Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo RwandAir yizeza abagenzi nyuma yo kubona izindi ndege ebyiri za Boeing 737-800

radiotv10by radiotv10
28/08/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Icyo RwandAir yizeza abagenzi nyuma yo kubona izindi ndege ebyiri za Boeing 737-800
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’u Rwanda y’ingendo z’indege RwandAir yatangaje ko yabonye izindi ndege ebyiri zo mu bwoko bwa Boeing 737-800, ikizeza abagenzi ko ihindagurika ry’ingendo zayo zabayeho mu bihe bitambutse rigiye gukemuka.

Izi ndege ebyiri zo mu bwoko bwa Boeing 737-800, imwe yari yaramaze kugera mu Rwanda mu ntangiro z’uku kwezi, ndetse yatangiye ibikorwa by’ingendo, mu gihe indi yahasesekaye mu ijoro ryo hirya y’ejo.

RwandAir itangaza ko izi ndege ebyiri zombi zifite ubushobozi bwo gutwara abagenzi 174 zizatangirira ku ngendo ngufi n’izo mu bice bitari ibya kure.

Iyi sosiyete y’u Rwanda y’ingendo z’indege kandi itangaza ko hateganyijwe indi ndege ya gatatu mu gihembwe cya kane cy’uyu mwaka.

Naho izi ebyiri, imwe ifitemo n’imyanya 12 y’icyubahiro izwi nka Business Class seat, n’indi 162 isanzwe (Economy Class seats).

RwandAir kandi irateganya kwakira indi ndege nini izwi nka Airbus A330-200, izayifasha kwagura ingendo ndende mu byerecyezo bihuza Afurika n’ibindi bice by’Isi.

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo yagize ati “RwandAir yishimiye gukemura imbogamizi zabaye mu ngengabihe y’ingendo zacu mu byumweru bitambutse, kandi tunakira indege zacu mu bikorwa.”

Yakomeje agira ati “Turisegura ku bakiliya bacu bose bagizweho ingaruka n’ihinduka rya gahunda z’ingendo zabo, kandi tubashimira ukwihangana bagize ubwo twariho tubishakira umuti.”

yavuze ko kuba izi ndege zaje, bigiye gufasha iyi Sosiyete ya RwandAir kuzamura icyizere isanzwe ifitiwe kandi bikanayifasha gukorera kuri gahunda ingendo zayo, no gukomeza gutanga serivisi zinoze.

Mbere yuko izi ndege ibyiri za Boeing ziza, RwandAir yari isanganwe indege 14 zirimo izo mu bwoko bwa Boeing, Airbus ndetse na Bombardier, bivuze ko ubu umubare wazo wageze ku ndege 16.

Iyi sosiyete kandi ifite intego yo kugira indege 21 no kongera umubare w’abagenzi itwara ukarenga miliyoni 2,1 mu mwaka wa 2029 uvuye kuri miliyoni imwe wabarwaga muri 2023.

RwandAir yakiriye indege ebyiri

Zifite imyanya 12 Business Class
Ndetse Economy Class

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Gahunda y’ingendo z’abanyeshuri bazasubira ku mashuri yatangajwe

Next Post

Icyatumye umukino wa APR na Pyramids uhindurirwa igihe wagombaga kubera

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye umukino wa APR na Pyramids uhindurirwa igihe wagombaga kubera

Icyatumye umukino wa APR na Pyramids uhindurirwa igihe wagombaga kubera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.