Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyizere mu mubano n’u Burundi, abavuga ko u Rwanda rutabanira neza abaturanyi,…-Gen.(Rtd) Kabarebe yabivuye imuzi

radiotv10by radiotv10
01/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Icyizere mu mubano n’u Burundi, abavuga ko u Rwanda rutabanira neza abaturanyi,…-Gen.(Rtd) Kabarebe yabivuye imuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, General (Rtd) James Kabarebe, yagarutse ku mibanire y’u Rwanda n’abaturanyi, avuga ko nk’u Burundi hakomeje kuba ibiganiro bitanga icyizere, Uganda na Tanzania bikaba bibanye neza, ikibazo kikaba kikiri kuri Congo.

Gen (Rtd) James Kabarebe yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Abanyamererika CSIS cyibanda ku masomo y’Ububanyi n’Amahanga n’umutekano.

Umunyamakuru akaba n’umwanditsi Mvemba Dizolele, waganiriye na Gen (Rtd) James Kabarebe, yamubajije impamvu u Rwanda nubwo rukomeje kwiyubaka ndetse rukaba rugeze ku ntambwe ishimishije, ariko rukigorwa no kubana n’Ibihugu by’ibituranyi.

Gen (Rtd) Kabarebe, yamusubije agira ati “Ntabwo ntekereza ko ari impano ko tugorwa no kumenya uko tubana n’abaturanyi kuko twagize imibanire myiza n’abaturanyi bacu. Nk’urugero ntitwigeze tugirana ikibazo na kimwe na Tanzania. Kuri Uganda, byagiye bihindagurika ariko dufitanye amateka maremare ndetse n’umubano ushikamye wubakiye ku mateka.”

Yakomeje avuga ko nko kuri iki Gihugu cya Uganda, nubwo mu myaka micye ishize, hajemo igitotsi mu mibanire yacyo n’u Rwanda, ariko Ibihugu byombi byabashije kubyikuramo mu buryo bworoshye.

Ati “Kuko ntakintu na kimwe gikomeye cyananirana gukemura hagati yacu na Uganda. Rero hagati yacu na Uganda, ubu tumeze neza. Kimwe n’u Burundi, ntabwo ari ibintu bikomeye cyane ngo bibe bifite amateka y’igihe kirekire, twagiye gusa tugirana ibyo tutumvikanaho bigenda bituruka ku bibazo byabo by’imbere mu Gihugu cyabo nka Coup d’Etat ya 2015, aho abantu benshi bahungiye hano, ariko twabambuye intwaro, turabacumbikira ahantu hamwe kandi turacyabafite, ntakintu wavuga ngo kiraremereye cyangwa ngo kirakomeye hagati yacu n’u Burundi ku buryo kitakemuka.”

James Kabarebe yavuze ko abavuga ko u Rwanda rutazi kubanira neza abaturanyi, atari ukuri, kuko “rwose dufitanye imibanire myiza y’abaturanyi uretse mu Burengerazuba, DRC.”

Umunyamakuru yahise asaba Kabarebe gusobanura byihariye kuri Uganda yabayemo bamwe mu bayobozi bakuru b’u Rwanda ubu, avuga ko no mu muryango w’abavandimwe hatajya haburamo ibibazo, ariko iyo bafitanye amateka, bayubakiraho, bakabikemura, ndetse ko ubu umubano w’u Rwanda na Uganda, uhagaze neza kurusha ikindi gihe.

Naho ku Burundi, Kabarebe yavuze ko nta bibazo bikomeye byabaye hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda, kuko byatangiye muri 2015, ariko bikongera gukomeza no kuba iki Gihugu cyo mu majyepfo y’u Rwanda cyarahisemo kujya gufatanya n’igisirikare cya Congo (FARDC) gisanzwe gikorana n’umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ukaba ugishaka guhungabanya umutekano warwo.

Ati “Ibyo kuri twe byaduteye impungenge, ariko ku Burundi biracyashoboka ko tuganira kandi n’ubundi n’ubu turi kuganira, kandi twizeye ko igihe kizagera tuzabisohokamo.”

