Wednesday, October 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo rumwe mu Nzego Nkuru z’Igihugu ruvuga ku bitazibagirana byagaragaye ku mukino wafunguye Sitade Amahoro

radiotv10by radiotv10
17/06/2024
in MU RWANDA
0
Icyo rumwe mu Nzego Nkuru z’Igihugu ruvuga ku bitazibagirana byagaragaye ku mukino wafunguye Sitade Amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri ya Siporo yiseguye ku Baturarwanda ku bitaragenze neza mu myinjirize y’abitabiriye umukino wa gicuti wahuje APR FC na Rayon Sport wa mbere wabereye muri Sitade Amahoro nyuma yo kuvugururwa, ivuga ko hari abahagiriye ibibazo bakajyanwa kwa muganga, aho umwe ari we ukiri kwitabwaho n’abaganga.

Ni umukino wabaye ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje tariki 15 Kamena 2024, kuri Sitade Amahoro yakiniwemo umukino wa mbere kuva yavugururwa, igashyirwa ku rwego mpuzamahanga aho ubu ishobora no kwakira umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi.

Iyi sitade yashyizwe ku rwego rwo kwakira abantu ibihumbi 45 ikuwe ku bihumbi 25, yari yakubise yuzuye, dore ko n’amatike yo kwinjira yashize mbere y’umunsi w’umukino nyirizina.

Ni mu gikorwa cyiswe ‘Ihuriro ni mu Mahoro’ ari na cyo cya mbere kibereye muri iyi Sitade izafungurwa ku mugaragaro tariki 04 Nyakanga 2024 ubwo Abanyarwanda bazaba bizihiza imyaka 30 bamaze bibohoye.

Mu butumwa bwatanzwe na Minisiteri ya Siporo, yavuze ko “ishimira uburyo mwitabiriye ku munsi w’ejo igikorwa cyiswe ‘Ihuriro ni mu Mahoro’ cyabereyemo umukino wahuje APR FC na Rayon Sports. Byari byiza cyane kubabona mwese muri sitade yanyu.”

Minisiteri ya Siporo kandi yashimiye inzego z’umutekano n’iz’ubutabazi zakoze akazi katoroshye kuri uyu mukino. Iti “Abagize ibibazo bose barafashijwe n’abakeya bagiye kwa muganga baratashye, umwe ni we abaganga bakiri kwitaho.”

Ubutumwa bwa MINISPORTS busoza bugira buti “Tuboneyeho kandi kubiseguraho ku bitaragenze neza mu buryo bwo kwinjira muri Stade Amahoro. Tubizeza ko twafashe ingamba zo gukosora ibitaragenze neza.”

Mbere y’uko uyu mukino utangira, byari byatangajwe ko imiryango ifungura saa sita z’amanywa, ariko iza gufungurwa saa munani, ibyatumye hagaragara umuvundo mu gihe cyo kwinjira, wanatumye hari bamwe binjira ku mbaraga, bakanangiza bimwe mu bikorwa bya Stade.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Ikipe y’Abasirikare barinda Perezida yarimo Capt. Ian Kagame yegukanye Igikombe (AMAFOTO)

Next Post

Umunyarwandakazi wakuye muri Congo ibitemewe mu Rwanda yakoresheje amayeri ashaka gucika ariko ntibyamuhira

Related Posts

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayoza baherutse guhura n’ibiza by’imvura byatwaye ubuzima bwa bamwe, bikanangiza...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyizeho Abasenateri bane nyuma yuko manda y’abo yari yashyizeho irangiye, barimo babiri bagarutse muri Sena...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
22/10/2025
3

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda iragira inama abantu bose bacuruza ibinyobwa byakozwe n’inganda zagaragaweho kutuzuza ubuziranenge byumwihariko urwa Salama rukora umutobe (Jus/Juice),...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

by radiotv10
21/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abasore batatu b’abanyamahanga biga mu Rwanda, bagaragaye basagarira abamotari, aho babakubise bakabakomeretsa....

IZIHERUKA

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi
IMIBEREHO MYIZA

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

by radiotv10
22/10/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

21/10/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

21/10/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

22/10/2025
Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

21/10/2025
Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

21/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwandakazi wakuye muri Congo ibitemewe mu Rwanda yakoresheje amayeri ashaka gucika ariko ntibyamuhira

Umunyarwandakazi wakuye muri Congo ibitemewe mu Rwanda yakoresheje amayeri ashaka gucika ariko ntibyamuhira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.