Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano birimo amande cyangwa kuba ikipe y’Igihugu yazakina nta bafana, ndetse no kuba Sitade yabereyeho izi mvururu yafungwa.

Iyi myitwarire idakwiye yagaragajwe n’abafana b’ikipe y’Igihugu ya DRC kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Nzeri 2025, nyuma yuko itsinzwe n’iya Senegal ibitego 3-2.

Aba bafana bakuye zimwe mu ntebe za Stade des Martyrs yakiniweho uyu mukino, barazimenagura nk’uko byagaragaye mu mashusho yasakaye.

Kugeza ubu ntacyo ubuyobozi bwa DRC buravuga kuri iyi myitwarire idakwiye yagaragajwe na bamwe mu Banyekongo, gusa Minisitiri wa Siporo, Didier Budimbu, yagaragaje ko yababajwe n’ibi bakoze.

Itegeko ry’imyitwarire ry’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA byumwihariko mu ngingo zaryo; iya 16 n’iya 67 ryavuguruwe muri 2023, rigaragaza ibihano binyuranye ku myitwarire nk’iyi yagaragajwe n’Abanyekongo.

Ni ibihano bikunze guhabwa Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Gihugu cyabereyemo ibyo bikorwa cyangwa ku ikipe y’abafana babikoze.

Ibihano bikunze kuba ari amande y’amafaranga cyangwa kuba hari imikino yakinwa iyo kipe idafite abafana, kuba iyo sitade yafungwa, gukura amanota ku ikipe, ndetse no kuba yakumirwa mu marushanwa.

Ku bikorwa bikomeye, hafatwa ibihano bikomeye, nk’uko biteganywa muri ziriya ngingo, iya 16 n’iya 67. FIFA ishobora gufata ingamba zikarishye zirimo kuba ikipe yaterwa mpaga, gukurwaho amanota, kimwe no kuba yakumirwa mu irushanwa.

Ibikorwa byo kujugunya ibiturika n’ibikorwa byo kwangiza bikomeye, hafatwa ibihano byo gucibwa amande.

Nko muri 2022 mu mukino wahuje Maroc na DRC kuri Sitade yitiriwe Umwami Mohamed VI, abafana ba Maroc bateye ibishashi muri sitade baninjira mu kibuga, ibintu byatumye Maroc icibwa amande y’ibihumbi 37 USD, ndetse ikipe y’iki Gihugu ihanishwa gukina umukino wakurikiyeho nta bafana bari muri Sitade.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

Next Post

Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.