Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyizere mu mubano n’u Burundi, abavuga ko u Rwanda rutabanira neza abaturanyi,…-Gen.(Rtd) Kabarebe yabivuye imuzi

radiotv10by radiotv10
01/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Icyizere mu mubano n’u Burundi, abavuga ko u Rwanda rutabanira neza abaturanyi,…-Gen.(Rtd) Kabarebe yabivuye imuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, General (Rtd) James Kabarebe, yagarutse ku mibanire y’u Rwanda n’abaturanyi, avuga ko nk’u Burundi hakomeje kuba ibiganiro bitanga icyizere, Uganda na Tanzania bikaba bibanye neza, ikibazo kikaba kikiri kuri Congo.

Gen (Rtd) James Kabarebe yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Abanyamererika CSIS cyibanda ku masomo y’Ububanyi n’Amahanga n’umutekano.

Umunyamakuru akaba n’umwanditsi Mvemba Dizolele, waganiriye na Gen (Rtd) James Kabarebe, yamubajije impamvu u Rwanda nubwo rukomeje kwiyubaka ndetse rukaba rugeze ku ntambwe ishimishije, ariko rukigorwa no kubana n’Ibihugu by’ibituranyi.

Gen (Rtd) Kabarebe, yamusubije agira ati “Ntabwo ntekereza ko ari impano ko tugorwa no kumenya uko tubana n’abaturanyi kuko twagize imibanire myiza n’abaturanyi bacu. Nk’urugero ntitwigeze tugirana ikibazo na kimwe na Tanzania. Kuri Uganda, byagiye bihindagurika ariko dufitanye amateka maremare ndetse n’umubano ushikamye wubakiye ku mateka.”

Yakomeje avuga ko nko kuri iki Gihugu cya Uganda, nubwo mu myaka micye ishize, hajemo igitotsi mu mibanire yacyo n’u Rwanda, ariko Ibihugu byombi byabashije kubyikuramo mu buryo bworoshye.

Ati “Kuko ntakintu na kimwe gikomeye cyananirana gukemura hagati yacu na Uganda. Rero hagati yacu na Uganda, ubu tumeze neza. Kimwe n’u Burundi, ntabwo ari ibintu bikomeye cyane ngo bibe bifite amateka y’igihe kirekire, twagiye gusa tugirana ibyo tutumvikanaho bigenda bituruka ku bibazo byabo by’imbere mu Gihugu cyabo nka Coup d’Etat ya 2015, aho abantu benshi bahungiye hano, ariko twabambuye intwaro, turabacumbikira ahantu hamwe kandi turacyabafite, ntakintu wavuga ngo kiraremereye cyangwa ngo kirakomeye hagati yacu n’u Burundi ku buryo kitakemuka.”

James Kabarebe yavuze ko abavuga ko u Rwanda rutazi kubanira neza abaturanyi, atari ukuri, kuko “rwose dufitanye imibanire myiza y’abaturanyi uretse mu Burengerazuba, DRC.”

Umunyamakuru yahise asaba Kabarebe gusobanura byihariye kuri Uganda yabayemo bamwe mu bayobozi bakuru b’u Rwanda ubu, avuga ko no mu muryango w’abavandimwe hatajya haburamo ibibazo, ariko iyo bafitanye amateka, bayubakiraho, bakabikemura, ndetse ko ubu umubano w’u Rwanda na Uganda, uhagaze neza kurusha ikindi gihe.

Naho ku Burundi, Kabarebe yavuze ko nta bibazo bikomeye byabaye hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda, kuko byatangiye muri 2015, ariko bikongera gukomeza no kuba iki Gihugu cyo mu majyepfo y’u Rwanda cyarahisemo kujya gufatanya n’igisirikare cya Congo (FARDC) gisanzwe gikorana n’umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ukaba ugishaka guhungabanya umutekano warwo.

Ati “Ibyo kuri twe byaduteye impungenge, ariko ku Burundi biracyashoboka ko tuganira kandi n’ubundi n’ubu turi kuganira, kandi twizeye ko igihe kizagera tuzabisohokamo.”

