Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyatumye Umupadiri yuriza imodoka ubwato akayijyana ku Kirwa cya Nkombo cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
17/03/2022
in MU RWANDA
0
Icyatumye Umupadiri yuriza imodoka ubwato akayijyana ku Kirwa cya Nkombo cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Werurwe 2022, abatuye Ikirwa cya Nkombo bongeye kubona imodoka ku Kirwa cyabo, ikintu bafata nk’imbonekarimwe dore ko iki kinyabiziga cy’amapine ane ari ubwa gatatu kihakandagiye. Umupadiri wayihajyanye yavuze impamvu yabimuteye.

Amakuru yabanje gusakara ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, yavugaga ko iyi modoka yajyanywe n’Umuhanzi Marchal uvuka kuri iki Kirwa cya Nkombo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, wayihajyanye kugira ngo ayereke abahatuye.

Gusa amakuru RADIOTV10 yaje kumenya, ni uko iyi modoka yajyanyweyo na Padiri Silas Nsengumuremyi, umuyobozi wa w’Urwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Pierre Nkombo.

Kuri iri shuri rya G.S Saint Pierre Nkombo hamaze iminsi hari abanyeshuri bari mu bushakashatsi ku bikorwa binyuranye bavumbura birimo na moto ikoresha umunyu yanashimwe na benshi barimo n’abayobozi mu nzego nkuru basuye iri shuri.

Padiri Silas Nsengumuremyi yabwiye RADIOTV10 ko iyi modoka igiye kujya yifashishwa n’abanyeshuri mu bushakashatsi bwabo kandi ko bizeye ko izabafasha cyane.

Avuga ko ubushakashatsi bwakozwe kuri moto bwo kuba yakoresha umunyu n’amazi bagiye no kubukorera ku modoka ku buryo mu minsi iri imbere kuri iki kirwa hashobora kuzava inkuru nziza y’uko Imodoka ishobora gukoresha amazi n’umunyu.

Yagize ati ” “Kuri moto byaratunganye, gukoresha umunyu n’amazi ikagenda, vuba aha n’imodoka twizeye ko tuzayishyira hanze ikoresha umunyu n’amazi.

Padiri Silas avuga ko abanyeshuri bagiye kwinjira mu bihe by’ibizamini ariko ko nibabisozwa bazahita binjira muri ubu bushakashatsi.

Uyu musaseridoti yaboneyeho no kuvuguruza amakuru yavugaga ko uwitwa Marshall yagize uruhare mu kuhageza iyi modoka, avuga ko uyu muhanzi yabonye amafoto agahita ayuriraho akiyitirira iki gikorwa.

Padiri yagize ati “Ntaho ahuriye na byo…Marchall Ujeku ntaho ahuriye na byo nta n’ubwo yigeze atera inkunga ishuri nibura ngo ashyigikire ibyo bikorwa abana bakora, ni twe twayambukije ku giti cyacu kandi igiye gukoreshwa n’abanyeshuri bacu nyirizina.”

Uyu wihaye Imana uvuga ko kwambutsa iyi modoka mu bwato byatwaye ibihumbi 300 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Rubavu: Ivatiri ifite ibirango byo muri Congo yasekuye inzu iruhukiramo imbere

Next Post

U Rwanda rwavuze impamvu rudashobora kugirana imishyikirano na Kayumba Nyamwasa

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwavuze impamvu rudashobora kugirana imishyikirano na Kayumba Nyamwasa

U Rwanda rwavuze impamvu rudashobora kugirana imishyikirano na Kayumba Nyamwasa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.