Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyavuzwe n’Ishyaka rihanganye n’iri ku butegetsi mu Bwongereza ku mafaranga yahawe u Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyavuzwe n’Ishyaka rihanganye n’iri ku butegetsi mu Bwongereza ku mafaranga yahawe u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi wa ‘Labour Party’, ishyaka rihanganye n’iriyoboye u Bwongereza, aherutse kugira icyo avuga ku mafaranga iki Gihugu cyahaye u Rwanda muri gahunda yo kohereza abimukira.

Perezida Paul Kagame aherutse kuvuga ko u Rwanda rushoboza kuzasubiza u Bwongereza bwaruhaye muri gahunda yo kohereza no kwakira abimukira, mu gihe icyo yagenewe cyaba kitabaye.

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’Umunyamakuru wa BBC i Davos, yagize ati “Ni amafaranga yagenewe kuzakoresha kuri abo bantu ubwo bazaba baje. Nibaramuka bataje, dushobora kubasubiza amafaranga.”

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje nyuma y’igihe gito, Sir Kiir Rodney Stamer uyobora ‘Labour Party’ ishyaka rihanganye n’iriyoboye u Bwongereza; agize icyo avuga kuri aya mafaranga Guverinoma y’Igihugu cyabo yahaye u Rwanda.

Ubwo yari imbere ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, uyu muyobozi wa Labour Party, yavuze ko bibabaje kuba icyatangiwe ayo mafaranga kitarakorwa.

Yagize ati “Iyi ni Guverinoma yatanze imisoro y’abaturage ingana miliyoni 400 z’Ama-Pound ku masezerano bagiranye n’u Rwanda ariko nta muntu n’umwe bigeze bohereza. Gutanga amafaranga angana atyo; ukanabura abantu basaga 4 000 ni ikibazo gikomeye. Bagiranye amasezerano n’u Rwanda yo koherezayo abantu, none wagira ngo bemeranyije kubakurayo babazana hano. Kugeza n’ubu ntagisubizo abifitiye.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, na we aherutse kuvuga ko nubwo mu masezerano iki Gihugu cyagiranye n’u Bwongereza, hatarimo ibyerecyeye kuzasubiza amafaranga yatanzwe, ariko ko igihe u Bwongereza bwabisaba, byarebwaho.

Yagize ati “Ugendeye ku mabwiriza y’amasezerano, ntabwo u Rwanda rutegetswe gusubiza amafaranga ayo ari yo yose. Ariko igihe nta bimukira baba baje mu Rwanda, kandi Guverinoma y’u Bwongereza ikifuza gusubizwa inkunga yari igenewe gufasha abimukira, tuzaha agaciro ubwo busabe.”

Aya masezerano yo kohereza abimukira n’abasaba ubuhungiro binjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, yakunze guhura n’imbogamizi nyinshi zishingiye ku bayamagana bifuza ko adashyirwa mu bikorwa.

Gusa kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mutarama 2024, Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza umutwe w’Abadepite watoye uyu mugambi w’Ibihugu byombi, ku bwiganze bw’amajwi 44, kuko watowe na 320 kuri 276 bawanze.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak we aracyafite icyizere gihagije ko uyu mugambi w’Igihugu cye n’u Rwanda, uzagerwaho.

Imibare igaragaza ko abimukira 4 250; bangana na 85% by’abantu 5 000 bagomba koherezwa mu Rwanda batorotse, ndetse kugeza ubu u Bwongereza bukaba butazi aho baherereye.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Umuhanzi w’umuziki w’Imana yavuze igisa n’iyerekwa afite ku bawuteye umugongo bakajya mu ndirimbo z’Isi

Next Post

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku musore ukekwaho kuba ari umujura warashwe mu gicuku

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku musore ukekwaho kuba ari umujura warashwe mu gicuku

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku musore ukekwaho kuba ari umujura warashwe mu gicuku

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.