Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyemezo cyafatiwe umunyamakuru w’imyidagaduro waregwaga gukorera urugomo mu kabari cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
21/06/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Icyemezo cyafatiwe umunyamakuru w’imyidagaduro waregwaga gukorera urugomo mu kabari cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Rugemena Amen uzwi nka Babu mu biganiro by’imyidagaduro, yahamijwe icyaha cyo gukubita no gukomeretsa yakoreye umuturage mu kabari, akatirwa igihano cy’igifungo gisubitse.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Kamena 2024, nyuma y’uko ruburanishije uru rubanza mu cyumweru gishize tariki 13 Kamena 2024.

Ubwo uregwa yaburanaga mu mizi kuri iki cyaha, Ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa umwaka umwe no gutanga ihazabu y’ibihumbi 300 Frw.

Ni nyuma y’uko Ubushinjacyaha bwari bwagaragaje ibimenyetso ko uregwa yakubise igipfunsi mu maso umuturage, akanamukomeretsa.

Mu gusoma icyemezo cy’Urukiko, Umucamanza yavuze ko icyaha kiregwa Rugemena Amen [Babu] kimuhama, cyane ko na we ubwe yakiyemereye, rutegeka ko ahanishwa igifungo gisubitse mu gihe cy’amezi atatu no gutanga ihazabu y’ibihumbi 50 Frw.

Mu iburanisha, Babu yemeraga icyaha ko yakubise uwo musore, ariko agasaba kugabanyirizwa igihano ntafungwe, kuko uwo yashinjwaga gukorera icyaha, yamusabye imbabazi, ndetse ko biyunze bakanabikorera inyandiko, aho uwo musore avugwaho gukubita yaniyemereye ko ari we wari wamwenderanyijeho.

Umunyamakuru Babu arekuwe nyuma y’ibyumweru bitatu, dore ko yatawe muri yombi mu ijoro ryo ku ya 01 rishyira ku ya 02 Kamena 2024, nyuma y’uko yari akurikiranyweho icyaha cyo ukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake, uwo bari bahuriye mu kabari kamwe gaherereye mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − six =

Previous Post

Kenya: Ubutumwa buteye agahinda bw’Umupolisi wahuye n’isanganya rikomeye mu guhosha imyigaragambyo

Next Post

Musanze: Umuseke watambitse bamwe berecyeza aho bakirira Umukandida wa RPF-Inkotanyi hatangizwa Kwiyamamaza

Related Posts

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Kyra Nkezabera, whose parents include a Rwandan father and a Belgian mother, has reached the final round of the Miss...

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yatanze umucyo ku byatumye hari abakeka ko yaba yarabeshye abantu igihe kinini ko atabona, avuga ko amashusho...

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

by radiotv10
21/11/2025
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, uri guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi (Miss Belgium), yageze mu cyiciro cya...

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzi Bill Ruzima wari uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, yamaze kujyanwa mu Kigo Ngororamuco cya Huye cyanyuzemo abandi...

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yageneye ubutumwa mugenzi we Ishimwe Vestine amukomeza, nyuma yuko hagiye hanze...

IZIHERUKA

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium
IMYIDAGADURO

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

21/11/2025
Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Umuseke watambitse bamwe berecyeza aho bakirira Umukandida wa RPF-Inkotanyi hatangizwa Kwiyamamaza

Musanze: Umuseke watambitse bamwe berecyeza aho bakirira Umukandida wa RPF-Inkotanyi hatangizwa Kwiyamamaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.