Kuri Congo

Gen (Rtd) James Kabarebe yagarutse ku mibanire y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko iki Gihugu cyo mu Burengerazuba bw’u Rwanda, na cyo gifitanye amateka n’u Rwanda, kandi ko ubundi ibi Bihugu byari bikwiye kuyubakiraho bikabanirana neza.

Avuga ko ariko muri ayo mateka, abantu bashobora gukuramo icyo bubakiraho ubucuti, ariko nanone hakaba habamo icyatera umwuka mubi. Ati “Byose byaterwa n’amahitamo.”

Yamuhaye nk’urugero ko u Rwanda rwigeze kuba rufite abasirikare b’Abanyekongo bakoranaga n’abakoloni b’Ababiligi, ubwo Abadage batsindwaga intambara ya mbere y’Isi mu 1923, ku buryo byafashe imyaka 40 kugera mu myaka y’ 1960 ubwo u Rwanda rwagiraga igisirikare cyarwo.

Ati “Rero twagiranye amateka duhuriyeho. Noneho mu 1959 ubwo habaga Jenoside ya mbere yakorewe Abatutsi, ubwo baburabuzwaga mu karere, Abanyarwanda benshi bahungiye muri Zaire […] rero Congo yacumbikiye abantu bacu kandi bagiye banahagirira amahirwe, mu burezi, barahakurira.”

Kabarebe avuga ko ubundi amateka nk’aya abantu bayubakiyeho, bakabana neza, ariko nanone ko habayeho kutayaha agaciro bashobora kuyakuramo ibishobora kubatera ibibazo.

Yatanze nk’urugero ubwo ingabo zahoze ari iza RPF, zatangizaga urugamba rwo kubohora u Rwanda mu 1990, uwari Perezida wa Congo, Mobutu, yazirwanyije azibuza gutaha mu Gihugu cyabo, agafasha ubutegetsi bwariho butegura Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kabarebe avuga ko ibi na byo biri mu bijya bizamura umwuka mubi uri hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda, ariko ko byaje kuba bibi, ubwo abakoze Jenoside bahungiraga muri Congo bafite intwaro ndetse bakazigumana, ndetse Mobutu akaza kubashyira hafi y’umupaka w’iki Gihugu n’u Rwanda bagakomeza guteza umutekano mucye nyuma yuko RPF ibohoye u Rwanda.

Nanone kandi kuva ubwo aba bajenosideri bahungiye muri Congo, kuva mu 1996 bakomeje kwica Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, ari na wo muzi w’ibibazo bihari ubu hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda.

Aha ni na ho havukiye umutwe waje kuvamo M23 y’ubu ugamije kurwanya akarengane kakomeje gukorerwa aba Banyekongo, gakorwa n’umutwe wa FDLR wamaze kwinjira mu mikoranire n’igisirikare cya Congo, ndetse ukaba ushyigikiwe n’ubutegetsi bw’iki Gihugu.

Gen (Rtd) Kabarebe avuga ko ikibazo kiri mu burasirazuba bwa DRC kidakomeye, ndetse ko cyabonerwa umuti mu gihe haba hari ubushake bwa Politiki.

Yagarutse kandi ku myitwarire y’ubutegetsi bwa Congo, idakwiye, irimo kuzamura urwango rugirirwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, mu gihe nyamara Abanyekongo bo batajya babangamirwa mu Rwanda.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + seventeen =

Previous Post

Igihingwa basuzuguraga bamenye ibanga ryacyo none imbuto zacyo zabaye iyanga

Next Post

Abambuwe uburenganzira bw’aho bari batuye bavuze ibyumvikano iterabwoba babwirwa n’abayobozi

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abambuwe uburenganzira bw’aho bari batuye bavuze ibyumvikano iterabwoba babwirwa n’abayobozi

Abambuwe uburenganzira bw'aho bari batuye bavuze ibyumvikano iterabwoba babwirwa n’abayobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.