Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyemezo cy’ubuyobozi cyatumye umwana afungiranwa mu nzu cyazamuye urunturuntu hagati yabwo n’abaturage

radiotv10by radiotv10
31/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyemezo cy’ubuyobozi cyatumye umwana afungiranwa mu nzu cyazamuye urunturuntu hagati yabwo n’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, ntibavuga rumwe n’ubuyobozi bw’uyu Murenge banenga gufunga inzu y’umuturage yari imaze imyaka itanu ikorerwamo buyihora ko yubatswe mu buryo butemewe bukayifungiraniramo umwana wari uryamyemo akavanwamo bigoranye.

Abaturage bavuga ko batunguwe no kubona inzu imaze imyaka itanu ituwemo ndetse inakorerwamo ubucuruzi, ifungwa n’ubuyobozi ngo kubera ko yubatswe mu buryo butemewe.

Mvuyekure Celestin ati “Harimo akarengane kubera inzu yarubatswe babizi, imyaka itanu irashize abayobozi babizi.”

Nyiri iyi nzu avuga ko ubuyobozi buza kuyifunga hari haryamyemo umwana muto ariko abaturage bagerageje kubivuga ntibwabyumva, ahubwo bushyiraho ingufuri buragenda biba ngombwa ko umwana akurwamo n’abaturage bakoresheje urwego.

Mvuyekure Celestin akomeza agira ati “DASSO azana ingufuri ashyiraho turamubwira ngo nubwo uhafunze harimo umwana, twakoze ubutabazi dukora urwego rurerure twice n’idirishya tumuvanamo.”

Uwumukiza Beatrice, umubyeyi w’uyu mwana, na we yagize ati “Ndababwira nti ‘bakingiranyemo umwana wanjye, nimumbaba dushakishe ukuntu twamukuramo’, baraza bafata urwego baca idirishya binjiramo bamukuramo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Damas Uwimana yemereye RADIOTV10 ko ubuyobozi bw’Umurenge ari bwo bwafunze iyi nzu, gusa ahakana ko baba barafungiyemo umwana.

Ati “Ni ubuyobozi bw’Umurenge bwayifunze kuko yubatswe mu buryo budakurukije amabwiriza y’imyubakire. Iby’uko yari imaze imyaka itantu ntabyo tuzi. Ibyo by’umwana ntabyo tuzi, ubwo se nyine hari umuyobozi wakora ibyo ngibyo byo gufungirana umwana?”

Nyiri iyi nzu avuga ko uretse umwana wakuwemo n’abaturage, hari harimo n’ibicuruzwa nk’umutobe, indangara, n’inzoga ku buryo hari ibyangirikiyemo bikamuviramo igihombo.

Umwana wari wafungiranywe muri iyi nzu, yakuwemo bigoranye

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − five =

Previous Post

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Next Post

Igisubizo Trump yahaye uwamubajije ku by’u Rwanda na Congo

Related Posts

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’
AMAHANGA

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

07/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo Trump yahaye uwamubajije ku by’u Rwanda na Congo

Igisubizo Trump yahaye uwamubajije ku by’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.