Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyemezo gitunguranye kuri Karasira uherutse kwitaba Urukiko yitwaje Bibiliya Ntagatigu

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Karasira Aimable Nzaramba wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, ukurikiranyweho ibyaha bitandukanye, nyuma yuko we n’abamwunganira babwiye Urukiko ko afite uburwayi bwo mu mutwe, Urukiko rwemeje ko agomba kubanza gusuzumwa n’abaganga babifitiye ububasha.

Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Kane tariki 06 Mata 2023, aho Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwatangaje icyemezo ku nzitizi zari zatanzwe n’uruhande rw’uregwa.

Mu iburanisha ryabaye ku wa Mbere tariki 03 Mata 2023, Aimable Karasira n’abanyamategeko bamwunganira; Me Gatera Gashabana na Me Evode Kayitana, bari bazamuye inzitizi bavuga ko umukiliya wabo adakwiye kuburanishwa kuko afite ikibazo cy’uburwayi mu mutwe, bityo ko akwiye kujyanwa kuvuzwa ahubwo.

Me Kayitana Evode we yari yanatanze urugero rwa Barafinda Sekikubo Fred wigeze guhamagazwa n’inzego z’Ubugenzacyaha, ariko zikaza gusanga afite uburwayi bwo mu mutwe, ntizibe zikimukurikiranye.

Uyu Munyamategeko yavuze ko uyu mugabo [Barafinda] aho kuryozwa ibyaha yari akurikiranyweho, yajyanywe mu Bitaro bivura abafite uburwayi bwo mu mutwe, akavurwa.

Muri iri buranisha ryo ku wa Mbere Me Kayitana yari yagize ati “Ubu ntakibazo afite [Barafinda], ari we na Karasira Aimable na we niko akwiye gufatwa.”

Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga rufite icyicaro i Nyanza, rwari rwasoje kumva impaka kuri izi nziti, rutangaza ko ruzasoma icyemezo cyarwo none ku wa Kane tariki 06 Mata 2023.

Uru Rukiko rwemeje ko hashyirwaho abaganga batatu (3) bo kuzabanza gusuzuma Aimable Karasira, mu Bitaro by’i Ndera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Urukiko rwavuze ko izo nzobere z’abaganga zizagaragaza ikigero cy’uburwayi bwo mu mutwe bwa Karasira Aimable.

Aimable Karasira na we ubwe yakunze kuvuga ko afite ubwo burwayi bw’agahinda gakabije, bufitanye isano n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi, yamutwaye abe, ndetse n’umuvanimwe yasigaranye na we akaba afite uburwayi bwo mu mutwe.

Ubusanzwe iyo uwakoze icyaha, byemejwe n’abaganga babifitiye ububasha ko afite uburwayi bwo mu mutwe butamwerera kuba yaburana, itegeko riteganya ko ataryozwa icyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + seven =

Previous Post

Chad: Inyeshyamba zishe Perezida zakorewe ibitarakekwaga

Next Post

Ufitanye isano n’uwabaye Perezida wa USA wagize amateka yafashe icyemezo gikomeye

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ufitanye isano n’uwabaye Perezida wa USA wagize amateka yafashe icyemezo gikomeye

Ufitanye isano n'uwabaye Perezida wa USA wagize amateka yafashe icyemezo gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.