Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyitezwe ku ngufu kirimbuzi [Nuclear] zigiye kuzanira Abanyarwanda andi mahirwe

radiotv10by radiotv10
13/09/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Icyitezwe ku ngufu kirimbuzi [Nuclear] zigiye kuzanira Abanyarwanda andi mahirwe
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko imikoreshereze y’ingufu za Nikereyeri [bamwe bita ingufu za kirimbuzi], izayifasha kwesa umuhigo yiyemeje wo kugeza amashanyarazi ku Baturarwanda bose. 

Guverinoma y’u Rwanda yemeranyije imikoranire n’ikigo cy’Abadage gitunganya ingufu za kirimbuzi; zigakoreshwa mu buryo bwo gutanga umuriro w’amashanyarazi.

Ubaye umushinga wa kabiri mu myaka ine u Rwanda rushyizeho umukono mu kongera umuriro w’amashanyarazi mu Gihugu.

Dr nsabimana Ernest [wari Minisitiri w’Ibikorwa Remezo ubwo uyu mushinga wasinywaga-ubu yasimbuwe] avuga ko uyu mushinga mushya ugomba kumara imyaka ine mu igeregezwa; ku buryo nurangira uzafasha Igihugu mu iterambere ry’inganda.

Ati “Niba tuvuga ko mu mwaka wa 2050 hari icyerekezo dufite; tuzaba dufite inganda zingana gute? Ibyo byose ni byo Igihugu kireba noneho kigatangira gutegura muri iyo myaka iri imbere uko bizagenda.”

Agaruka kuri izi ngufu, yagize ati “Iri ni ikoranabuhanga ridakoresha ibintu binini cyane nk’uko hubakwa umuriro ufatira ku rugomero rw’amazi, ugasanga bigiye kuri hegitari zingahe. Hano ntabwo ari ko bigenda, kaba ari akantu gatoya ariko gashobora gutanga nka megawate maganatatu.”

Uyu mushinga usanze undi wo muri 2019; aho u Rwanda rwemeranyije n’ikigo cy’Abarusiya cyitwa ROSATOM gishinzwe iby’ingufu za Nikeleyeri, aho iki kigo cyagombaga kubaka uruganda rw’izi ngufu za kirimbuzi mu Rwanda. Icyakora ngo kugeza ubu ntibirakorwa.

Umuyobozi w’Ikigo Nyarwanda gishinwe ingufu za kirimbuzi, Dr Fidele Ndahayo yagize ati “Turimo gukora inyigo zizatwereka mu Rwanda aho dushobora kubaka uruganda. Ubwo noneho tuzagera ku ntambwe ikurikiraho yo kubaka uruganda.”

U Rwanda rwemeza ko iyi mishinga ishobora no gufasha mu zindi nzego zirimo ubuzima ndetse no mu buhinzi n’ubworozi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Munyaneza Abdou says:
    2 years ago

    Bazarwubake kugisenyi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Ibizamini bya Leta: Menya ibigo by’amashuri byigamo abana babaye aba mbere mu Gihugu

Next Post

Ngoma&Kirehe: Batungiye inzego agatoki igishobora guhitana abana babo hatagize igikorwa

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma&Kirehe: Batungiye inzego agatoki igishobora guhitana abana babo hatagize igikorwa

Ngoma&Kirehe: Batungiye inzego agatoki igishobora guhitana abana babo hatagize igikorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.