’u Burusiya bitigeze byiza iby’u Bufaransa.

Ibiro by’Umukuru w’igihugu cy’u Bufaransa, bibajijwe ku bijyanye n’ubujura bwa DNA, byasubije bigira biti “Perezida afite abaganga bashyiraho amabwiriza ajyanye n’ubuzima y’ibishobora kwemera cyangwa kutemerwa.”

Ku wa Kane nyuma y’iminsi itatu aba bayobozi bakomeye bahuye muri buriya buryo, Putin yagaragaye yakiriye Perezida wa Kazakhistan, Kassym-Jomart Tokayev bahana ibiganza ndetse bicaye begeranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + eleven =

Previous Post

Hagaragaye ubwoko bushya bune bwa COVID burimo ubuteye impungenge

Next Post

‘Ibereryabigogwe’ twakiriye muri Studio zacu yasuye Ingoro Ndangamateka

Related Posts

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

IZIHERUKA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore
IMIBEREHO MYIZA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
‘Ibereryabigogwe’ twakiriye muri Studio zacu yasuye Ingoro Ndangamateka

‘Ibereryabigogwe’ twakiriye muri Studio zacu yasuye Ingoro Ndangamateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.