• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

radiotv10by radiotv10
30/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba gukomeza kuba Igihugu kimwe, nyuma yuko hari abatangaje ko bemera nk’Igihugu cyigenga Intara ya Somaliland y’iki Gihugu.

Ni nyuma yuko Igihugu cya Israel kibaye icya mbere cyemeje iyi Ntara ya Somaliland, nk’Igihugu cyigenga, ibintu byatumye hazamuka impaka zatumye bamwe bakeka ko n’ibindi Bihugu bishobora kugendera muri uyu murongo.

Gusa ibi byahise byamaganirwa kure n’Imiryango irimo uwa Afurika Yunze Ubumwe wahise ushyira hanze itangazo rivuga ko “Chairperson yamaganye iyemezwa iryo ari ryo ryose rya Somaliland nk’Igihugu cyigenga, kandi akaba ashimangira umurongo wa Afurika Yunze ubumwe wo gushyira hamwe kwa Somalia n’ubusugire bwayo.”

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yakomeje avuga ko atesheje agaciro imigambi cyangwa ibikorwa ibyo ari byo byose bigamije kwemeza Somaliland nk’Igihugu cyigenga, kandi ko yibutsa ko “Somaliland izakomeza kuba igice kigize Repubulika Yigenga ya Somalia.”

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba unaherutse kwemeza Somalia nk’Igihugu kinyamuryango gishya, ari na cyo giheruka kuwinjiramo cyabyemerewe muri Werurwe umwaka ushize, na wo wamaganye biriya byo kwemeza Intara ya Somaliland nk’Igihugu cyigenga.

Mu itangazo EAC yashyize hanze kuri iki Cyumweru tariki 28 Ukuboza 2025, uyu Muryango wavuze ko “wemera Repubulika ya Somalia nk’Igihugu kimwe kiyobowe na Guverinoma ya Repubulika ya Somalia.”

Guverinoma y’u Rwanda na yo yashyize hanze itangazo kuri iki Cyumweru, ivuga ko “u Rwanda ruri mu murongo umwe mu buryo bwuzuye n’amatangazo yashyizwe hanze n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ashyigikira Somalia.”

Guverinoma y’u Rwanda kandi yaboneye gushishikariza amahanga kugendera ku nzira iganisha ku mahoro n’ubusugire, hubahirizwa amategeko n’amasezerano mpuzamahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − five =

Previous Post

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Next Post

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.