Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyemezo cy’ubuyobozi cyatumye umwana afungiranwa mu nzu cyazamuye urunturuntu hagati yabwo n’abaturage

radiotv10by radiotv10
31/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyemezo cy’ubuyobozi cyatumye umwana afungiranwa mu nzu cyazamuye urunturuntu hagati yabwo n’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, ntibavuga rumwe n’ubuyobozi bw’uyu Murenge banenga gufunga inzu y’umuturage yari imaze imyaka itanu ikorerwamo buyihora ko yubatswe mu buryo butemewe bukayifungiraniramo umwana wari uryamyemo akavanwamo bigoranye.

Abaturage bavuga ko batunguwe no kubona inzu imaze imyaka itanu ituwemo ndetse inakorerwamo ubucuruzi, ifungwa n’ubuyobozi ngo kubera ko yubatswe mu buryo butemewe.

Mvuyekure Celestin ati “Harimo akarengane kubera inzu yarubatswe babizi, imyaka itanu irashize abayobozi babizi.”

Nyiri iyi nzu avuga ko ubuyobozi buza kuyifunga hari haryamyemo umwana muto ariko abaturage bagerageje kubivuga ntibwabyumva, ahubwo bushyiraho ingufuri buragenda biba ngombwa ko umwana akurwamo n’abaturage bakoresheje urwego.

Mvuyekure Celestin akomeza agira ati “DASSO azana ingufuri ashyiraho turamubwira ngo nubwo uhafunze harimo umwana, twakoze ubutabazi dukora urwego rurerure twice n’idirishya tumuvanamo.”

Uwumukiza Beatrice, umubyeyi w’uyu mwana, na we yagize ati “Ndababwira nti ‘bakingiranyemo umwana wanjye, nimumbaba dushakishe ukuntu twamukuramo’, baraza bafata urwego baca idirishya binjiramo bamukuramo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Damas Uwimana yemereye RADIOTV10 ko ubuyobozi bw’Umurenge ari bwo bwafunze iyi nzu, gusa ahakana ko baba barafungiyemo umwana.

Ati “Ni ubuyobozi bw’Umurenge bwayifunze kuko yubatswe mu buryo budakurukije amabwiriza y’imyubakire. Iby’uko yari imaze imyaka itantu ntabyo tuzi. Ibyo by’umwana ntabyo tuzi, ubwo se nyine hari umuyobozi wakora ibyo ngibyo byo gufungirana umwana?”

Nyiri iyi nzu avuga ko uretse umwana wakuwemo n’abaturage, hari harimo n’ibicuruzwa nk’umutobe, indangara, n’inzoga ku buryo hari ibyangirikiyemo bikamuviramo igihombo.

Umwana wari wafungiranywe muri iyi nzu, yakuwemo bigoranye

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − five =

Previous Post

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Next Post

Igisubizo Trump yahaye uwamubajije ku by’u Rwanda na Congo

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo Trump yahaye uwamubajije ku by’u Rwanda na Congo

Igisubizo Trump yahaye uwamubajije ku by’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.