Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyatumye Putin na Macron baganira bahanye intera idasanzwe cyamenyakanye

radiotv10by radiotv10
11/02/2022
in MU RWANDA
0
Icyatumye Putin na Macron baganira bahanye intera idasanzwe cyamenyakanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto ya Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa aganira na Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, bahanye intera nini (metero 6) ikomeje kwibazwaho na benshi, ku buryo hari abibaza niba baraganiraga bakumvikana kubera intera iri hagati yabo. Hamenyekanye icyateye aba bayobozi bayobora Ibihugu bikomeye ku Isi, kwicara kuriya.

Ni ifoto yafashwe mu cyumweru gishize ubwo Perezida Emmanuel Macron yajyaga mu Burusiya kubonana na mugenzi we Vladimir Putin.

Aba bayobozi bagaragara bicaye ku meza amwe manini, bahanye intera nini, bagarutsweho cyane kubera uburyo umwe yari yitaje undi.

Mu batanze ibitekerezo kuri iyi foto, hari abavugaga ko nubwo bari bicaye ku meza amwe ariko n’ubundi bashobora kuba baraganiraga bohererezanya ubutumwa kuri telephone.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters bitangaza ko hari abantu babiri babihishuriye icyatumye aba bayobozi baricaye muri buri buryo.

Abahaye amakuru ibi biro ntaramakuru, bavuze ko abashinzwe ubuzima bwa Perezida Macron basabwaga kwemera ko akorerwa ibizamini bya COVID-19 bya PCR kandi bigakorwa n’ubutegetsi bw’u Burusiya kugira ngo abashe kwegera Putin.

Abo mu biro by’umukuru w’Igihugu mu Burusiya kandi bavugaga ko mu gihe Macron yaba adakorwe ibyo bizamini atagomba kwegera Putin

Abashinzwe iby’ubuzima bwa Macron, banze ko akorerwa ibi bizamini kugira ngo ibijyanye n’uturemangingo n’umubiri we bidasigara mu Burusiya.

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burusiya, Dmitry Peskov yemeje ko Perezida Macron yanze kwisuzumisha COVID-19 ndetse ko ntakibazo u Burusiya bwabigizeho ariko ko bamusabye kujya muri Metero esheshatu hagati ye na Putin mu rwego rwo kubungabunga ubuzima bwe.

Undi mu baba hafi ya Macron, yabwiye Reuters ko nubwo uyu mukuru w’u Bufaransa yari yakorewe ibizamini bya PCR n’umuganga we mbere y’uko ahaguruka mu Gihugu cye ndetse banageze mu Burusiya, ariko ibiro bya Putin ari byo byanze ko bombi begerana.

Yagize ati “Batubwiye Putin akeneye kuguma atekanye ku bijyanye n’ubuzima.”

Ibiro bya Macron byo byatangaje ko inzego z’ubuzima mu biro by’umukuru w’u Burusiya bitigeze byiza iby’u Bufaransa.

Ibiro by’Umukuru w’igihugu cy’u Bufaransa, bibajijwe ku bijyanye n’ubujura bwa DNA, byasubije bigira biti “Perezida afite abaganga bashyiraho amabwiriza ajyanye n’ubuzima y’ibishobora kwemera cyangwa kutemerwa.”

Ku wa Kane nyuma y’iminsi itatu aba bayobozi bakomeye bahuye muri buriya buryo, Putin yagaragaye yakiriye Perezida wa Kazakhistan, Kassym-Jomart Tokayev bahana ibiganza ndetse bicaye begeranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Hagaragaye ubwoko bushya bune bwa COVID burimo ubuteye impungenge

Next Post

‘Ibereryabigogwe’ twakiriye muri Studio zacu yasuye Ingoro Ndangamateka

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
‘Ibereryabigogwe’ twakiriye muri Studio zacu yasuye Ingoro Ndangamateka

‘Ibereryabigogwe’ twakiriye muri Studio zacu yasuye Ingoro Ndangamateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.