Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyatumye Umupadiri yuriza imodoka ubwato akayijyana ku Kirwa cya Nkombo cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
17/03/2022
in MU RWANDA
0
Icyatumye Umupadiri yuriza imodoka ubwato akayijyana ku Kirwa cya Nkombo cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Werurwe 2022, abatuye Ikirwa cya Nkombo bongeye kubona imodoka ku Kirwa cyabo, ikintu bafata nk’imbonekarimwe dore ko iki kinyabiziga cy’amapine ane ari ubwa gatatu kihakandagiye. Umupadiri wayihajyanye yavuze impamvu yabimuteye.

Amakuru yabanje gusakara ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, yavugaga ko iyi modoka yajyanywe n’Umuhanzi Marchal uvuka kuri iki Kirwa cya Nkombo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, wayihajyanye kugira ngo ayereke abahatuye.

Gusa amakuru RADIOTV10 yaje kumenya, ni uko iyi modoka yajyanyweyo na Padiri Silas Nsengumuremyi, umuyobozi wa w’Urwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Pierre Nkombo.

Kuri iri shuri rya G.S Saint Pierre Nkombo hamaze iminsi hari abanyeshuri bari mu bushakashatsi ku bikorwa binyuranye bavumbura birimo na moto ikoresha umunyu yanashimwe na benshi barimo n’abayobozi mu nzego nkuru basuye iri shuri.

Padiri Silas Nsengumuremyi yabwiye RADIOTV10 ko iyi modoka igiye kujya yifashishwa n’abanyeshuri mu bushakashatsi bwabo kandi ko bizeye ko izabafasha cyane.

Avuga ko ubushakashatsi bwakozwe kuri moto bwo kuba yakoresha umunyu n’amazi bagiye no kubukorera ku modoka ku buryo mu minsi iri imbere kuri iki kirwa hashobora kuzava inkuru nziza y’uko Imodoka ishobora gukoresha amazi n’umunyu.

Yagize ati ” “Kuri moto byaratunganye, gukoresha umunyu n’amazi ikagenda, vuba aha n’imodoka twizeye ko tuzayishyira hanze ikoresha umunyu n’amazi.

Padiri Silas avuga ko abanyeshuri bagiye kwinjira mu bihe by’ibizamini ariko ko nibabisozwa bazahita binjira muri ubu bushakashatsi.

Uyu musaseridoti yaboneyeho no kuvuguruza amakuru yavugaga ko uwitwa Marshall yagize uruhare mu kuhageza iyi modoka, avuga ko uyu muhanzi yabonye amafoto agahita ayuriraho akiyitirira iki gikorwa.

Padiri yagize ati “Ntaho ahuriye na byo…Marchall Ujeku ntaho ahuriye na byo nta n’ubwo yigeze atera inkunga ishuri nibura ngo ashyigikire ibyo bikorwa abana bakora, ni twe twayambukije ku giti cyacu kandi igiye gukoreshwa n’abanyeshuri bacu nyirizina.”

Uyu wihaye Imana uvuga ko kwambutsa iyi modoka mu bwato byatwaye ibihumbi 300 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 16 =

Previous Post

Rubavu: Ivatiri ifite ibirango byo muri Congo yasekuye inzu iruhukiramo imbere

Next Post

U Rwanda rwavuze impamvu rudashobora kugirana imishyikirano na Kayumba Nyamwasa

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwavuze impamvu rudashobora kugirana imishyikirano na Kayumba Nyamwasa

U Rwanda rwavuze impamvu rudashobora kugirana imishyikirano na Kayumba Nyamwasa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.