Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyifuzo cy’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga batemererwa gukorera ‘Permis’ z’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/12/2023
in MU RWANDA
0
Icyifuzo cy’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga batemererwa gukorera ‘Permis’ z’u Rwanda

Rwaka Parfait ufite ubumuga bwo kutavuga amaze imyaka 24 ari umushoferi, akoresha uruhushya rwo muri Uganda

Share on FacebookShare on Twitter

Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, bavuga ko batumva impamvu batemerewe gutunga impushya zo gutwara ibinyabiziga z’u Rwanda, kandi ahandi zitangwa, dore ko hari n’abakoresha iz’amahanga, kandi ngo bakaba badateza impanuka.

Byatangajwe n’Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga, ivuga ko yakiriye ibyifuzo by’abafite ubu bumuga, bavuga ko batemerewe gukora ibizamini by’izo mpushya zo gutwara ibinyabiziga.

Ibi byifuzo byongeye kuzamurwa mu gihe u Rwanda rwiteguye kwifatanya n’Isi mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe abafite ubumuga uba tariki 03 Ukuboza.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abafite ubumuga, Emmanuel Ndayisaba, ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru gitegura kwizihiza uyu munsi, yagarutse kuri iki cyifuzo cy’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bakunze kuzamura amajwi bavuga ko batumva impamvu batemerewe gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga.

Emmanuel Ndayisaba yavuze ko hari itsinda ryoherejwe kugira ngo rizaganire n’inzego za Leta zirebwa n’iki kibazo, aho abafite ubu bumuga basaba ko amategeko y’umuhanda avugururwa.

Avuga ko izi mbogamizi ziriho mu gihe mu mwaka wa 2021 hemejwe politiki itagira uwo iheza, iha uburenganzira busesuye abantu bafite ubumuga mu nzego zose z’Igihugu.

Yagize ati “Dufite abantu benshi bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga batwara ibinyabiziga ariko bakuye impushya mu bindi Bihugu. Ndakeka ko u Rwanda na rwo rukwiye gutangira gutanga izo mpushya.”

Yakomeje agira ati “Kandi abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga ntibajya bateza impanuka mu gihe batwaye. Ni na bo bitwarararika kurusha abandi.”

Ndayisaba yakomeje avuga ko n’ubusanzwe ibinyabiziga nk’imodoka ziba zifite ibimenyetso nk’amatara ndangacyerekezo, ku buryo byorohera abafite ubu bumuga bwo kutumva no kutavuga, gutwara neza.

Parfait Rwaka w’imyaka 44 y’amavuko, ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, ni umushoferi ubimazemo imyaka 24, akaba ari umukozi w’Ihuriro ry’abafite ubumuga bwo kutavuga (RNUD).

Avuga ko yagerageje gushaka uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rwo mu Rwanda ariko ko byananiranye, ubu akaba akoresha urwo muri Uganda.

Agaragaza imbogamizi zo kuba afite uruhushya rw’amahanga, Rwaka yagize ati “Igihe nshaka kongeresha uruhushya rwanjye, njya muri Uganda kuko u Rwanda rutaremerera abafite ubumuga bwo kutavuga gutwara ibinyabiziga. Dukeneye ko habaho amavugurura mu itegeko ryereye amategeko y’umuhanda mu Rwanda.”

Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane Transparency International Rwanda, uvuga ko mu bibazo bakira, birimo n’iki cy’abafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva batemerewe gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga.

Visi Perezida wa Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere muri Sena, Pélagie Uwera, mu kiganiro giherutse kuba muri uku kwezi, yavuze ko hakenewe itegeko ryemerera abafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva, gutunga impushya zo gutwara ibinyabiziga “mu gihe zihabwa abandi nka bo ku Isi hose.”

ACP Teddy Ruyenzi wari uhagarariye Polisi y’u Rwanda muri ibi biganiro, yavuze ko uru rwego rudafite ikibazo kuri iki cyifuzo, ariko ko kugeza ubu itegeko ririho ritabirwemerera.

Yagize ati “Twe dushyira mu bikorwa amategeko. Nihaba hari itegeko ryemerera abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga gutunga impushya zo gutwara ibinyabiziga, tuzaryubahiriza.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + three =

Previous Post

Congo yavuze ko iri mu rujijo ku cyemezo gitunguranye cyafashwe n’u Burayi ku byerecyeye amatora

Next Post

Uwagarutsweho mu byo muri Miss Rwanda wari waracecetse bwa mbere yavivuzeho

Related Posts

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa
AMAHANGA

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

by radiotv10
02/12/2025
0

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwagarutsweho mu byo muri Miss Rwanda wari waracecetse bwa mbere yavivuzeho

Uwagarutsweho mu byo muri Miss Rwanda wari waracecetse bwa mbere yavivuzeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.