Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyifuzo cy’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga batemererwa gukorera ‘Permis’ z’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/12/2023
in MU RWANDA
0
Icyifuzo cy’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga batemererwa gukorera ‘Permis’ z’u Rwanda

Rwaka Parfait ufite ubumuga bwo kutavuga amaze imyaka 24 ari umushoferi, akoresha uruhushya rwo muri Uganda

Share on FacebookShare on Twitter

Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, bavuga ko batumva impamvu batemerewe gutunga impushya zo gutwara ibinyabiziga z’u Rwanda, kandi ahandi zitangwa, dore ko hari n’abakoresha iz’amahanga, kandi ngo bakaba badateza impanuka.

Byatangajwe n’Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga, ivuga ko yakiriye ibyifuzo by’abafite ubu bumuga, bavuga ko batemerewe gukora ibizamini by’izo mpushya zo gutwara ibinyabiziga.

Ibi byifuzo byongeye kuzamurwa mu gihe u Rwanda rwiteguye kwifatanya n’Isi mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe abafite ubumuga uba tariki 03 Ukuboza.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abafite ubumuga, Emmanuel Ndayisaba, ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru gitegura kwizihiza uyu munsi, yagarutse kuri iki cyifuzo cy’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bakunze kuzamura amajwi bavuga ko batumva impamvu batemerewe gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga.

Emmanuel Ndayisaba yavuze ko hari itsinda ryoherejwe kugira ngo rizaganire n’inzego za Leta zirebwa n’iki kibazo, aho abafite ubu bumuga basaba ko amategeko y’umuhanda avugururwa.

Avuga ko izi mbogamizi ziriho mu gihe mu mwaka wa 2021 hemejwe politiki itagira uwo iheza, iha uburenganzira busesuye abantu bafite ubumuga mu nzego zose z’Igihugu.

Yagize ati “Dufite abantu benshi bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga batwara ibinyabiziga ariko bakuye impushya mu bindi Bihugu. Ndakeka ko u Rwanda na rwo rukwiye gutangira gutanga izo mpushya.”

Yakomeje agira ati “Kandi abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga ntibajya bateza impanuka mu gihe batwaye. Ni na bo bitwarararika kurusha abandi.”

Ndayisaba yakomeje avuga ko n’ubusanzwe ibinyabiziga nk’imodoka ziba zifite ibimenyetso nk’amatara ndangacyerekezo, ku buryo byorohera abafite ubu bumuga bwo kutumva no kutavuga, gutwara neza.

Parfait Rwaka w’imyaka 44 y’amavuko, ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, ni umushoferi ubimazemo imyaka 24, akaba ari umukozi w’Ihuriro ry’abafite ubumuga bwo kutavuga (RNUD).

Avuga ko yagerageje gushaka uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rwo mu Rwanda ariko ko byananiranye, ubu akaba akoresha urwo muri Uganda.

Agaragaza imbogamizi zo kuba afite uruhushya rw’amahanga, Rwaka yagize ati “Igihe nshaka kongeresha uruhushya rwanjye, njya muri Uganda kuko u Rwanda rutaremerera abafite ubumuga bwo kutavuga gutwara ibinyabiziga. Dukeneye ko habaho amavugurura mu itegeko ryereye amategeko y’umuhanda mu Rwanda.”

Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane Transparency International Rwanda, uvuga ko mu bibazo bakira, birimo n’iki cy’abafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva batemerewe gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga.

Visi Perezida wa Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere muri Sena, Pélagie Uwera, mu kiganiro giherutse kuba muri uku kwezi, yavuze ko hakenewe itegeko ryemerera abafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva, gutunga impushya zo gutwara ibinyabiziga “mu gihe zihabwa abandi nka bo ku Isi hose.”

ACP Teddy Ruyenzi wari uhagarariye Polisi y’u Rwanda muri ibi biganiro, yavuze ko uru rwego rudafite ikibazo kuri iki cyifuzo, ariko ko kugeza ubu itegeko ririho ritabirwemerera.

Yagize ati “Twe dushyira mu bikorwa amategeko. Nihaba hari itegeko ryemerera abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga gutunga impushya zo gutwara ibinyabiziga, tuzaryubahiriza.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − two =

Previous Post

Congo yavuze ko iri mu rujijo ku cyemezo gitunguranye cyafashwe n’u Burayi ku byerecyeye amatora

Next Post

Uwagarutsweho mu byo muri Miss Rwanda wari waracecetse bwa mbere yavivuzeho

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwagarutsweho mu byo muri Miss Rwanda wari waracecetse bwa mbere yavivuzeho

Uwagarutsweho mu byo muri Miss Rwanda wari waracecetse bwa mbere yavivuzeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.