Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyifuzo cy’ibanga Perezida wa Korea ya Ruguru yasigiye uw’u Burusiya n’iby’ingenzi baganiriye

radiotv10by radiotv10
14/09/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyifuzo cy’ibanga Perezida wa Korea ya Ruguru yasigiye uw’u Burusiya n’iby’ingenzi baganiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ruzinduko rw’amateka Perezida wa Korea ya Ruguru, Kim Jong Un yagiriye mu Burusiya, akakirwa na Putin, bombi bagaragarizanyije ubucuti bukomeye hagati y’Ibihugu byabo, Kim anasaba Putin na we kuzamusura, arabimwemerera.

Ni uruzinduko rwabanje kugirwa ubwiru, aho rwarinze rugera ku munsi warwo nyirizina hashize amasaha macye rwemejwe kandi na bwo hadatangajwe igihe ruzabera.

Kim Jong Un wagiye mu Burusiya ari muri Gari ya Moshi idasanzwe yagenda ku muvuduko wo hasi kubera imiterere yayo, bitewe n’uburemere kuko ari umutamenwa, kuri uyu wa Gatatu yaganiriye na mugenzi we Putin, muri uru ruzinduko akoze kuva haduka icyorezo cya Covid-19.

Ibitangazamakuru byo mu Burusiya, bivuga ko muri ibi biganiro, u Burusiya bwizeje Korea ya Ruguru, ubufasha mu bijyanye n’ubumenyi mu by’isanzure, mu gukora ibyogajuru, mu gihe Putin we yemereye Abanyamakuru ko abona ko “bishoboka ko habaho imikoranire mu bya gisirikare.”

U Burusiya na Korea ya Ruguru, byombi biri mu bihano, aho kimwe cyabifatiwe kubera guteza intambara muri Ukraine, mu gihe ikindi kizira kugerageza ibisasu by’uburozi. Ni mu gihe uru ruzinduko rwa Kim mu Burusiya, hari abarubonamo impungenge ko hashobora kubaho amasezerano mu by’intwaro za kirimbuzi, mu buryo butemewe.

Ubutegetsi bwa Korea y’Epfo butajya imbizi n’ubw’iya Ruguru, bwo buvuga ko ibiri kuba hagati ya Moscow na Pyongyang ari “imikoranire ya sekibi.” Bikanashimangirwa n’u Buyapani buvuga ko ari uguhonyora ibihano bya Loni.

Minisitiri mushya w’Ububanyi n’Amahanga w’u Buyapani, Yoko Kamikawa aganira n’itangazamakuru yagize ati “Ibyo turiho tubona, birimo ibishobora gutuma habaho guhonyora ibihano by’Akanama k’Umutekano ka Loni bijyanye n’intwaro za Korea ya Ruguru.”

Perezida Kim wa Korea ya Ruguru, kuri uyu wa Gatatu yabwiye Putin ko n’ubundi na mbere yari yizeye ko u Burusiya “buzagera ku ntsinzi idasanzwe” ku banzi bose babwo. Ati “Tuzahora iteka turi ku ruhande rw’u Burusiya.”

Putin na we yifashishije umwe mu migani migufi yo mu Burusiya, yabwiye Kim ati “Inshuti imwe ya cyera iruta kure ebyiri nshya.”

Ubwo Kim yasezeraga Putin, yamwifurije ubuzima bwiza, amusaba ko na we yazagenderera Igihugu cye, ndetse na we arabimwemerera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − one =

Previous Post

Abahanzi bisanze mu rukundo bavuze amagambo y’amarangamutima ubwo begukana igihembo bahuriyeho

Next Post

Rulindo: Uko bane baguwe gitumo bari mu bitemewe bafite majagu n’ibisongo

Related Posts

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

IZIHERUKA

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC
AMAHANGA

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rulindo: Uko bane baguwe gitumo bari mu bitemewe bafite majagu n’ibisongo

Rulindo: Uko bane baguwe gitumo bari mu bitemewe bafite majagu n’ibisongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.