• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
14/12/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo avuze amagambo yamaganiwe kure yo kwibasira Perezida Paul Kagame, Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko itaterera iyo, ahubwo ko hakwiye gusuzumwa ubureme bwayo n’cyo agamije.

Mu cyumweru gishize ubwo Perezida Tshisekedi yari ari mu bikorwa byo kwiyamamaza i Bukavu, yavuze amagambo bamwe bafashe nka nyandagazi ubwo yibasiraga Perezida Kagame w’u Rwanda.

Mu gihe bizwi ko Umukuru w’u Rwanda ari umwe mu bayobozi bagira ubushishozi buhanitse ku Isi, yaba mu miyoborere ye ndetse no mu bikorwa bye, binatuma ashimwa na buri wese yaba mu Rwanda ndetse no mu mahanga, Tshisekedi we yabirengeje ingohi amuvugaho ibinyuranye n’ibibonwa n’abandi, amugereranya na Hitler.

Nyuma y’aya magambo, benshi barimo n’Abanyekongo ubwabo, ndetse n’Abanyarwanda benshi, bamaganiye kure izi mvugo za Tshisekedi, bavuga ko atari amagambo akwiye kuvugwa n’Umukuru w’Igihugu.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko imvugo nka ziriya za Tshisekedi, zidakwiye kurekwa ngo zigende gutyo gusa.

Ati “Ni ukureba igihe abivugiye, uwo abwira, n’abo abwira. Tugomba natwe gusesengura, ariko ntabwo ari imvugo izana amahoro, si imvugo ikwiriye Umukuru w’Igihugu, ndetse si n’imvugo abantu bavuga ngo ‘ni ukubera ko wenda bari kwiyamamaza’ ngo duterere iyo ngo ntitubyiteho. Bigomba kwitabwaho bigomba gusuzumwa, bigomba guhabwa n’agaciro bitewe n’ubivuze.”

Mukuralinda mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Igihe, yongeye kugaruka kuri ariya magambo ya Tshisekedi wakunze kuvuga nabi u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo, avuga ko byose bigamije guhumya uburari ashaka guhisha intege nke z’imiyoborere ye.

Ati “Niba rero umaze imyaka ibiri ubwira abaturage ko u Rwanda ari we mwanzi, ko ari rwo nyirabayazana w’ibibazo byose bibera muri kiriya Gihugu, ukavuga cyane cyane mu gace byegeranye; biragufasha kuba utabazwa impamvu washyize igice cy’Igihugu mu bihe bidasanzwe, ukavanaho abayobozi b’abasivile ugashyiraho ab’abasirikare ariko ntibigire icyo bitanga.”

Mukuralinda avuga ko Tshisekedi akomeje gutangaza ibi nyamara, Igihugu cye cyakagombye kuganira n’u Rwanda ku bibazo biri hagati yabyo, ku buryo imvugo nk’izi ziza zica intege urwo rugendo.

Ati “Niba umuntu yifata akavuga ngo umuntu tuzahurira mu ijuru, ngo sinzongera kuvugana na we, agasaba uwaba afite ubushobozi cyangwa ubushake ngo azaze amufashe ahirike buriya butegetsi, agatangira kugereranya umuntu na Hitler, kandi akavuga ko azakora ibishoboka byose ngo uwo muntu arangize nka Hitler; ubundi umuntu wamaze kugera kuri urwo rwego, ntiwagakwiye kuvugana na we.”

Mukuralinda avuga ko u Rwanda rudashobora kujya mu murongo nk’uwa Tshisekedi ngo rusubizanye na we ku magambo nk’ariya yatangaje, ahubwo ko rugomba gusesengura icyatumye ayavuga.

Ati “Birashoboka ko ibihe arimo nibirangira bishobora kurangirana n’ayo magambo, na cyane ko abivuga nk’umuntu ushaka kuguma ku butegetsi kimwe na bamwe mu bandi biyamamaza usanga bagira u Rwanda urwitwazo, bikwereka ko ibyo baba bavuga atari ukuri ahubwo nyine ari urwitwazo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + fifteen =

Previous Post

Abashatse bagenda bacaginze Telefone: Ibyihariye wamenya kuri Bisi z’amashanyarazi zashimwe n’Abanyakigali

Next Post

BREAKING: Pudence Rubingisa yahinduriwe inshingano,…-Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo aba Perezidansi

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
BREAKING: Pudence Rubingisa yahinduriwe inshingano,…-Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo aba Perezidansi

BREAKING: Pudence Rubingisa yahinduriwe inshingano,…-Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo aba Perezidansi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.