Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyemezo gitunguranye kuri Karasira uherutse kwitaba Urukiko yitwaje Bibiliya Ntagatigu

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Karasira Aimable Nzaramba wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, ukurikiranyweho ibyaha bitandukanye, nyuma yuko we n’abamwunganira babwiye Urukiko ko afite uburwayi bwo mu mutwe, Urukiko rwemeje ko agomba kubanza gusuzumwa n’abaganga babifitiye ububasha.

Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Kane tariki 06 Mata 2023, aho Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwatangaje icyemezo ku nzitizi zari zatanzwe n’uruhande rw’uregwa.

Mu iburanisha ryabaye ku wa Mbere tariki 03 Mata 2023, Aimable Karasira n’abanyamategeko bamwunganira; Me Gatera Gashabana na Me Evode Kayitana, bari bazamuye inzitizi bavuga ko umukiliya wabo adakwiye kuburanishwa kuko afite ikibazo cy’uburwayi mu mutwe, bityo ko akwiye kujyanwa kuvuzwa ahubwo.

Me Kayitana Evode we yari yanatanze urugero rwa Barafinda Sekikubo Fred wigeze guhamagazwa n’inzego z’Ubugenzacyaha, ariko zikaza gusanga afite uburwayi bwo mu mutwe, ntizibe zikimukurikiranye.

Uyu Munyamategeko yavuze ko uyu mugabo [Barafinda] aho kuryozwa ibyaha yari akurikiranyweho, yajyanywe mu Bitaro bivura abafite uburwayi bwo mu mutwe, akavurwa.

Muri iri buranisha ryo ku wa Mbere Me Kayitana yari yagize ati “Ubu ntakibazo afite [Barafinda], ari we na Karasira Aimable na we niko akwiye gufatwa.”

Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga rufite icyicaro i Nyanza, rwari rwasoje kumva impaka kuri izi nziti, rutangaza ko ruzasoma icyemezo cyarwo none ku wa Kane tariki 06 Mata 2023.

Uru Rukiko rwemeje ko hashyirwaho abaganga batatu (3) bo kuzabanza gusuzuma Aimable Karasira, mu Bitaro by’i Ndera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Urukiko rwavuze ko izo nzobere z’abaganga zizagaragaza ikigero cy’uburwayi bwo mu mutwe bwa Karasira Aimable.

Aimable Karasira na we ubwe yakunze kuvuga ko afite ubwo burwayi bw’agahinda gakabije, bufitanye isano n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi, yamutwaye abe, ndetse n’umuvanimwe yasigaranye na we akaba afite uburwayi bwo mu mutwe.

Ubusanzwe iyo uwakoze icyaha, byemejwe n’abaganga babifitiye ububasha ko afite uburwayi bwo mu mutwe butamwerera kuba yaburana, itegeko riteganya ko ataryozwa icyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − eleven =

Previous Post

Chad: Inyeshyamba zishe Perezida zakorewe ibitarakekwaga

Next Post

Ufitanye isano n’uwabaye Perezida wa USA wagize amateka yafashe icyemezo gikomeye

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ufitanye isano n’uwabaye Perezida wa USA wagize amateka yafashe icyemezo gikomeye

Ufitanye isano n'uwabaye Perezida wa USA wagize amateka yafashe icyemezo gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.