Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyatumye urubanza rwa Prince Kid rwimurwa cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
09/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Icyatumye urubanza rwa Prince Kid rwimurwa cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza rw’ubujurire ruregwamo Prince Kid rwari ruteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Werurwe, rwimuriwe ku yindi tariki, ku mpamvu yamaze gutangazwa.

Byari biteganyijwe ko Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid aburana ubujurire bw’Ubushinjacyaha kuri uyu wa Gatanu, ariko ntibikibaye kuko urubanza rwashyizwe ku yindi tariki.

Uru rubanza rw’ubujurire ruzaburanishwa n’Urukiko Rukuru, rwimuriwe tariki 31 Werurwe 2023 kimwe n’izindi manza zari ziteganyijwe kuri uyu wa Gatanu.

Iri subikwa ry’imanza zirimo ururegwamo Prince Kid, ryaturutse ku kuba kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Werurwe 2023 hateganyijwe inama y’Abacamanza b’inkiko.

Prince Kid agiye kuburana ku bujurire bwatanzwe n’Ubushinjacyaha butanyuzwe n’icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamugize umwere.

Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid yagizwe umwere mu mpera z’umwaka ushize ahita afungurwa nyuma y’amezi umunani yari amaze afunze.

Prince Kid akurikiranyweho icyaha cyo gusaba undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina ndetse n’icyaha cyo guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina, byombi akaba yari yabigizweho umwere.

Ni ibyaha akekwaho gukorera bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe binyuranye.

Agiye kuburana ubujurire bwatanzwe n’Ubushinjacyaha, nyuma yuko mu cyumweru gishize yasezeranye mu mategeko na Iradukunda Elsa wigeze kwegukana ikamba muri iri rushanwa rya Miss Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Ruhango: Ibyabaye ku banyoye umutobe bivugwa ko uhumanye byatunguye benshi

Next Post

Urubyiruko rwahishuriwe urugamba rugomba kurwana mu by’u Rwanda na Congo n’intwaro ruzifashisha

Related Posts

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

by radiotv10
30/12/2025
0

Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje...

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

by radiotv10
30/12/2025
0

Abahanzi Ali Kiba wo muri Tanzania uri mu bafite izina rikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba, na Shaffy; bageze mu Rwanda kwitegura...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu bane barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi 'Yampano', baherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo,...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubyiruko rwahishuriwe urugamba rugomba kurwana mu by’u Rwanda na Congo n’intwaro ruzifashisha

Urubyiruko rwahishuriwe urugamba rugomba kurwana mu by'u Rwanda na Congo n’intwaro ruzifashisha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.