Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyavuzwe n’Ishyaka rihanganye n’iri ku butegetsi mu Bwongereza ku mafaranga yahawe u Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyavuzwe n’Ishyaka rihanganye n’iri ku butegetsi mu Bwongereza ku mafaranga yahawe u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi wa ‘Labour Party’, ishyaka rihanganye n’iriyoboye u Bwongereza, aherutse kugira icyo avuga ku mafaranga iki Gihugu cyahaye u Rwanda muri gahunda yo kohereza abimukira.

Perezida Paul Kagame aherutse kuvuga ko u Rwanda rushoboza kuzasubiza u Bwongereza bwaruhaye muri gahunda yo kohereza no kwakira abimukira, mu gihe icyo yagenewe cyaba kitabaye.

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’Umunyamakuru wa BBC i Davos, yagize ati “Ni amafaranga yagenewe kuzakoresha kuri abo bantu ubwo bazaba baje. Nibaramuka bataje, dushobora kubasubiza amafaranga.”

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje nyuma y’igihe gito, Sir Kiir Rodney Stamer uyobora ‘Labour Party’ ishyaka rihanganye n’iriyoboye u Bwongereza; agize icyo avuga kuri aya mafaranga Guverinoma y’Igihugu cyabo yahaye u Rwanda.

Ubwo yari imbere ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, uyu muyobozi wa Labour Party, yavuze ko bibabaje kuba icyatangiwe ayo mafaranga kitarakorwa.

Yagize ati “Iyi ni Guverinoma yatanze imisoro y’abaturage ingana miliyoni 400 z’Ama-Pound ku masezerano bagiranye n’u Rwanda ariko nta muntu n’umwe bigeze bohereza. Gutanga amafaranga angana atyo; ukanabura abantu basaga 4 000 ni ikibazo gikomeye. Bagiranye amasezerano n’u Rwanda yo koherezayo abantu, none wagira ngo bemeranyije kubakurayo babazana hano. Kugeza n’ubu ntagisubizo abifitiye.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, na we aherutse kuvuga ko nubwo mu masezerano iki Gihugu cyagiranye n’u Bwongereza, hatarimo ibyerecyeye kuzasubiza amafaranga yatanzwe, ariko ko igihe u Bwongereza bwabisaba, byarebwaho.

Yagize ati “Ugendeye ku mabwiriza y’amasezerano, ntabwo u Rwanda rutegetswe gusubiza amafaranga ayo ari yo yose. Ariko igihe nta bimukira baba baje mu Rwanda, kandi Guverinoma y’u Bwongereza ikifuza gusubizwa inkunga yari igenewe gufasha abimukira, tuzaha agaciro ubwo busabe.”

Aya masezerano yo kohereza abimukira n’abasaba ubuhungiro binjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, yakunze guhura n’imbogamizi nyinshi zishingiye ku bayamagana bifuza ko adashyirwa mu bikorwa.

Gusa kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mutarama 2024, Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza umutwe w’Abadepite watoye uyu mugambi w’Ibihugu byombi, ku bwiganze bw’amajwi 44, kuko watowe na 320 kuri 276 bawanze.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak we aracyafite icyizere gihagije ko uyu mugambi w’Igihugu cye n’u Rwanda, uzagerwaho.

Imibare igaragaza ko abimukira 4 250; bangana na 85% by’abantu 5 000 bagomba koherezwa mu Rwanda batorotse, ndetse kugeza ubu u Bwongereza bukaba butazi aho baherereye.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 16 =

Previous Post

Umuhanzi w’umuziki w’Imana yavuze igisa n’iyerekwa afite ku bawuteye umugongo bakajya mu ndirimbo z’Isi

Next Post

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku musore ukekwaho kuba ari umujura warashwe mu gicuku

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku musore ukekwaho kuba ari umujura warashwe mu gicuku

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku musore ukekwaho kuba ari umujura warashwe mu gicuku

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.