Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyemezo gitunguranye kuri Karasira uherutse kwitaba Urukiko yitwaje Bibiliya Ntagatigu

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Karasira Aimable Nzaramba wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, ukurikiranyweho ibyaha bitandukanye, nyuma yuko we n’abamwunganira babwiye Urukiko ko afite uburwayi bwo mu mutwe, Urukiko rwemeje ko agomba kubanza gusuzumwa n’abaganga babifitiye ububasha.

Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Kane tariki 06 Mata 2023, aho Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwatangaje icyemezo ku nzitizi zari zatanzwe n’uruhande rw’uregwa.

Mu iburanisha ryabaye ku wa Mbere tariki 03 Mata 2023, Aimable Karasira n’abanyamategeko bamwunganira; Me Gatera Gashabana na Me Evode Kayitana, bari bazamuye inzitizi bavuga ko umukiliya wabo adakwiye kuburanishwa kuko afite ikibazo cy’uburwayi mu mutwe, bityo ko akwiye kujyanwa kuvuzwa ahubwo.

Me Kayitana Evode we yari yanatanze urugero rwa Barafinda Sekikubo Fred wigeze guhamagazwa n’inzego z’Ubugenzacyaha, ariko zikaza gusanga afite uburwayi bwo mu mutwe, ntizibe zikimukurikiranye.

Uyu Munyamategeko yavuze ko uyu mugabo [Barafinda] aho kuryozwa ibyaha yari akurikiranyweho, yajyanywe mu Bitaro bivura abafite uburwayi bwo mu mutwe, akavurwa.

Muri iri buranisha ryo ku wa Mbere Me Kayitana yari yagize ati “Ubu ntakibazo afite [Barafinda], ari we na Karasira Aimable na we niko akwiye gufatwa.”

Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga rufite icyicaro i Nyanza, rwari rwasoje kumva impaka kuri izi nziti, rutangaza ko ruzasoma icyemezo cyarwo none ku wa Kane tariki 06 Mata 2023.

Uru Rukiko rwemeje ko hashyirwaho abaganga batatu (3) bo kuzabanza gusuzuma Aimable Karasira, mu Bitaro by’i Ndera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Urukiko rwavuze ko izo nzobere z’abaganga zizagaragaza ikigero cy’uburwayi bwo mu mutwe bwa Karasira Aimable.

Aimable Karasira na we ubwe yakunze kuvuga ko afite ubwo burwayi bw’agahinda gakabije, bufitanye isano n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi, yamutwaye abe, ndetse n’umuvanimwe yasigaranye na we akaba afite uburwayi bwo mu mutwe.

Ubusanzwe iyo uwakoze icyaha, byemejwe n’abaganga babifitiye ububasha ko afite uburwayi bwo mu mutwe butamwerera kuba yaburana, itegeko riteganya ko ataryozwa icyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 7 =

Previous Post

Chad: Inyeshyamba zishe Perezida zakorewe ibitarakekwaga

Next Post

Ufitanye isano n’uwabaye Perezida wa USA wagize amateka yafashe icyemezo gikomeye

Related Posts

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Bamwe mu Basenateri muri Sena y'u Rwanda, bagararije Guverinoma y'u Rwanda ko aborozi bakigorwa cyane no kubona ibiryo by'amatungo, kuko...

IZIHERUKA

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo
MU RWANDA

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ufitanye isano n’uwabaye Perezida wa USA wagize amateka yafashe icyemezo gikomeye

Ufitanye isano n'uwabaye Perezida wa USA wagize amateka yafashe icyemezo gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.