Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Perezida Kagame yasubije abifuza ko yazatorera muri Nyarugenge nubwo yahimutse

radiotv10by radiotv10
25/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Perezida Kagame yasubije abifuza ko yazatorera muri Nyarugenge nubwo yahimutse
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko nubwo atagituye mu Karere ka Nyarugenge, ntacyamubuza kuzaza kuhatorera mu Matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite; nk’uko yabisabwe n’abatuye aka Karere.

Ni icyifuzo cyatanzwe na Sheihk Musa Fazil Harelimana uyobora Umutwe wa Politiki wa PDI, ubwo yarimo agaragaza impamvu iri shyaka ryiyemeje gushyigikira Umukandida wa FPR-Inkotanyi.

Sheikh Musa Fazil Harelimana wagaragaje impamvu nyinshi Umutwe wa Politiki ayoboye wiyemeje gushyigikira Umukandida wa FPR-Inkotanyi, zirimo iterambere yagejeje ku Gihugu ryigaragaza.

By’umwihariko kandi Musa Fazil Harelimana yagaragaje uburyo Imiyoborere irangajwe imbere na Perezida Paul Kagame yahaye agaciro idini ya Islam yakunze kudahabwa agaciro n’ubutegetsi bwabayeho mbere.

Yahise aboneraho kugeza kuri Perezida Paul Kagame ubutumire bwo kuba umwaka utahaza yazifatanya n’Abayisilamu ubwo bazaba bizihiza isabukuru y’imyaka 30 bamaze bizihiza umunsi Mukuru wo gusoza igisibo gitagatifu [Eid al-Fitr] yanagizemo uruhare ko wajya wihizwa mu Rwanda, kandi abayisilamu bakawufatanya n’Abanyarwanda bose, ndetse ubu kuri uyu munsi hakaba hatangwa ikiruhuko.

Perezida Paul Kagame yavuze ko atajya yanga ubutumire “cyane cyane iyo ari ubutumire bw’ibyiza, bwo kwizihiza ibyiza bimaze kugerwaho, ubutumire bwangezeho, nanjye igisubizo ndakibahaye.”

Nanone kandi Musa Fazil Harelimana yagejeje kuri Perezida Paul Kagame icyifuzo cy’abatuye mu Karere ka Nyarugenge, bifuza ko yazaza kuhatorera nubwo yimutse muri aka Karere akaba atuye mu ka Gasabo.

Umukuru w’u Rwanda, ubwo yavugaga kuri iki cyifuro cy’aho gutorera, yavuze ko nubwo atagituye muri aka Karere ka Nyarugenge, atahimutse abigizemo uruhare, cyangwa atari uko atakihakunze.

Yagize ati “Ntabwo njye navuye hamwe ngo nge ahandi, kuko nanze aho nari ndi, uko byagenze, byakozwe n’abandi, njye nta ruhare mbifitemo, ariko ntibyambuza gutorera aho ari ho hose, nkagaruka nkifatanya namwe igihe muba mutora. Tuzaba turi kumwe ibyo ari byo byose.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Ntabwo ndahinduka- Perezida Kagame yashimangiye ko icyatumye abaturage bamugirira icyizere kigihari

Next Post

Imyigaragambyo yo muri Kenya yafashe isura idasanzwe: Mu Nteko hakorewe iby’agahomamunwa

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyigaragambyo yo muri Kenya yafashe isura idasanzwe: Mu Nteko hakorewe iby’agahomamunwa

Imyigaragambyo yo muri Kenya yafashe isura idasanzwe: Mu Nteko hakorewe iby’agahomamunwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.