• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Icyo Miss Naomie avuga ku makuru yari yatangiye kuvugwa ku bukwe bwe bubura iminsi

radiotv10by radiotv10
23/12/2024
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Icyo Miss Naomie avuga ku makuru yari yatangiye kuvugwa ku bukwe bwe bubura iminsi
Share on FacebookShare on Twitter

Nishimwe Naomie wabaye Miss w’u Rwanda, yamaganiye kure amakuru yari yatangiye kuvugwa ko ubukwe bwe bushobora kuba bwapfuye habura iminsi ibarirwa ku ntoki, ayatokesha mu Izina rya Yezu, avuga ko ari “ibitero bya Satani.”

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ku mbuga nkoranyambaga, hakwirakwijwe amakuru y’abavugaga ko ubukwe bwa Miss Nishimwe Naomie n’umukunzi we Michael Tesfay, bwaba bwajemo kirogoya.

Ni mu gihe ubukwe bwabo buteganyijwe tariki 29 Ukuboza uyu mwaka, aho bamwe mu bavugaga aya makuru, bavugaga ko bwishwe n’ikibazo cyavutse hagati y’aba bombi gitewe n’umusore.

Bamwe bavugaga ko uyu mukobwa wabaye Nyampinga w’u Rwanda, yaba yarafashe umukunzi we ari kumuca inyuma, bigatuma ubukwe bwabo bupfa.

Miss Nishimwe Naomie uherutse no gukorerwa ibirori byo gusezera ku rungano [Bridal Shower] yamaganiye kure aya makuru, avuga ko abayazamuye, ari nk’ibitero by’abadakunda ibyiza.

Mu butumwa bugufi yatambukije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram asubiza abazamuye aya makuru, Miss Naomie yagize ati “Ibitero bya Satani, mu izina rya Yesu!”

Miss Naomie watsindiye ikamba ry’umukobwa uhiga abandi mu bwiza, mu muco no mu bwenge-Miss Rwanda muri 2020, we n’umukunzi we Michael Tesfay ukomoka muri Ethiopia, bamaze igihe kinini mu munyenga w’urukundo, ndetse bakaba bakunze gushimisha benshi kubera uburyo babanamo bakundana bigaragaza ko bizira uburyarya.

Urukundo rwabo runezeza benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Menya akayabo k’amamiliyoni yishyuwe album ya Bruce Melodie arimo imwe ya Minisitiri

Next Post

Madamu Jeannette Kagame yanyuzwe n’igitaramo cya Chorale de Kigali cyasendereje ibyishimo mu bakitabiriye

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Madamu Jeannette Kagame yanyuzwe n’igitaramo cya Chorale de Kigali cyasendereje ibyishimo mu bakitabiriye

Madamu Jeannette Kagame yanyuzwe n’igitaramo cya Chorale de Kigali cyasendereje ibyishimo mu bakitabiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.