Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyifuzo cy’ibanga Perezida wa Korea ya Ruguru yasigiye uw’u Burusiya n’iby’ingenzi baganiriye

radiotv10by radiotv10
14/09/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyifuzo cy’ibanga Perezida wa Korea ya Ruguru yasigiye uw’u Burusiya n’iby’ingenzi baganiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ruzinduko rw’amateka Perezida wa Korea ya Ruguru, Kim Jong Un yagiriye mu Burusiya, akakirwa na Putin, bombi bagaragarizanyije ubucuti bukomeye hagati y’Ibihugu byabo, Kim anasaba Putin na we kuzamusura, arabimwemerera.

Ni uruzinduko rwabanje kugirwa ubwiru, aho rwarinze rugera ku munsi warwo nyirizina hashize amasaha macye rwemejwe kandi na bwo hadatangajwe igihe ruzabera.

Kim Jong Un wagiye mu Burusiya ari muri Gari ya Moshi idasanzwe yagenda ku muvuduko wo hasi kubera imiterere yayo, bitewe n’uburemere kuko ari umutamenwa, kuri uyu wa Gatatu yaganiriye na mugenzi we Putin, muri uru ruzinduko akoze kuva haduka icyorezo cya Covid-19.

Ibitangazamakuru byo mu Burusiya, bivuga ko muri ibi biganiro, u Burusiya bwizeje Korea ya Ruguru, ubufasha mu bijyanye n’ubumenyi mu by’isanzure, mu gukora ibyogajuru, mu gihe Putin we yemereye Abanyamakuru ko abona ko “bishoboka ko habaho imikoranire mu bya gisirikare.”

U Burusiya na Korea ya Ruguru, byombi biri mu bihano, aho kimwe cyabifatiwe kubera guteza intambara muri Ukraine, mu gihe ikindi kizira kugerageza ibisasu by’uburozi. Ni mu gihe uru ruzinduko rwa Kim mu Burusiya, hari abarubonamo impungenge ko hashobora kubaho amasezerano mu by’intwaro za kirimbuzi, mu buryo butemewe.

Ubutegetsi bwa Korea y’Epfo butajya imbizi n’ubw’iya Ruguru, bwo buvuga ko ibiri kuba hagati ya Moscow na Pyongyang ari “imikoranire ya sekibi.” Bikanashimangirwa n’u Buyapani buvuga ko ari uguhonyora ibihano bya Loni.

Minisitiri mushya w’Ububanyi n’Amahanga w’u Buyapani, Yoko Kamikawa aganira n’itangazamakuru yagize ati “Ibyo turiho tubona, birimo ibishobora gutuma habaho guhonyora ibihano by’Akanama k’Umutekano ka Loni bijyanye n’intwaro za Korea ya Ruguru.”

Perezida Kim wa Korea ya Ruguru, kuri uyu wa Gatatu yabwiye Putin ko n’ubundi na mbere yari yizeye ko u Burusiya “buzagera ku ntsinzi idasanzwe” ku banzi bose babwo. Ati “Tuzahora iteka turi ku ruhande rw’u Burusiya.”

Putin na we yifashishije umwe mu migani migufi yo mu Burusiya, yabwiye Kim ati “Inshuti imwe ya cyera iruta kure ebyiri nshya.”

Ubwo Kim yasezeraga Putin, yamwifurije ubuzima bwiza, amusaba ko na we yazagenderera Igihugu cye, ndetse na we arabimwemerera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + three =

Previous Post

Abahanzi bisanze mu rukundo bavuze amagambo y’amarangamutima ubwo begukana igihembo bahuriyeho

Next Post

Rulindo: Uko bane baguwe gitumo bari mu bitemewe bafite majagu n’ibisongo

Related Posts

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
09/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryifashishije amashusho agaragaza abaguye mu mirwano, riravuga ko mu gihe hakomeje umugambi wo kurimbura Abanyekongo bo mu burasirazuba...

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 has published shocking and heartbreaking footage showing individuals who lost their lives in recent clashes, alleging that as the...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru by’i Burundi, aravuga ko abasirikare b’iki Gihugu bari gupfira no gukomerekera mu mirwano iri kubera mu burasirazuba...

IZIHERUKA

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho
MU RWANDA

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

10/12/2025
Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

10/12/2025
Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rulindo: Uko bane baguwe gitumo bari mu bitemewe bafite majagu n’ibisongo

Rulindo: Uko bane baguwe gitumo bari mu bitemewe bafite majagu n’ibisongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.