Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Perezida Kagame avuga ku kuba yakongera guhura na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Perezida Kagame avuga ku kuba yakongera guhura na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye kugaragaza ko u Rwanda ntaho ruhuriye n’ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agira n’icyo avuga ku kuba yakongera guhura na Perezida wa kiriya Gihugu, Felix Tshisekedi bakaganira ku bibazo biri hagati y’Ibihugu bayobora.

Perezida Kagame yabivugiye muri Qatar aho yitabiriye inama y’Ihuriro ry’Ubukungu, mu kiganiro yatangiye muri iyi nama, akongera kubazwa ku bibazo bimaze iminsi biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida kagame yongeye gushimangira ko u Rwanda rudafite uruhare mu mutekano mucye uri mu burasirazuba bw’abaturanyi.

Ati “Sintekereza ko wumva ko u Rwanda ari ipfundo ry’ibibazo by’umutekano mucye mu karere. Nko muri Sudan, Somalia, no hakurya nko muri Repubulika ya Centre Africa ndetse n’iterabwoba twumva muri Mozambique. Simpamya ko biva mu Rwanda.”

Yakomeje agaruka ku buryo bwashyizweho bwo gushakira umuti ibibazo, ati “Hari uburyo bubiri: Bumwe ni ubwo muri Nairobi, ubundi ni ubwo muri Angola, ndetse n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe uri kugishakira igisubizo. Ndetse hari n’Umuryango w’Abibumbye umazeyo imyaka 20. Ushobora gutekereza amafaranga n’igihe izo ngabo zimaze gukoreshayo, ntitwakabaye tugifite ibi bibazo mu gihe Umuryango w’Abibumbye uyoboye ibikorwa byo kugarura amahoro.”

Mu gukomeza gushaka umuti w’ibi bibazo; Perezida Kagame yavuze ko guhura na mugenzi we Felix Tshisekedi, bishoboka; ariko ko ubu yabihariye inzego zibishinzwe.

Ati “Iki kibazo cyaduhuje inshuro nyinshi, kandi dushobora no kongera, ariko nakubwiye ko hari inzira zashyizweho.”

Uwari uyoboye ikiganiro yahise abaza Perezida Kagame ati “Urabona iki kibazo kizarangira vuba, ndashaka kuvuga ko mu mwaka utaha u Rwanda rwitegura amatora. Urumva kizarangira mbere yayo?”

Umukuru w’u Rwanda yamusubije agira ati “Ndi kwibaza ko ushobora kuba utekereza ko ikibazo nk’iki kivugwamo Ibihugu bitandukanye, hashobora kuba harimo umuntu umwe ushobora kugikemura. Birashoboka ko umuntu umwe cyangwa Igihugu kimwe bashobora gutanga umusanzu mu gushaka igisubizo, ariko ntabwo ashobora kugikemura wenyine. Tuzatanga umusanzu wacu.”

Mu bigaragazwa nk’intambwe imaze guterwa hashingiwe ku myanzuro z’inama z’i Luanda na Nairobi; ni uko abarwanyi ba M23 barekuye bimwe mu bice bari barigaruriye.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + nineteen =

Previous Post

Umuraperi ugezweho n’umugore we bagiye kwibaruka nyuma y’amezi 2 barushinze

Next Post

Amakuru meza ku mukinnyi nyamwamba w’ikipe y’i Burayi ikunzwe na benshi mu Rwanda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru meza ku mukinnyi nyamwamba w’ikipe y’i Burayi ikunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru meza ku mukinnyi nyamwamba w’ikipe y’i Burayi ikunzwe na benshi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.