Kuri Congo

Gen (Rtd) James Kabarebe yagarutse ku mibanire y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko iki Gihugu cyo mu Burengerazuba bw’u Rwanda, na cyo gifitanye amateka n’u Rwanda, kandi ko ubundi ibi Bihugu byari bikwiye kuyubakiraho bikabanirana neza.

Avuga ko ariko muri ayo mateka, abantu bashobora gukuramo icyo bubakiraho ubucuti, ariko nanone hakaba habamo icyatera umwuka mubi. Ati “Byose byaterwa n’amahitamo.”

Yamuhaye nk’urugero ko u Rwanda rwigeze kuba rufite abasirikare b’Abanyekongo bakoranaga n’abakoloni b’Ababiligi, ubwo Abadage batsindwaga intambara ya mbere y’Isi mu 1923, ku buryo byafashe imyaka 40 kugera mu myaka y’ 1960 ubwo u Rwanda rwagiraga igisirikare cyarwo.

Ati “Rero twagiranye amateka duhuriyeho. Noneho mu 1959 ubwo habaga Jenoside ya mbere yakorewe Abatutsi, ubwo baburabuzwaga mu karere, Abanyarwanda benshi bahungiye muri Zaire […] rero Congo yacumbikiye abantu bacu kandi bagiye banahagirira amahirwe, mu burezi, barahakurira.”

Kabarebe avuga ko ubundi amateka nk’aya abantu bayubakiyeho, bakabana neza, ariko nanone ko habayeho kutayaha agaciro bashobora kuyakuramo ibishobora kubatera ibibazo.

Yatanze nk’urugero ubwo ingabo zahoze ari iza RPF, zatangizaga urugamba rwo kubohora u Rwanda mu 1990, uwari Perezida wa Congo, Mobutu, yazirwanyije azibuza gutaha mu Gihugu cyabo, agafasha ubutegetsi bwariho butegura Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kabarebe avuga ko ibi na byo biri mu bijya bizamura umwuka mubi uri hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda, ariko ko byaje kuba bibi, ubwo abakoze Jenoside bahungiraga muri Congo bafite intwaro ndetse bakazigumana, ndetse Mobutu akaza kubashyira hafi y’umupaka w’iki Gihugu n’u Rwanda bagakomeza guteza umutekano mucye nyuma yuko RPF ibohoye u Rwanda.

Nanone kandi kuva ubwo aba bajenosideri bahungiye muri Congo, kuva mu 1996 bakomeje kwica Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, ari na wo muzi w’ibibazo bihari ubu hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda.

Aha ni na ho havukiye umutwe waje kuvamo M23 y’ubu ugamije kurwanya akarengane kakomeje gukorerwa aba Banyekongo, gakorwa n’umutwe wa FDLR wamaze kwinjira mu mikoranire n’igisirikare cya Congo, ndetse ukaba ushyigikiwe n’ubutegetsi bw’iki Gihugu.

Gen (Rtd) Kabarebe avuga ko ikibazo kiri mu burasirazuba bwa DRC kidakomeye, ndetse ko cyabonerwa umuti mu gihe haba hari ubushake bwa Politiki.

Yagarutse kandi ku myitwarire y’ubutegetsi bwa Congo, idakwiye, irimo kuzamura urwango rugirirwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, mu gihe nyamara Abanyekongo bo batajya babangamirwa mu Rwanda.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 13 =

Previous Post

Igihingwa basuzuguraga bamenye ibanga ryacyo none imbuto zacyo zabaye iyanga

Next Post

Abambuwe uburenganzira bw’aho bari batuye bavuze ibyumvikano iterabwoba babwirwa n’abayobozi

Related Posts

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

by radiotv10
19/11/2025
0

In a world where the cost of living keeps rising and responsibilities only grow heavier, saving money has become more...

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

IZIHERUKA

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria
AMAHANGA

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

19/11/2025
Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

19/11/2025
Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abambuwe uburenganzira bw’aho bari batuye bavuze ibyumvikano iterabwoba babwirwa n’abayobozi

Abambuwe uburenganzira bw'aho bari batuye bavuze ibyumvikano iterabwoba babwirwa n’abayobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.