Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo rumwe mu Nzego Nkuru z’Igihugu ruvuga ku bitazibagirana byagaragaye ku mukino wafunguye Sitade Amahoro

radiotv10by radiotv10
17/06/2024
in MU RWANDA
0
Icyo rumwe mu Nzego Nkuru z’Igihugu ruvuga ku bitazibagirana byagaragaye ku mukino wafunguye Sitade Amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri ya Siporo yiseguye ku Baturarwanda ku bitaragenze neza mu myinjirize y’abitabiriye umukino wa gicuti wahuje APR FC na Rayon Sport wa mbere wabereye muri Sitade Amahoro nyuma yo kuvugururwa, ivuga ko hari abahagiriye ibibazo bakajyanwa kwa muganga, aho umwe ari we ukiri kwitabwaho n’abaganga.

Ni umukino wabaye ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje tariki 15 Kamena 2024, kuri Sitade Amahoro yakiniwemo umukino wa mbere kuva yavugururwa, igashyirwa ku rwego mpuzamahanga aho ubu ishobora no kwakira umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi.

Iyi sitade yashyizwe ku rwego rwo kwakira abantu ibihumbi 45 ikuwe ku bihumbi 25, yari yakubise yuzuye, dore ko n’amatike yo kwinjira yashize mbere y’umunsi w’umukino nyirizina.

Ni mu gikorwa cyiswe ‘Ihuriro ni mu Mahoro’ ari na cyo cya mbere kibereye muri iyi Sitade izafungurwa ku mugaragaro tariki 04 Nyakanga 2024 ubwo Abanyarwanda bazaba bizihiza imyaka 30 bamaze bibohoye.

Mu butumwa bwatanzwe na Minisiteri ya Siporo, yavuze ko “ishimira uburyo mwitabiriye ku munsi w’ejo igikorwa cyiswe ‘Ihuriro ni mu Mahoro’ cyabereyemo umukino wahuje APR FC na Rayon Sports. Byari byiza cyane kubabona mwese muri sitade yanyu.”

Minisiteri ya Siporo kandi yashimiye inzego z’umutekano n’iz’ubutabazi zakoze akazi katoroshye kuri uyu mukino. Iti “Abagize ibibazo bose barafashijwe n’abakeya bagiye kwa muganga baratashye, umwe ni we abaganga bakiri kwitaho.”

Ubutumwa bwa MINISPORTS busoza bugira buti “Tuboneyeho kandi kubiseguraho ku bitaragenze neza mu buryo bwo kwinjira muri Stade Amahoro. Tubizeza ko twafashe ingamba zo gukosora ibitaragenze neza.”

Mbere y’uko uyu mukino utangira, byari byatangajwe ko imiryango ifungura saa sita z’amanywa, ariko iza gufungurwa saa munani, ibyatumye hagaragara umuvundo mu gihe cyo kwinjira, wanatumye hari bamwe binjira ku mbaraga, bakanangiza bimwe mu bikorwa bya Stade.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − 1 =

Previous Post

Ikipe y’Abasirikare barinda Perezida yarimo Capt. Ian Kagame yegukanye Igikombe (AMAFOTO)

Next Post

Umunyarwandakazi wakuye muri Congo ibitemewe mu Rwanda yakoresheje amayeri ashaka gucika ariko ntibyamuhira

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwandakazi wakuye muri Congo ibitemewe mu Rwanda yakoresheje amayeri ashaka gucika ariko ntibyamuhira

Umunyarwandakazi wakuye muri Congo ibitemewe mu Rwanda yakoresheje amayeri ashaka gucika ariko ntibyamuhira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.