• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Icyatumye umutoza wa rayon afata umweyo agakubura cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
27/04/2022
in SIPORO
0
Icyatumye umutoza wa rayon afata umweyo agakubura cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umunya-Portugal Ferreira Faria Paulo Daniel usanzwe ari Umutoza wungirije wa Rayon Sports, agaragaye acigatiye umweyo ari gukubura mu rwambariro rw’abakinnyi, hasobanuwe impamvu.

Ni ifoto ikomeje kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga aho uyu mutoza ukomoka muri Portugal Ferreira Faria Paulo Daniel, agaragaye ari gusukura mu rwambariro rw’abakinnyi bigaragara ko rwarimo umwanda.

Yabikoze ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Mata 2022 ubwo Ikipe ya Rayon Sports yahuraga na Bugesera FC mu mikino y’Igikombe cy’amahoro ukarangira Rayon inabonye intsinzi y’igitego 1-0.

Benshi batunguwe, bibaza niba ari we wari ukwiye gufata umweyo agasukura mu rwambariro cyangwa niba byagakwiye gukorwa n’umukozi ubishinzwe cyangwa umukinnyi wabyiyemeza akabikora.

Abandi na bo baribaza nib anta bashinzwe isuku yo kuri stade ku buryo ari bo bari gukora ibi byakorwaga n’umutoza.

Ubutoza bwa Rayon Sports bwo bwatangaje ko ntagitangaza kirimo kuba umwe mu batoza yakora aka kazi.

Umutoza Mukuru wa Rayon Sports, Jorge yagize ati “impamvu ni uko ari twe tuba twahakoreye tuhafata nk’iwacu. Mu biro byacu.”

Uyu mutoza yavuze ko kandi hari n’igihe basaba umukinnyi kuba yasukura mu rwambariro kandi akabikora atiganda.

Yagize ati “Hari igihe ubwira umukinnyi ko agomba kuhatunganya kandi akabikora.”

Uyu mutoza avuga ko uko ikipe yinjiye mu rwambariro iba igomba kubusohokamo ibanje kuhakora amasuku kandi ko bikorwa n’umwe mu bayigize. Ati “buri gihe nitwe twikorera mu rwambariro rwacu.”

Umutoza yashyize hasi ibyo guha amabwiriza abakinnyi akora amasuku

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Uganda: Ibiro by’Umuyobozi uri muri batanu bakomeye mu Gihugu byafashwe n’inkongi y’Umuriro

Next Post

Rubavu: Umugore wishe umugabo we ubwo barwanaga bapfuye igikatsi yakatiwe imyaka 25

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Rubavu: Umugore wishe umugabo we ubwo barwanaga bapfuye igikatsi yakatiwe imyaka 25

Rubavu: Umugore wishe umugabo we ubwo barwanaga bapfuye igikatsi yakatiwe imyaka 25

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.