Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyavuzwe n’Ishyaka rihanganye n’iri ku butegetsi mu Bwongereza ku mafaranga yahawe u Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyavuzwe n’Ishyaka rihanganye n’iri ku butegetsi mu Bwongereza ku mafaranga yahawe u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi wa ‘Labour Party’, ishyaka rihanganye n’iriyoboye u Bwongereza, aherutse kugira icyo avuga ku mafaranga iki Gihugu cyahaye u Rwanda muri gahunda yo kohereza abimukira.

Perezida Paul Kagame aherutse kuvuga ko u Rwanda rushoboza kuzasubiza u Bwongereza bwaruhaye muri gahunda yo kohereza no kwakira abimukira, mu gihe icyo yagenewe cyaba kitabaye.

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’Umunyamakuru wa BBC i Davos, yagize ati “Ni amafaranga yagenewe kuzakoresha kuri abo bantu ubwo bazaba baje. Nibaramuka bataje, dushobora kubasubiza amafaranga.”

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje nyuma y’igihe gito, Sir Kiir Rodney Stamer uyobora ‘Labour Party’ ishyaka rihanganye n’iriyoboye u Bwongereza; agize icyo avuga kuri aya mafaranga Guverinoma y’Igihugu cyabo yahaye u Rwanda.

Ubwo yari imbere ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, uyu muyobozi wa Labour Party, yavuze ko bibabaje kuba icyatangiwe ayo mafaranga kitarakorwa.

Yagize ati “Iyi ni Guverinoma yatanze imisoro y’abaturage ingana miliyoni 400 z’Ama-Pound ku masezerano bagiranye n’u Rwanda ariko nta muntu n’umwe bigeze bohereza. Gutanga amafaranga angana atyo; ukanabura abantu basaga 4 000 ni ikibazo gikomeye. Bagiranye amasezerano n’u Rwanda yo koherezayo abantu, none wagira ngo bemeranyije kubakurayo babazana hano. Kugeza n’ubu ntagisubizo abifitiye.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, na we aherutse kuvuga ko nubwo mu masezerano iki Gihugu cyagiranye n’u Bwongereza, hatarimo ibyerecyeye kuzasubiza amafaranga yatanzwe, ariko ko igihe u Bwongereza bwabisaba, byarebwaho.

Yagize ati “Ugendeye ku mabwiriza y’amasezerano, ntabwo u Rwanda rutegetswe gusubiza amafaranga ayo ari yo yose. Ariko igihe nta bimukira baba baje mu Rwanda, kandi Guverinoma y’u Bwongereza ikifuza gusubizwa inkunga yari igenewe gufasha abimukira, tuzaha agaciro ubwo busabe.”

Aya masezerano yo kohereza abimukira n’abasaba ubuhungiro binjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, yakunze guhura n’imbogamizi nyinshi zishingiye ku bayamagana bifuza ko adashyirwa mu bikorwa.

Gusa kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mutarama 2024, Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza umutwe w’Abadepite watoye uyu mugambi w’Ibihugu byombi, ku bwiganze bw’amajwi 44, kuko watowe na 320 kuri 276 bawanze.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak we aracyafite icyizere gihagije ko uyu mugambi w’Igihugu cye n’u Rwanda, uzagerwaho.

Imibare igaragaza ko abimukira 4 250; bangana na 85% by’abantu 5 000 bagomba koherezwa mu Rwanda batorotse, ndetse kugeza ubu u Bwongereza bukaba butazi aho baherereye.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − five =

Previous Post

Umuhanzi w’umuziki w’Imana yavuze igisa n’iyerekwa afite ku bawuteye umugongo bakajya mu ndirimbo z’Isi

Next Post

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku musore ukekwaho kuba ari umujura warashwe mu gicuku

Related Posts

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

by radiotv10
02/12/2025
0

Minisitiri w’Ingabo muri Nigeria, yeguye avuga ko ari ku mpamvu z’ubuzima, mu gihe iki Gihugu kimaze iminsi gifite ikibazo cy’abashimutwa...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

03/12/2025
Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku musore ukekwaho kuba ari umujura warashwe mu gicuku

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku musore ukekwaho kuba ari umujura warashwe mu gicuku

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.